Umuyobozi wa Polisi ya Malawi ari mu ruzinduko rw?akazi mu Rwanda
Kuri iki Cyumweru tariki ya 30 Gicurasi umuyobozi mukuru wa Polisi ya Malawi IGP Dr. George Hadrian Kainja ari kumwe n?abandi ba Ofisiye bakuru muri Polisi ya Malawi bageze mu Rwanda aho baje mu ruzinduko rw?akazi. Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki ya 31 basuye Polisi y?u Rwanda aho ikorera ku kicaro gikuru ku Kacyiru bakirwa n?umuyobozi mukuru wa Polisi y?u Rwanda, IGP Dan Munyuza. Inkuru irambuye...
Aba ofisiye bakuru biga mu ishuri rikuru rya Polisi y'u Rwanda batangiye ingendo shuri
Abapolisi n'abacungagereza 32 (Senior Command) bari mu ishuri rikuru rya Polisi riherereye mu Karere ka Musanze (NPC) batangiye ingendo shuri nka bimwe mu bigize amasomo bamaramo umwaka muri ririya shuri. Aba banyeshuri baturutse mu Rwanda, Kenya, Sudani y'Epfo, Namibia, na Somalia. Iki ni ikiciro cya 09 cy'aba ofisiye bakuru mu bapolisi n'abacungagereza baza kwiga mu ishuri rikuru rya Polisi y'u Rwanda. Inkuru irambuye...
Polisi y'u Rwanda na RBC batangiye kugerageza umushinga wo gutahura abanduye COVID-19 hifashishijwe imbwa
Polisi y'u Rwanda, Ikigo cy 'Igihugu cy'ubuzima(RBC) na Ambasade y'Ubudage mu Rwanda batangije umushinga w?igerageza uzamara amezi atatu wo kwifashisha imbwa mu gutahura uwanduye icyorezo cya COVD-19. Ni igikorwa cyatangijwe kuri uyu wa Gatanu tariki ya 4 Kamena, bitangirizwa ku kibunga mpuzamahanga cy?indege cya Kigali i Kanombe. Inkuru irambuye...
IGP Dan Munyuza na IGP Dr. George Hadrien Kainja bemeranyije gushyira mu bikorwa ibikubiye mu masezerano y'ubufatanye
Kuva muri Werurwe 2019 Polisi y'u Rwanda n'iya Malawi bafitanye amasezerano y'ubufatanye akubiyemo ibijyanye no guhanahana amakuru ku byaha n'abanyabyaha no guhanahana amahugurwa.
Kuri uyu wa mbere tariki ya 31 Gicurasi IGP Dr George Hadrian Kainja n'intumwa ayoboye bahuye n'umuyobozi mukuru wa Polisi y'u Rwanda, IGP Dan Munyuza aba bayobozi bombi bongera kuganira kuri ayo masezerano y'ubufatanye yo mu 2019 bemeranya gutangira gushyira mu bikorwa ibiyakubiyemo. Inkuru irambuye...
DIGP Namuhoranye yibukije abapolisi ko gukorana bya hafi n?abaturage aribwo buryo bwo gukumira ibyaha
Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 04 Kamena ku kicaro gikuru cya Polisi y?u Rwanda ku Kacyiru, Umuyobozi mukuru wa Polisi y?u Rwanda wungirije ushinzwe ibikorwa, DIGP/Ops Felix Namuhoranye yasoje ku mugaragaro amahugurwa y?abapolisi 110 bari bamazemo iminsi 4. Ni amahugurwa yari yitabiriwe n?abayobozi ba Polisi mu turere, ku mirenge ndetse n?abahagarariye abandi mu mashami atandukanye. Aya mahugurwa yakozwe hubahirijwe amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya COVID-19 aho babanje kwipimisha COVID-19, kwambara agapfukamunwa, guhana intera hagati y?umuntu n?undi ndetse no gukaraba mu ntoki n?amazi meza n?isabune. Inkuru irambuye...
Uhagarariye intumwa z?umuryango w?abibumbye muri Sudani y?Epfo yashimiye abapolisi b?u Rwanda ku kazi bakora
Uhagarariye intumwa z?umuryango w?abibumbye ziri mu butumwa bwo kubungabunga amahoro mu gihugu cya Sudani y?Epfo(UNMISS), Commissioner Unaisi Bolatolu-Vuniwaqa yashimiye itsinda ry?abapolisi b?u Rwanda (FPU-3) ku kwitanga batizigama no gukorana umurava mu kazi barimo ko kubungabunga amahoro n?ubwo bahuye n?imbogamizi zaturutse ku cyorezo cya COVID-19. Inkuru irambuye...
Polisi y?u Rwanda yongeye kwibutsa abaturarwanda kwirinda gukoresha abana imirimo ivunanye
Polisi y?u Rwanda iributsa buri muturarwanda wese kumva ko afite uruhare mu kurinda umwana imirimo ivunanye kuko iyi mirimo igira ingaruka zitandukanye ku mikurire y?umwana ndetse ikanagira ingaruka ku buzima bwe bw?ejo hazaza n?ubw?Igihugu. Imirimo ivunanye ikoreshwa abana isobanurwa n'ibipimo mpunzamahanga nk'imirimo mibi itwara amasaha menshi cyangwa ikorwa n'abana bato cyane ndetse no kubuza uburenganzira umwana bigira ingaruka mbi ku mikurire ye. Inkuru irambuye...
Police HC yegukanye igikombe cy'irushanwa ryiswe Rwanda Handball Challenge Trophy
Kuva kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 29 Gicurasi kugeza tariki ya 30 Gicurasi 2021 amakipe y'umukino w'amaboko(Handball)yarimo guhatanira igikombe cyateguwe n'ishyirahamwe ry'umukino wa Handball mu Rwanda. Ni irushanwa ryiswe Rwanda Handball Federation Challenge Trophy. Mu makipe 8 yari yitabiriye iri rushanwa, ikipe ya Polisi y'u Rwanda, Police Handball Club niyo yegukanye igikombe nyuma yo gutsinda APR HC ku mukino wa nyuma, yayitsinze ibitego 33 kuri 24. Inkuru irambuye...
Gasabo: Abantu 8 bafatiwe muri Sauna barenze ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19
Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki ya 03 Kamena ahagana saa kumi n?ebyiri Polisi y?u Rwanda yafatiye abantu 8 mu nyubako yitwa Golden Palms SPA y?uwitwa Musengimana Grace. Aba bantu bafatiwe aho bagororera umubiri biyuka umwotsi(Sauna massage), bafatiwe mu Karere ka Gasabo, Umurenge wa Remera, Akagari ka Rukiri ya I. Inkuru irambuye...
Kinyarwanda
English










