COVID-19: Polisi irasaba abantu guhindura imyumvire n'ibikorwa bajyaga bakora mu birori byo kwizihiza iminsi mikuru
Muri ibi bihe dutangiye by'iminsi mikuru, Polisi y'u Rwanda iributsa abaturage muri rusange kwishimira iminsi mikuru mu rugero bubahiriza amabwiriza yashyizweho na Leta agamije gukumira ikwirakwizwa ry’icyorezo cya COVID-19. Inkuru irambuye
[AMAFOTO]: COVID-19: Polisi yerekanye abahimbye amayeri bakora ibirori by’isabukuru y’amavuko
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 23 Ukuboza, Polisi yerekanye abasore n’inkumi 16(abakobwa 14 n’abasore 2) barenze ku mabwiriza yo kurwanya ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19 bitabira ibirori by’isabukuru ya mugenzi wabo.Inkuru irambuye
COVID-19: Hatangiye kubahirizwa ibwiriza ryo guhagarika ingendo guhera saa mbiri z'umugoroba
Polisi y'u Rwanda iributsa abaturarwanda ko guhera kuri uyu wa Kabiri tariki ya 22 Ukuboza ingendo zibujijwe guhera saa mbiri z’ijoro kugeza saa kumi za mugitondo.Inkuru irambuye
Nyagatare: Hafatiwe amasashe arenga ibihumbi 120
Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 22 Ukuboza, Polisi ifatanije n’izindi nzego z’umutekano zikorera mu Karere ka Nyagatare bafashe itsinda ry’abacuruzi ba magendu binjizaga mu Rwanda amasashe n’ibindi bicuruzwa bya magendu bitemewe mu Rwanda harimo amasashe ibihumbi 120. Aba bakaba barinjiraga mu Rwanda banyuze mu nzira zitemewe.Inkuru irambuye
Ngoma: Abantu 36 bafatiwe mu nzu y'umuturage basenga barenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 19 Ukuboza Polisi ifatanyije n'izindi nzego z'umutekano ndetse n'iz'ibanze basanze abantu 36 mu nzu ya Nyiranduhura Pelagie w'imyaka 40 utuye mu Mudugudu wa Rwimpongo ya 2, Akagari ka Rwintashya mu Murenge wa Rukumbeli, Akarere ka Ngoma. Aba bantu 36 bafashwe barimo gusenga mu buryo bunyuranyije n'amabwiriza ya Leta yo kurwanya ikwirakwira ry'icyorezo cya COVID-19. Inkuru irambuye
Nyagatare: Umuturage yafashwe agerageza guha umupolisi ruswa
Kuri uyu wa Mbere tariki ya 21 Ukuboza, Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyagatare mu Murenge wa Musheri yafashe uwitwa Muhirwanake Lazare w’imyaka 34 arimo kugerageza guha umupolisi ruswa ingana n'amafaranga y'u Rwanda ibihumbi 400. https://www.police.gov.rw/rw/amakuru/news-detail/?tx_news_pi1%5Bnews%5D=16017&cHash=23473e22b83ce75b9be0d3ced6a13172Inkuru irambuye
Kirehe: Polisi yafashe ukekwaho kwiba Moto
Ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki ya 21 Ukuboza, Polisi ikorera mu Karere ka Kirehe mu Murenge wa Gahara, ifatanyije n’abayobozi mu nzego z’ibanze, yafashe Hakizumubyeyi Eric w’imyaka 20 bikekwa ko yari yibye mota ya Uhiriwenuwiteka Enock w’imyaka 25. Inkuru irambuye
[AMAFOTO]: Polisi yerekanye abamotari 31 bavaga mu muhanda bakagendera mu nzira z'abanyamaguru
Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 25 Ukuboza ku cyicaro cya Polisi mu Mujyi wa Kigali, Polisi y’u Rwanda yerekanye abamotari 31 bafashwe bakora amakosa yo kuva mu muhanda wa Kaburimbo bakagendera mu nzira zagenewe abanyamaguru. Aba bose bafatiwe mu bice bitandukanye by'Umujyi wa Kigali. Inkuru irambuye
Kinyarwanda
English










