IGP Dan Munyuza yagiranye ibiganiro na mugenzi we wa Tanzaniya
Umuyobozi wa Polisi y'u Rwanda IGP Dan Munyuza kuri uyu wa mbere tariki ya 10 Gicurasi yagiriye uruzinduko rw'akazi mu gihugu cya Tanzaniya aho yahuye na mugenzi we uyobora Polisi yo muri icyo gihugu IGP Simon Nyakoro Sirro banagirana ibiganiro. Inkuru irambuye....
DIGP Namuhoranye yibukije abapolisi bagiye muri Central Africa kuzirikana ko ari abambasaderi b?u Rwanda
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 14 Gicurasi umuyobozi wungirije muri Polisi y?u Rwanda ushinzwe ibikorwa, DIGP Felix Namuhoranye yahaye impanuro abapolisi 140 bagiye mu butumwa bw?umuryango w?abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri Repubulika ya Central Africa. Mu mpanuro yabahaye yabibukije ko uko bagiye ari 140 bose ni ba ambasaderi bazaba bahagarariye u Rwanda. Inkuru irambuye....
Central Africa: Abapolisi b?u Rwanda 140 basimbuye bagenzi babo mu butumwa bwo kubungabunga amahoro
Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 15 Gicurasi abapolisi b?u Rwanda basimburanye mu butumwa bw?umuryango w?abibumbye bwo kubungabunga amahoro mu gihugu cya Repubulika ya Central Africa. Mu gitondo saa tatu ku kibuga mpuzamahanga cya Kigali hahagurutse itsinda ry?abapolisi 140, saa cyenda hagaruka abandi 125 basizeyo bagenzi babo 15, aba bakaba bari bamazeyo umwaka n?igice. Inkuru irambuye....
Abapolisi b?u Rwanda bifatanyije n?aba Sudani y?Epfo mu gikorwa cy?umuganda
Abapolisi b?u Rwanda bari mu butumwa bw?umuryango w?abibumbye bwo kubungabunga amahoro mu gihugu cya Sudani y?Epfo(UNMISS) kuri uyu wa Gatanu tariki ya 14 Gicurasi bifatanyije n?abapolisi ba Sudani y?Epfo mu gikorwa cyo gusukura ubusitani bw?ahari sitasiyo ya Polisi y?ahitwa Yei mu Mujyi wa Juba, umurwa mukuru wa Sudani y?Epfo. Ni umuganda waranzwe no gukusanya imyanda no gutema ibihuru byari bikikije iyo sitasiyo ya Polisi. Inkuru irambuye....
Rubavu: Abakora irondo ry?umwuga basabwe kurushaho gukora kinyamwuga
Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki ya 13 Gicurasi umuyobozi w?umusigire wa Polisi mu Ntara y?Iburengerazuba, Chief Superintendent of Police (CSP) Edmond Kalisa ari kumwe n?Abanyamabanga Nshingwabikorwa b?imirenge ya Kanama na Nyakiriba yo mu Karere ka Rubavu n?abandi bayobozi batandukanye bakoranye inama n?abanyerondo 100 bo muri iyo mirenge. Inkuru irambuye....
Central Africa: Abapolisi b?u Rwanda bari mu butumwa bw?amahoro bahaye amazi meza abaturage
Abapolisi b?u Rwanda bari mu butumwa bwo kubungabunga amahoro mu gihugu cya Repubulika ya Central Africa kuri uyu wa Gatatu tariki ya 12 Gicurasi bahaye amazi meza abaturage b?Igihugu cya Repubulika ya Central Africa bari mu murwa mukuru Bangui ahitwa SEGA2 na Maison des Jeunnes, abahawe amazi ni imiryango 100. Inkuru irambuye....
Ruhango: Abantu 33 bafatiwe mu ishyamba barimo gusenga barenze ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19
Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 11 Gicurasi abapolisi bafashe abantu 33 barimo gusenga binyuranije n?amabwiriza yo kurwanya COVID-19, bafatiwe mu ishyamba bicaye begeranye ndetse bamwe batambaye agapfukamunwa. Aba bantu bafitwe mu Karere ka Ruhango mu Murenge wa Mbuye mu Mudugudu wa Gisanga. Inkuru irambuye....
Amajyaruguru: Muri hoteli ebyiri na Resitora hafatiwe abantu 33 barimo kwiyakira barenze ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19
Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 08 Gicurasi mu bihe bitandukanye Polisi y?u Rwanda ikorera mu Turere twa Musanze na Gicumbi ku bufatanye n?inzego z?ibanze bafashe abantu 33 barimo kwiyakira banywa inzoga barenze ku mabwiriza yo kurwanya no gukumira COVID-19. Inkuru irambuye....
Karongi: Abantu 60 bafatiwe mu rugo rw'umuturage barimo gusenga barenze ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19 harimo n'abayanduye
Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 08 Gicurusi ahagana saa sita z?amanywa Polisi yafatiye abantu 60 mu nzu ya Mukamwiza Elina w'imyaka 80, nyuma yo gusuzuma abo bantu byagaragaye ko umunani muri bo bari bafite ubwandu bwa COVID-19. Bafatiwe mu mu Karere ka Karongi mu Murenge wa Rubengera, bafashwe ku bufatanye n?inzego z?ibanze ndetse n'abaturage. Inkuru irambuye....
Kinyarwanda
English










