Trending Now
#

POLISI Y'U RWANDA

Serivisi - Kurinda - Ubunyangamugayo

#

INCAMAKE Y'AMAKURU Y'INGENZI YATAMBUTSE KU RUBUGA RWA POLISI MU CYUMWERU DUSOJE

COVID-19: Polisi irasaba abantu guhindura imyumvire n'ibikorwa bajyaga bakora mu birori byo kwizihiza iminsi mikuru

Muri ibi bihe dutangiye by'iminsi mikuru, Polisi y'u Rwanda iributsa abaturage muri rusange kwishimira iminsi mikuru mu rugero bubahiriza amabwiriza yashyizweho na Leta agamije gukumira ikwirakwizwa ry’icyorezo cya COVID-19. Inkuru irambuye

[AMAFOTO]: COVID-19: Polisi yerekanye abahimbye amayeri bakora ibirori by’isabukuru y’amavuko

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 23 Ukuboza, Polisi yerekanye abasore n’inkumi 16(abakobwa 14 n’abasore 2) barenze ku mabwiriza yo kurwanya ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19 bitabira ibirori by’isabukuru ya mugenzi wabo.Inkuru irambuye

COVID-19: Hatangiye kubahirizwa ibwiriza ryo guhagarika ingendo guhera saa mbiri z'umugoroba

Polisi y'u Rwanda iributsa abaturarwanda ko guhera kuri uyu wa Kabiri tariki ya 22 Ukuboza ingendo zibujijwe guhera saa mbiri z’ijoro kugeza saa kumi za mugitondo.Inkuru irambuye

Nyagatare: Hafatiwe amasashe arenga ibihumbi 120

Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 22 Ukuboza, Polisi ifatanije n’izindi nzego z’umutekano zikorera mu Karere ka Nyagatare bafashe itsinda ry’abacuruzi ba magendu binjizaga mu  Rwanda amasashe n’ibindi bicuruzwa bya magendu bitemewe  mu Rwanda harimo  amasashe ibihumbi 120. Aba bakaba barinjiraga mu Rwanda banyuze mu nzira zitemewe.Inkuru irambuye

Ngoma: Abantu 36 bafatiwe mu nzu y'umuturage basenga barenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 19 Ukuboza Polisi ifatanyije n'izindi nzego z'umutekano ndetse n'iz'ibanze basanze abantu 36 mu nzu ya Nyiranduhura Pelagie w'imyaka 40 utuye mu Mudugudu wa Rwimpongo ya 2, Akagari ka Rwintashya mu Murenge wa Rukumbeli, Akarere ka Ngoma. Aba bantu 36 bafashwe barimo gusenga  mu buryo bunyuranyije n'amabwiriza ya Leta yo kurwanya ikwirakwira ry'icyorezo cya COVID-19. Inkuru irambuye

Nyagatare: Umuturage yafashwe agerageza guha umupolisi ruswa

Kuri uyu wa Mbere tariki ya 21 Ukuboza, Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyagatare mu Murenge wa Musheri yafashe uwitwa Muhirwanake Lazare w’imyaka 34 arimo kugerageza guha  umupolisi ruswa ingana n'amafaranga y'u Rwanda ibihumbi 400. https://www.police.gov.rw/rw/amakuru/news-detail/?tx_news_pi1%5Bnews%5D=16017&cHash=23473e22b83ce75b9be0d3ced6a13172Inkuru irambuye

Kirehe: Polisi yafashe ukekwaho kwiba Moto

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki ya 21 Ukuboza, Polisi ikorera mu Karere ka Kirehe mu Murenge wa Gahara, ifatanyije n’abayobozi mu nzego z’ibanze, yafashe Hakizumubyeyi Eric w’imyaka 20 bikekwa ko yari yibye mota ya  Uhiriwenuwiteka Enock w’imyaka 25. Inkuru irambuye

[AMAFOTO]: Polisi yerekanye abamotari 31 bavaga mu muhanda bakagendera mu nzira z'abanyamaguru

Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 25 Ukuboza ku cyicaro cya Polisi mu Mujyi wa Kigali, Polisi y’u Rwanda yerekanye abamotari 31 bafashwe bakora amakosa yo kuva  mu muhanda wa Kaburimbo bakagendera mu nzira zagenewe abanyamaguru. Aba bose bafatiwe mu bice bitandukanye by'Umujyi wa Kigali. Inkuru irambuye