Mu marushanwa ngororamubiri amakipe ya Polisi yabaye aya mbere atwara imidali 29 n'igikombe
Kuri iki cyumweru tariki ya 25 Mata amakipe ngororamubiri ya Polisi y?u Rwanda yitabiriye irushanwa ryateguwe n?ishyirahamwe ry?imikino ngororamubiri mu Rwanda. Ni amarushanwa yakinwaga mu byiciro byo kwiruka, gusimbuka no gutera umuhunda, gutera intosho no gutera ingasire. Polisi y?u Rwanda yari ihagarariwe mu byiciro byose ndetse n?abakinnyi bitwara neza baba aba mbere mu byiciro bitandukanye. Inkuru irambuye...
Umuyobozi wungirije ushinzwe ubutegetsi n?imari muri Polisi y?u Rwanda yashimiye amakipe aherutse kwegukana ibikombe
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane tariki ya 29 Mata 2021,Umuyobozi wungirije muri Polisi y?u Rwanda ushinzwe ubutegetsi n?imari , DIGP/AF Jeanne Chantal Ujeneza yamurikiwe ibikombe 10 by?amakipe ya Polisi y?u Rwanda. Ni ibikombe amakipe ya Polisi yegukanye mu marushanwa yo mu mwaka wa 2019-2020, ibikombe 4 byatwawe n?ikipe ya Taekwondo, 5 byatwawe n?ikipe ya Handball ikindi kimwe giherutse kwegukanwa n?amakipe ngororamubiri ya Polisi tariki ya 25 Mata 2021. Inkuru irambuye...
Sudani y?Epfo: Abapolisi b?u Rwanda batangiye guhugura abo muri iki gihugu mu kwicungira umutekano
Abapolisi b?u Rwanda baheruka kujya muri Sudani y?Epfo gusimbura bagenzi babo mu butumwa bw?umuryango w?abibumbye batangiye guhugura abapolisi bo muri iki gihugu. Ibi biri mu nshingano nshya z?intumwa z?umuryango w?abibumbye ziri mu butumwa bwo kubungabunga amahoro muri Sudani y?Epfo aho bagomba kongerera ubumenyi n?ubushobozi abapolisi b?iki gihugu n?andi matsinda y?abaturage binyuze mu mahugurwa. Inkuru irambuye...
Polisi yerekanye abantu 12 bafatiwe mu birori mu rugo rw?umuhanzi Jay Polly harimo uwatangaga ibisubizo bya Covid-19 yihimbiye
Mu gitondo cyo kuri iki cyumweru tariki ya 25 Mata ku cyicaro cya Polisi mu Mujyi wa Kigali i Remera Polisi yeretse itangazamakuru abantu 12 bafatiwe mu rugo rw?umuhanzi witwa Tuyishime Joshua uzwi ku izina rya Jay Polly. Aba bantu bafatiwe mu Karere ka Gasabo mu Murenge wa Kimironko bari mu birori barenze ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19,bafashwe barimo kunywa inzoga n?ikiyobyabwenge cy?urumogi. Inkuru irambuye...
Gicumbi: Abantu babiri bafashwe bagerageza guha ruswa umupolisi
Ku mugoroba wo kuri uyu wa mbere tariki ya 26 Mata abapolisi bafashe Nyandwi Hassan w?imyaka 40 na Ibisamaza Oscar w? imyaka 43, bafatiwe mu Karere ka Gicumbi mu Murenge wa Rutare mu Kagari ka Gacyamo. Bafashwe barimo guha ruswa umupolisi ingana n?amafaranga y?u Rwanda ibihumbi 70 kugira ngo abahe ikiyobyabwenge cyo mu bwoko bwa mayirungi cyari cyafatiwe mu Murenge wa Rutare. Inkuru irambuye...
Rusizi: Abantu 3 bafashwe bacyekwaho kwinjiza mu Rwanda ibicuruzwa bya magendu byiganjemo amavuta ahindura uruhu
Abapolisi bo mu ishami rya Polisi y?u Rwanda rishinze kurwanya abanyereza imisoro(RPU) tariki ya 28 na 29 Mata mu bihe bitandukanye bafashe abashoferi n?undi muntu umwe bacyekwaho kwinjiza mu Rwanda ibicuruzwa bya magendu barimo kubizana mu Mujyi wa Kigali. Hafashwe uwitwa Mushonga Raphael w?imyaka 38(mushoferi), Kaberwa Abdallah w?imyaka 33 ukomoka mu gihugu cya Tanzaniya,(umushoferi) na Mbabajende Emmanuel umunyarwanda w?imyaka 39 bafatiwe mu Karere ka Rusizi mu mirenge ya Kamembe na Ntendezi. Inkuru irambuye...
Huye: Abantu 20 bafatiwe mu rugo rw?umuturage barimo gusenga barenze ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19
Mu gicuku cyo kuri uyu wa mbere tariki ya 27 Mata mu masaha ya saa saba z?ijoro Polisi yafatiye abantu 20 mu rugo rw?umuturage witwa Vuguziga Christine w?imyaka 52 barimo gusenga barenze ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19. Bafatiwe mu Karere ka Huye mu Murenge wa Mukura mu Kagari ka Rango mu Mudugudu wa Nyamata, bafashwe ku bufatanye n?abayobozi b?inzego z?ibanze. Inkuru irambuye...
Kigali: Polisi yerekanye abantu 8 bari kumwe n'umuyobozi w'umudugudu barenze ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19
Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 27 Mata ahagana saa tanu z?ijoro Polisi y?u Rwanda yafashe abantu umunani barenze ku mabwiriza yo kurwanya ikwirakwira rya COVID-19, bafatirwa mu kabari gaherereye mu Kagari ka Kiyovu, Umurenge wa Nyarugenge mu Karere ka Nyarugenge barimo banywa inzoga. Mu mabwiriza yatanzwe na Leta avuga ko utubari tuzakomeza gufungwa, ndetse n'ingendo zikaba zibujijwe guhera saa tatu z?ijoro kugeza saa kumi za mu gitondo cyeretse ababiherewe uruhushya. Inkuru irambuye...
Ikipe ya Police FC yamuritse imyambaro mishya izajya ikinana muri uyu mwaka w?imikino
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 30 Mata Polisi ikipe ya Polisi y?u Rwanda ikina umupira w?amaguru(Police FC) yashyize ahagaragara imyambaro ibiri abakinnyi bazajya bambara muri uyu mwaka w?imikino 2021-2022. Iyi myambaro igizwe n?ikabutura n?umupira biri mu mabara abiri, ubururu bwerurutse azaba ari umwambaro bazajya bambara bakiriye andi makipe naho ubururu bwijimye ni uwo bazajya bambara basuye andi makipe. Inkuru irambuye...
Ku mukino wa mbere wa shampiyona Police FC yatsinze Etincelles FC ibitego 5
Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 01 Gicurasi 2021 nibwo Shampiyona y?umupira w?amaguru mu Rwanda mu kiciro cya mbere yasubukuwe. Ku ikubitiro ikipe ya Polisi y?u Rwanda (Police FC) kuri Stade Amahoro yakiriye ikipe ya Etincelles FC,umukino urangira Police FC inyagiye Etincelles FC ibitego 5-1. Inkuru irambuye...
Kinyarwanda
English










