Sudani y'Epfo: Abapolisi b'u Rwanda bari mu butumwa bw'amahoro bakoze ubukangurambaga bwo kurwanya COVID-19
Abapolisi bagize agashami gashinzwe ubuvuzi mu bapolisi b'u Rwanda bari mu butumwa bw'umuryango w'abibumbye bugamije kubungabunga amahoro mu gihugu cya Sudani y'Epfo batangiye ubukangurambaga mu baturage bakuwe mu byabo n'intambara. Ni ubukangurambaga bugamije kurwanya icyorezo cya COVID-19, bwatangiye kuri uyu wa mbere tariki ya 17 Gicurasi butangirira mu nkambi iri i Juba, umurwa mukuru wa Sudani y'Epfo. Inkuru irambuye...
Abapolisi b?u Rwanda bari mu butumwa bw?amahoro batangiye guhabwa urukingo rwa kabiri rwa COVID-19
Abapolisi b?u Rwanda bari mu butumwa bw?umuryango w?abibumbye bugamije kubungabunga amahoro ku mugabane w?Africa batangiye guhabwa urukingo rwa kabiri rwa COVID-19. Kuri uyu wa Gatatu igikorwa cyatangiriye ku bapolisi bari mu gihugu cya Repubulika ya Central Africa (MINUSCA). Inkuru irambuye...
Polisi irakangurira abaturarwanda kwirinda ubwambuzi bushukana bukorerwa mu bimina
Bimaze kugaragara ko hirya no hino mu gihugu ubwambuzi bushukana bumaze gufata indi ntera aho usanga kenshi na kenshi abantu babukora bakunze kubinyuza mu matsinda, amakoperative, ibimina byose bavuga ko ari ukwishyira hamwe bakazamurana, hakaba n?abambura abandi babashukishije kwiyitirira inzego kugira ngo abantu babagirire icyizere bakabizeza inyungu z'umurengera binyuze mu guhererekanya ayo mafaranga(Pyramid Chain). Byagiye bigaragara ahantu hatandukanye ndetse bamwe Polisi ikanabafata, iragira inama abaturawanda kwirinda abantu nk?abo baza babashuka babizeza inyungu z'umurengera nyamara bagamije kubambura utwabo. Inkuru irambuye...
Kigali:Polisi yerekanye abantu 8 bacyekwaho, kwiyitirira inzego z?umutekano no kwambura abacuruzi
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 22 Gicurasi ku kicaro cya Polisi y?Umujyi wa Kigali giherereye i Remera,mu Karere ka Gasabo Polisi y?u Rwanda yeretse itangazamakuru abantu umunani bakekwaho ubwambuzi bushukana,kwiba, gutera ubwoba, gukoresha ibyangombwa mpimbano no kwiyitirira inzego z?umutekano bakambura abacuruzi. Inkuru irambuye...
Iburengerazuba: Polisi yafashe udupfunyika tw'urumogi ibihumbi 12,189 rwari rugiye gucuruzwa mu baturage
Mu bihe bitandukanye tariki ya 20 na 21 Gicurasi abapolisi bakorera mu Karere ka Rubavu na Ngororero bafashe udupfunyika tw'urumogi ibihumbi 12, 189. Mu karere ka Rubavu mu Murenge wa Rugerero mu Kagari ka Rugerero hafatiwe udupfunyika 4, 300 naho mu Karere ka Ngororero mu Murenge wa Muhororo mu Kagari ka Myiha hafatirwa udupfunyika 7,889. Inkuru irambuye...
Huye: Abantu 27 bafatiwe mu kabari barenze ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19
Mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 18 Gicurasi Polisi ikorera mu Karere ka Huye ifatanije n?abayobozi mu nzego z?ibanze bakoze igikorwa cyo kugenzura ko abantu bubahiriza amabwiriza yo kurwanya COVID-19, ahagana ku isaha ya saa mbiri mu kabari k?uwitwa Urayeneza Wellaris w?imyaka 47 hafatiwe abantu 27 barimo kunywa inzoga. Akabari bafatiwemo gaherereye mu Karere ka Huye, Umurenge wa Ngoma, Akagari ka Ngoma, Umudugudu wa Ngoma. Inkuru irambuye...
Rusizi: Mu mugoroba umwe Polisi ifashe abantu 80 barenze ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19
Mu mugoroba wo kuri iki cyumweru tariki ya 16 Gicurasi mu Karere ka Rusizi Polisi y?u Rwanda ku bufatanye n?abayobozi mu nzego z?ibanze n?abaturage bafashe abantu 80 barimo kurenga ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19. Mu murenge wa Kamembe mu Kagari ka Ruganda, Umudugudu wa Kadashya hafatiwe abagore n?abakobwa 50 bari mu cyumba cy?uruganiriro bari mu birori byo gutegura umugeni witegura gushyingirwa(Bridal Shower). Mu murenge wa Mururu muri Hotel du Lac hafatirwa abantu 30 barimo kunywa inzoga abandi barimo gukina umukino uzwi ku izina rya Biyali. Inkuru irambuye...
Rusizi: Polisi yafashe ibiro 110 by?imyenda ya caguwa ya magendu byinjizwaga mu Rwanda
Mu masaha ya saa tatu z?ijoro zo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 19 Gicurasi ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya abanyereza imisoro (RPU) rikorera mu Karere ka Rusizi ryatesheje abantu ibiro 110 by?imyenda ya caguwa yari yinjijwe mu gihugu mu buryo bwa magendu.Bari abantu batanu, bane muri bo bariruka hafatwa umwe witwa Nziyumvira Felecien w?imyaka 25. Inkuru irambuye...
Nyanza: Abantu 73 bafatiwe mu mihango yo gusaba no gukwa barenze ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19
Ku makuru yatanzwe n?abaturage kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 15 Gicurasi ahagana saa tanu z?amanywa Polisi n?abayobozi mu nzego z?ibanze bafashe abantu 73 bateraniye muri Motel bari mu mihango yo gusaba no gukowa. Bafatiwe mu Karere ka Nyanza mu Murenge wa Busasamana, Akagari ka Kavumu, Umudugudu wa Mukoni. Ni mugihe amabwiriza ya Leta yo gukumira ikwirakwira ry?icyorezo cya COVID-19 harimo ibwiriza rivuga ko umuhango w?ubukwe utagomba kurenza abantu 30 kandi nabo ntibakore imihango yo gusaba no gukwa ndetse ntibanajye mu muhango wo kwiyakira. Inkuru irambuye...
Polisi yerekanye abashoferi bacyekwaho guha abapolisi ruswa bayita amazi yo kunywa
Mu gitondo cyo kuri iki cyumweru tariki ya 16 Gicurasi ku kicaro cya Polisi yo mu Mujyi wa Kigali i Remera Polisi yeretse itangazamakuru abashoferi batatu n?umufasha wa shoferi(Tandiboyi) bafashwe baha ruswa abapolisi bashinzwe umutekano wo mu muhanda. Abafashwe ni Karegeya Andre Renatus, Habiyambere Vedaste, Nzabonimana Alphonse na Kalimunda Francois (Tandiboyi),bafatiwe mu muhanda Kigali-Bugesera. Inkuru irambuye...
Kinyarwanda
English










