Trending Now
#

POLISI Y'U RWANDA

Serivisi - Kurinda - Ubunyangamugayo

#

INCAMAKE Y'AMAKURU Y'INGENZI YATAMBUTSE KU RUBUGA RWA POLISI MU CYUMWERU DUSOJE

U RWANDA RUGIYE KWAKIRA INTEKO RUSANGE NGARUKAMWAKA YA 26 YA EAPCCO

U Rwanda ruritegura kwakira inteko rusange ngarukamwaka ya 26 y’Umuryango uhuza abayobozi bakuru ba Polisi mu Karere k’Afurika y’Iburasirazuba (EAPCCO) izaba kuva tariki ya 26 kugeza ku ya 31 Mutarama 2025.

Inteko rusange ya EAPCCO ni urubuga rwifashishwa mu gusuzuma no gukemura ibibazo rusange byugarije umutekano w'akarere, gusangira amakuru no kubaka ubushobozi mu bihugu bigize uyu muryango. Inkuru irambuye...

DIGP Sano yahaye impanuro abapolisi bitegura kujya mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y'Epfo

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda Wungirije ushinzwe ibikorwa, DIGP Vincent Sano, kuri uyu wa Mbere tariki ya 13 Mutarama 2025, ku cyicaro gikuru cya Polisi ku Kacyiru yahaye impanuro abapolisi bitegura kujya mu butumwa bw’umuryango w’Abibumbye muri Sudani y’Epfo (UNMISS).

Abahawe impanuro ni abapolisi 160 bagize itsinda RWAFPU3-7, rigizwe n’umubare munini w'abapolisikazi bayobowe na Senior Superintendent of Police (SSP) Donatha Nyinawumuntu.  Inkuru irambuye...

U Rwanda rwasimbuje Abapolisi mu butumwa bw'amahoro muri Sudani y’Epfo

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki ya 16 Mutarama 2025, Abapolisi b’u Rwanda bagize itsinda RWAFPU3-7 bahagurutse i Kigali berekeza mu butumwa bw'Umuryango w'Abibumbye bwo kubungabunga amahoro mu gihugu cya Sudani y’Epfo (UNMISS).

Iri tsinda ryiganjemo umubare munini w’abapolisikazi bayobowe na Senior Superintendent of Police (SSP) Donatha Nyinawumuntu, basimbuye bagenzi babo bagize itsinda RWAFPU3-6 ryari rimaze muri ubu butumwa igihe kingana n’umwaka, aho icyiciro cyaryo cya mbere kigizwe n’abapolisi 80 bagarutse mu gihugu ku gicamunsi bayobowe na SP Emmy Karangwa.  Inkuru irambuye...

Polisi yafashe abantu umunani bakurikiranyweho kwiba moto no kuzihindurira plaque

Polisi y’u Rwanda yeretse itangazamakuru kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 18 Mutarama 2025, abantu umunani (8) bafashwe mu bihe bitandukanye hirya no hino mu gihugu, bacyekwaho kwiba moto no kuzihindurira nimero iranga ikinyabiziga (plaque).

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda; Assistant Commissioner of Police (ACP) Boniface Rutikanga yavuze ko moto bafatanywe ziri mu zisaga 136 zose hamwe zafashwe zarahinduriwe nimero iranga ikinyabiziga, zambikwa iyindi idahura na nimero ya shasi. Inkuru irambuye...

Polisi yafashe imodoka ebyiri zipakiye amabaro 25 y’imyenda n’ibindi bicuruzwa bya magendu

Mu bikorwa byo kurwanya ubucuruzi bwa magendu, Polisi y’u Rwanda mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 15 Mutarama, yafatiye mu karere ka Rubavu, imodoka ebyiri zari zipakiye magendu y’imyenda ya caguwa, amavuta yo kwisiga yangiza uruhu bakunze kwita 'mukorogo' n’ibindi bicuruzwa bitandukanye.

Hafashwe umushoferi w’imwe muri izo modoka zo mu bwoko bwa Noah zari zambaye purake yo mu gihugu cya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), yari ipakiye amabaro 25 y’imyenda ya caguwa; mu gihe indi ipakiye amapaki 604 y’amavuta yangiza uruhu, amapaki 72 y’inzoga za likeri zo mu bwoko bwa leffe blonde, amapaki 216 ya red bull, amapaki 20 ya red wine, amapaki 24 ya camino whisky, amapaki 24 ya smirnoff ndetse n’amapaki 3 y’amata ya Nido, uwari uyitwaye yahise yiruka agacika. Inkuru irambuye...

RUBAVU: Yafatiwe mu cyuho asunika moto acyekwaho kwiba

Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’izindi nzego z’umutekano n’abaturage mu Karere ka Rubavu yafashe umusore w’imyaka 22, ucyekwaho kwiba moto yo mu bwoko bwa TVS Victor ayikuye mu rugo rwa nyirayo.

Uyu musore yafatiwe mu mudugudu w’Umubano, akagari ka Mbugangari mu murenge wa Gisenyi, ku wa Mbere tariki ya 13 Mutarama, ahagana saa kumi z’urukerera.  Inkuru irambuye...