Trending Now
#

POLISI Y'U RWANDA

Serivisi - Kurinda - Ubunyangamugayo

#

INCAMAKE Y'AMAKURU Y'INGENZI YATAMBUTSE KU RUBUGA RWA POLISI MU CYUMWERU DUSOJE

Polisi yasangije abaturarwanda uburyo bwo kwicungira umutekano mu ngo zabo n?aho bakorera

Mu bihe bitandukanye Polisi y?u Rwanda ikunda kwerekana bamwe mu bantu bacyekwaho ubujura bukorerwa mu Mujyi wa Kigali no mu zindi Ntara z?Igihugu. Akenshi ibyo byaha biba byabaye ari uko abajura binjiye mu nzu cyangwa muri biro aho abantu bakorera, Polisi y?u Rwanda yahisemo gusangiza abaturarwanda uburyo bakoresha mu kugarira bicungira umutekano ku buryo bitakorohera ushaka gukora icyaha cy?ubujura.  Inkuru irambuye...

Rubavu: Polisi yajimije ikamyo yari igiye gushya ihetse meterokibe 33 za lisansi

Abapolisi bo mu ishami rya Polisi y?u Rwanda rishinzwe ubutabazi no kuzimya inkongi ku mugoroba wo kuri uyu wa mbere tariki ya 03 Gicurasi ahagana saa  kumi n?imwe bajimije ikamyo  yari ihetse meterokibe  33 za Lisansi.  Inkuru irambuye...

Minisitiri w?intebe wa Central Africa yashimiye abapolisi b?u Rwanda bamucungira umutekano

Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 7 Gicurasi Minisitiri w?intebe w?Igihugu cya Repubulika ya Central Africa, Filimin Ngrebada, yashyikirije seritifika z?ishimwe abapolisi b?u Rwanda 38 bo mu itsinda ryihariye rishinzwe kumucungira umutekano. Aba bapolisi bagize itsinda ry?abapolisi b?u Rwanda 140 bari muri iki gihugu mu butumwa bw?umuryango w?abibumbye bugamije kubungabunga amahoro. Aba bapolisi 140 bafite inshingano zo kurinda abayobozi bakuru muri  Repubulika ya Central Africa, harimo Minisitiri w?intebe n?abandi banyacyubahiro.  Inkuru irambuye...

Gasabo: Abantu 30 bafatiwe mu nzu bari mu nama y?ubukwe barenze ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19

Ahagana saa tanu za mugitondo kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 8 Gicurasi nibwo abapolisi bafashe abantu 30 bari mu rugo rwa Rudasingwa Jean Claude w?imyaka 37 bari mu nama yo gutegura ubukwe bwe. Bafatiwe mu Karere ka Gasabo mu Murenge wa Nduba mu Kagari ka Gasanze,mu Mudugudu wa Nyabitare.  Inkuru irambuye...

Rutsiro: Abantu 52 bafatiwe mu rugo rw?umuturage basenga barenze ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki ya 06 Gicurasi mu masaha ya saa kumi n?igice mu rugo rw?uwitwa Ufitamahoro Janviere w?imyaka 32 uzwi ku izina rya Mahoro, Polisi y?u Rwanda  ku bufatanye n?inzego z?ibanze bahafatiye abantu 52 bari mu cyumba cy?inzu ye barimo basenga barenze ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19.  Inkuru irambuye...

Nyabihu: Batanu bafatanwe udupfunyika 11,724 tw'urumogi umwe ashaka guha umupolisi ruswa ya Miliyoni

Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 05 Gicurasi Polisi y?u Rwanda yafashe abantu 5 barimo gukwirakwiza urumogi, bafatanwe udupfunyika tw?urumogi 11,724. Bafatiwe mu mirenge ya Bigogwe na Mukamira yose yo mu Karere ka Nyabihu, bamaze gufatwa umwe muri bo yagerageje guha umupolisi ruswa ingana n?amafaranga y?u Rwanda Miliyoni ngo amurekure agende.  Inkuru irambuye...

CP Kabera yaburiye abiba ko utarafatwa ari gihe cye kitaragera akangurira abaturage kujya bihutira gutanga amakuru

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 5 Gicurasi ku kicaro cya Polisi mu mujyi wa Kigali mu Karere ka Gasabo, Polisi yeretse itangazamakuru abantu 9 bacyekwaho kwiba za televiziyo, mudosabwa n?amatelefoni. Batanu nibo bacyekwaho kuba bajyaga mu ngo bakiba bakabizanira abandi bane bakabigura, hafashwe televiziyo 7, telefoni 6 na mudasobwa imwe.  Inkuru irambuye...

Polisi iraburira urubyiruko rurimo kuva mu Mujyi wa Kigali bagafatirwa ku Gisenyi barimo kurenga ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19 bakanabangamira abaturage

Polisi y?u Rwanda ikorera mu Karere ka Rubavu ifatanyije n?abayobozi mu nzego z?ibanze n?abaturage bo muri aka Karere  bamaze  iminsi bari mu bikorwa byo kugenzura iyubahirizwa ry?amabwiriza yo kurwanya ikwirakwira ry?icyorezo cya COVID-19. Tariki ya 02 na tariki ya 03 Gicurasi mu Murenge wa Gisenyi ari naho haherereye Umujyi w?Akarere ka Rubavu hafatiwe urubyiruko rw?abasore n?inkumi 62. Ni mugihe mu ijoro rya tariki ya 30 Mata muri uyu mujyi hari hafatiwe 76.  Inkuru irambuye...

Kigali: Polisi yerekanye abantu 11 bacyekwaho kwiba za mudasobwa n?inzoga

Mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru tariki ya 2 Gicurasi Polisi y?u Rwanda yeretse itangazamakuru abantu bacyekwaho ubujura bw?inzoga na za mudasobwa. 8 bakurikiranyweho ubufatanyacyaha mu kwiba inzoga mu bubiko bwazo abandi 3 baracyekwaho kwiba za mu mudasobwa ahantu hatandukanye mu Mujyi wa Kigali. Igikorwa cyo kwerekana aba bantu cyabereye ku kicaro cya Polisi mu Mujyi wa Kigali mu Karere ka Gasabo Umurenge wa Remera.  Inkuru irambuye...