Trending Now
#

POLISI Y'U RWANDA

Serivisi - Kurinda - Ubunyangamugayo

#

INCAMAKE Y'AMAKURU Y'INGENZI YATAMBUTSE KU RUBUGA RWA POLISI MU CYUMWERU DUSOJE

Polisi yongeye kwibutsa abaturarwanda kubahiriza amabwiriza mashya yo kwirinda icyorezo cya COVID-19

Kuri uyu wa Mbere tariki ya 15 Werurwe inama y’Abaminisitiri iyobowe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame yarateranye ivugurura amabwiriza ajyanye no kurwanya icyorezo cya COVID-19.  Inkuru irambuye... 

COVID-19: U Rwanda rwatangiye gukingira abo rwatumye mu butumwa bw’amahoro mu mahanga

Leta y’u Rwanda yatangiye gutanga urukingo rw’ icyorezo cya COVID-19  ku  bapolisi, abasirikare n’abacungagereza bari mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye ku mugabane wa  Afurika baturutse mu Rwanda. Ni igikorwa cyatangiye kuri uyu wa Mbere tariki ya 15 Werurwe ku bari mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye mu gihugu cya  Repubulika ya Centre Africa aho bari mu  butumwa buzwi ku izina rya MINUSCA.  Inkuru irambuye...

Polisi irimo gusura abatuye mu birwa ibakangurira gukomeza kwirinda COVID-19 no kurwanya ibyaha

Abayobozi ba Polisi mu ishami rishinzwe umutekano wo mu mazi n’abayobozi mu nzego z’ibanze barimo gusura abaturage batuye mu birwa biri mu biyaga, ni uruzinduko rwatangiye kuri uyu wa Kane tariki ya 18 Werurwe rutangirira mu Karere ka Rutsiro mu Murenge wa Boneza ahari ikirwa cya Bugarura kiri mu Kagari ka Bushaka kari mu  kiyaga cya Kivu.  Inkuru irambuye... 

COVID-19: U Rwanda rwatangiye gukingira abo rwatumye mu butumwa bwo kubungabunga amahoro mu gihugu cya Sudani y’Epfo

Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 17 Werurwe u Rwanda rwatangiye gukingira abapolisi, abasirikare n’abacungagereza bari mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye bwo kubungabunga amahoro mu gihugu cya Sudani y’Epfo no mu Ntara ya Abyei.  Inkuru irambuye...

Rubavu: Polisi irakangurira abamotari kwirinda kwijandika mu byaha

Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 19 Werurwe Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’ubuyobozi  bw’Akarere ka Rubavu bagiranye inama n’abakora umwuga wo gutwara abagenzi  kuri za moto muri aka Karere ka Rubavu. Ni inama yabaye hubahirijwe amabwiriza mashya yo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19.  Inkuru irambuye... 

Kamonyi: Polisi yafashe abacyekwaho gutema ibiti bya Leta byo ku mihanda bakabibazamo imbaho

Kuri  iki Cyumweru tariki ya 14 Werurwe, Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Kamonyi, Umurenge wa Nyamiyaga yafashe abagabo 6  batemaga ibiti bya Leta byatewe ku muhanda mu rwego rwo kurwanya isuri. Aba bagabo ubwo bafatwaga bari  bafite  imbaho zigera kuri 279 babaje mu biti bya Leta, abafashwe ni  Niyibizi Jean Claude w’imyaka 34, Mbabarenkoriki Eric w’imyaka 32, Hategekimana Frederick w’imyaka 30, Bizimana Cyliaque w’imyaka 31, Sebahire Mathieu w’imyaka 34 na Mbonabucya Emmanuel w’imyaka 24. Inkuru irambuye...

Rubavu: Mu bihe bitandukanye abantu 4 bafatanwe ibiro 100 by’urumogi n’udupfunyika twarwo ibihumbi 5

Abapolisi bo mu ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge(ANU) bafatanije n’abandi bapolisi bo mu Karere ka Rubavu ndetse n’abaturage,  mu gitondo cyo kuri iki cyumweru tariki ya 14 Werurwe bafashe abasore 3 bafite ibiro 100 by’urumogi bingana n’udupfunyika ibihumbi 54.Bafatiwe mu Karere ka Rubavu mu Murenge wa  Gisenyi mu Kagari ka Amahoro.  Inkuru irambuye...

Gicumbi: Abantu 27 bafatiwe mu nzu barimo gusenga barenze ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19

Ku gicamunsi cyo kuri iki Cyumweru tariki ya 14 Werurwe Polisi ikorera mu Karere ka Gicumbi mu Murenge wa Manyagiro yasanze abantu 27 mu nzu ya Mushimiyimana Jackline w’imyaka 39 barimo gusenga barenze ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19.  Bafatiwe mu Murenge wa Manyagiro mu Kagari ka Remera ariko hari abari baturutse mu Mirenge ya Rubaya, Cyumba(Akarere ka Gicumbi)  no mu Murenge wa  Bungwe wo mu  Karere ka Burera.  Inkuru irambuye...