Trending Now
#

POLISI Y'U RWANDA

Serivisi - Kurinda - Ubunyangamugayo

#

INCAMAKE Y'AMAKURU Y'INGENZI YATAMBUTSE KU RUBUGA RWA POLISI MU CYUMWERU DUSOJE

Umuryango w'abibumbye washimiye abapolisi b'u Rwanda bari muri Sudani y'Epfo

Umuyobozi w'agateganyo uyobora abapolisi bari mu butumwa bw'umuryango w'abibumbye muri Sudani y'Epfo (UNMISS) yashimiye abapolisi b'u Rwanda baherutse gusimburwa muri iki gihugu kuba barabaye intangarugero muri serivisi zose batangiraga muri kiriya gihugu. Yasabye ababasimbuye nabo kuzagera ikirenge mu cya bagenzi babo basimbuye. Inkuru irambuye

Rusizi: Polisi yafashe ukekwaho ubwambuzi bushukana

Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 18 Ukuboza, Polisi ikorera mu Karere ka Rusizi mu Murenge wa Kamembe ku bufatanye n'izindi nzego z'umutekano bafashe uwitwa Hakizimana Dismas w'imyaka 29 utuye mu Kagari ka Gashwati, Umurenge wa Gashubi, Akarere ka Nyamagabe, arakekwaho icyaha cyo kwiba telefoni akoresheje ubwambuzi bushukana. Inkuru irambuye

Polisi yashyizeho ingamba zo kugenzura iyubahirizwa ry'amabwiriza yo kurwanya COVID-19

Kuva tariki ya 14 Ukuboza inama y' Abaminisitiri yashyizeho amabwiriza mashya yatangiye kubahirizwa tariki ya 15 Ukuboza. Amwe muri ayo mabwiriza harimo ko ingendo zizajya zihagarara guhera saa tatu z'ijoro zikongera gusubukurwa saa kumi za mugitondo, ariko hakaba umwihariko mu Karere ka Musanze aho ingendo ho zihagarara kuva saa moya za nimugoroba zikongera gusubukurwa saa kumi za mugitondo. Amateraniro rusange, harimo imihango y’ubukwe n'ibindi birori byaba ibibera mu ngo cyangwa ahandi hose byarahagaritswe, umubare w’abitabira inama ntugomba kurenga 30% kandi bose bakabanza kwipimisha COVID-19, imodoka zitwara abantu mu buryo bwa rusange zemerewe gutwara 50% gusa, insengero zemerewe gukora zigomba kwakira 50% z’ubushobozi bwazo rimwe mu cyumweru, imihango yo gushyingura ntigomba kurenza abantu 50, umubare w’abitabira ikiriyo ntugogomba kurenza abantu 15, imyitozo ngororamubiri ikorerwa mu nyubako z’imyidagaduro no kogera muri pisine birabujijwe keretse abacumbitse muri hoteli nibo bahakorera ibyo byombi ariko berekanye ko bipimishije COVID-19. Inkuru irambuye

IGP Munyuza yasuye ishuri rya Polisi rya Zambia

Umuyobozi mukuru wa Polisi y'u Rwanda, IGP Dan Munyuza, ari mu ruzinduko mu gihugu cya Zambia kuva ejo kuwa Mbere tariki ya 14 Ukuboza. Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 15 Ukuboza, IGP Munyuza  yasuye ishuri rikuru rya Polisi ya Zambia rya Kinfinsa, iri shuri rikaba ryigisha ibijyanye no guhosha imyigaragambyo. Inkuru irambuye

Minisiteri y'Ubuzima na Polisi y'u Rwanda barasaba abaturage kubahiriza amabwiriza mashya yo kurwanya COVID-19

Mu makuru yatambutse kuri Radiyo Rwanda saa sita n'iminota 45, Minisitiri w'Ubuzima Dr Daniel Ngamije ari kumwe n'Umuvugizi wa Polisi y'u Rwanda, Commissioner of Police (CP) John Bosco Kabera bakanguriye abaturarwanda kubahiriza amabwiriza akubiye mu byemezo by'inama y'Abaminisitiri yabaye kuri uyu wa Mbere tariki ya 14 Ukuboza. Ni amabwiriza yo kurwanya ikwirakwira ry'icyorezo cya COVID-19 aho guhera kuri uyu wa Kabiri ingendo zizajya zigeza saa tatu z'ijoro zikongera gusubukurwa saa kumi za mugitondo, kuri uyu mwanzuro w'amasaha y'ingendo hari umwihariko ku Karere ka Musanze kuko ho ingendo zizajya zihagarara saa moya z'umugoroba zisubukurwe saa kumi za mu gitondo. Abagenzi bagenda mu modoka rusange buri modoka izajya itwara 50% by'abantu iyo modoka isanzwe itwara. Inkuru irambuye

[AMAFOTO]: Polisi yahuguye bamwe mu bagize inzego z'umutekano ku kurwanya ihohotera rishingiye ku gitsina, n'irikorerwa abagore n'abana

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki ya 14 Ukuboza, Polisi y'u Rwanda yahuguye bamwe mu bapolisi, Abasirikare, Abacungagereza, Abagize urwego rwunganira Akarere mu gucunga umutekano (DASSO) ndetse na bamwe mu rubyiruko rw'abakorerabushake. Ni amahugurwa yabereye mu Ntara y'Iburasirazuba mu Karere ka Rwamagana na Kayonza, aha hombi hahuguwe abantu 100. Aya maguhurwa agamije kongerera ubushobozi abagize inzego z'umutekano mu kurwanya ihohotera rishingiye ku gitsina n'irikorerwa abagore n'abakobwa.Inkuru irambuye

[AMAFOTO]: IGP Dan Munyuza ari mu ruzinduko rw'akazi mu gihugu cya Zambia

Umuyobozi mukuru wa Polisi y'u Rwanda, Inspector General of Police (IGP) Dan Munyuza, guhera kuri uyu wa Mbere tariki ya 14 Ukuboza, ari mu ruzinduko rw'akazi rw'iminsi itanu mu gihugu cya Zambia. Kuri uyu munsi wa mbere IGP Munyuza yagiranye ibiganiro na mugenzi we uyobora Polisi ya Zambia, IGP Kakoma Kanganja. Ni ibiganiro byabereye mu murwa mukuru w'Igihugu cya Zambia ariwo Lusaka.Inkuru irambuye