Trending Now
#

POLISI Y'U RWANDA

Serivisi - Kurinda - Ubunyangamugayo

#

INCAMAKE Y'AMAKURU Y'INGENZI YATAMBUTSE KU RUBUGA RWA POLISI MU CYUMWERU DUSOJE

CP Christophe Bizimungu yatangiye imirimo yo kuyobora abapolisi bari mu butumwa bw?umuryango w?abibumbye muri Central Africa

Kuri iki cyumweru tariki ya 27 Kamena nibwo umunyarwanda, Commissioner of Police (CP) Christophe Bizimungu yageze mu gihugu cya Repubulika ya Central Africa aho agiye mu mirimo yo kuyobora Polisi y?Umuryango w?Abibumbye (UNPOL) igizwe n?abapolisi baturuka mu mahanga bari mu butumwa bwo kubungabunga amahoro muri kiriya gihugu (MINUSCA). Umwanya ukunze kwitwa Police Commissioner (D-2), uyu mwanya CP Bizimungu awusimbuyeho umufaransa witwa General Pascal Champion wari uwumazeho imyaka ibiri.  Inkuru irambuye...

Amajyaruguru: Abayobozi bo mu nzego z?ibanze bafashwe bari mu kabari barenze ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 02 Nyakanga mu masaha atandukanye Polisi y?u Rwanda ikorera mu turere twa Gicumbi mu Murenge wa Rwamiko n?Akarere ka Rulindo mu Murenge wa Ntarabana k?ubufatanye n?inzego z?ibanze zikorera muri iyo mirenge bafatiye Abanyamabanga Nshingwabikorwa b?Utugari babiri aribo Rurangirwa Jerome w?imyaka 45 na Byamungu Martin w?imyaka 36 bari kumwe n?abandi bantu bari mu tubari banywa inzoga barenze ku mabwiriza yo kwirinda no kurwanya icyorezo cya Covid-19.  Inkuru irambuye...

Kicukiro: Polisi yafashe abantu 6 barenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19 bari muri Sauna

Kuri iki cyumweru tariki ya 27 Kamena mu rugo rw?umuturage witwa Gasana Vincent utuye mu Karere ka Kicukiro mu Murenge wa Kanombe Polisi yahafatiye abantu 6 bari mu bikorwa binyuranijwe n?amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya COVID-19. Bafashwe bari muri Sauna iba mu rugo rwa Gasana Vincent mu ngihe nyamara kuva tariki ya 21 Kamena amabwiriza mashya yo kwirinda icyorezo cya COVID-19 yahagaritse izo serivisi.  Inkuru irambuye...

Police Taekwondo yamuritse igikombe bamwe mu bakinnyi bambikwa imikandara ibazamura mu ntera

Mu gitondo cyo kuri iki cyumweru tariki ya 27 Kamena abakinnyi 11(abahungu 6 n?abakobwa 5) b?ikipe ya Polisi y?u Rwanda ikina umukino njyarugamba(Taekwondo) bazamuwe mu ntera bambikwa imikandara. Muri uwo muhango kandi hamuritswe igikombe abakinnyi b?iyi kipe batsindiye kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 26 Kamena ubwo bari bitabiriye irushanwa ryo kwibuka abazize Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.  Inkuru irambuye...

Amajyaruguru: Polisi yatangije ubukangurambaga mu bacuruzi bwo kurwanya icyorezo cya COVID-19

Kuri uyu wa Mbere tariki ya 28 Kamena Polisi y?u Rwanda ifatanyjije n?urugaga rw?abikorera (PSF), ubuyobozi bw?inzego z?ibanze n?urubyiruko rw?abakorerabushake batangije ubukangurambaga bw?ibyumweru bibiri mu bacuruzi bwo kugenzura ko amabwiriza yashyizweho yo kurwanya ikwirakwira ry?icyorezo cya Covid-19 yubahirizwa.  Inkuru irambuye...

Nyamagabe: Polisi yafashe umumotari wari utwaye ibiro 11 n?udupfunyika 1,937 by?urumogi

Ku uyu wa Kabiri tariki ya 29 Kamena abapolisi bakorera mu Karere ka Nyamagabe bafashe umumotari witwa Bicamumpaka Jean Bosco wari uhetse umugenzi utwaye urumogi rungana n'ibiro 11 n?udupfunyika twarwo 1,937. Umugenzi yacitse aracyarimo gushakishwa naho umumotari na moto arafatwa, bari bavuye mu Murenge wa Mushubi berekeza mu Murenge wa Tare, umumotari yafatiwe mu Murenge wa Uwinkingi mu Kagari ka Gahira, Umudugudu wa Kunyu.  Inkuru irambuye...

Muhanga: Polisi yafashe bamwe mu bashakishwaga bacyekwaho kwiba amabuye y?agaciro

Polisi y?u Rwanda ikorera mu Karere ka Muhanga muri sitasiyo ya Kiyumba kuri uyu wa Kane tariki ya 01 Nyakanga yafashe bamwe mu bagize itsinda ryitwa abanyogosi bari bamaze iminsi bavugwaho kwiba amabuye y?agaciro mu kirombe cy?umushoramari. Bafatiwe mu Murenge wa Rongi mu Kagari ka Ruhango mu Mudugudu wa Muyebe ari naho haherereye icyo kirombe.  Inkuru irambuye...

Abafashwe ni Ngirababyeyi Eugene w?imyaka 28, Ngirumukiza Paul w?imyaka 23, Dusingizimana Ndazivunnye w?imyaka 26 na Nizeyimana Elias w?imyaka 24.  Inkuru irambuye...

Rusizi: Babiri bafashwe biyitirira inzego z?umutekano barimo kugenzura iyubahirizwa ry?amabwiriza yo kwirinda COVID-19

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki ya 01 Nyakanga ahagana saa moya abapolisi bakorera mu Karere ka Rusizi bafashe Rugwabiza Samuel w?imyaka 35 na Kwizera Fabrice w?imyaka 21. Bafashwe barimo kugenda basaba abacuruzi gukinga bavuga ko bakora mu nzego z?umutekano bari mu bikorwa byo kugenzura iyubahirizwa ry?amabwiriza yo kurwanya COVID-19.  Inkuru irambuye...

Nyarugenge: Umushoferi yafashwe ajyanye abagenzi mu Karere ka Musanze yarenze ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 03 Nyakanga imodoka itwara abagenzi mu buryo bwa rusange yo mu bwoko bwa Coaster yari itwawe na Ndayisaba Daniel w?imyaka 35 yafatiwe mu Karere ka Nyarugenge mu Murenge wa Kanyinya ahetse abagenzi batanu aribo Uwiringiyimana Dativa w?imyaka 20, Manikuze Goderiva w?imyaka 35, Niyikiza Isaac w?imyaka 25, Nizeyimana Theodore w?imyaka 22 na Nyirahinyuza w?imyaka 30 abakuye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo abajyanye mu Karere ka Musanze. Yari abatwaye mu buryo bunyuranije n?amabwiriza yo kurwanya ikwirakwira rya Covid-19, buri mugenzi yari yamuciye amafaranga y?u Rwanda ibihumbi birindwi kugira ngo amugeze mu Karere ka Musanze.  Inkuru irambuye...