Mu ishuri rikuru rya Polisi y'u Rwanda harimo kubera ibiganiro ku guhangana n'ibibazo by'umutekano bikunze kugaragara muri Africa
Mu ishuri rikuru rya Polisi y'u Rwanda(NPC) riherereye mu Karere ka Musanze guhera kuri uyu wa Kane tariki ya 17 kugeza tariki ya 18 Kamena 2021 hatangiye ibiganiro ku mahoro, umutekano n'ubutabera. Ni ibiganiro birimo abashakashatsi, abafata ibyemezo n'izindi mpuguke zifite ubunararibonye mu bintu bitandukanye aho barimo kuganira ku guhangana n'ibibazo by'umutekano bikunze kugaragara ku mugabane wa Africa, iyi ikaba ari nayo nsanganyamatsiko y'ibi biganiro by'iminsi ibiri. Mu ishuri rikuru rya Polisi y'u Rwanda harimo kubera ibiganiro ku guhangana n'ibibazo by'umutekano bikunze kugaragara muri Africa. Inkuru irambuye...
Polisi yatangije ubukangurambaga bwibutsa abakoresha umuhanda kurwanya ikwirakwira ry'icyorezo cya COVID-19
Kuri uyu wa Kane tariki ya 17 Kamena, Polisi y?u Rwanda ishami ryayo rishinzwe umutekano wo mu muhanda ryatangije ubukangurambaga buzamara icyumweru kubakoresha umuhanda bose. Ubu bukangurambaga bugamije kubakangurira gukomeza gushyira mu bikorwa ingamba zashyirwaho na Leta zigamije kurwanya no gukumira ikwirakwira rya Covid-19,Polisi y'u Rwanda ibibutsa ko kuzikurikiza ari inshingano za buri muturarwanda. Polisi yatangije ubukangurambaga bwibutsa abakoresha umuhanda kurwanya ikwirakwira ry'icyorezo cya COVID-19. Inkuru irambuye...
Minisitiri Gatabazi yasabye abakurikiye ibiganiro byaberaga mu ishuri rikuru rya Polisi kuzafata iya mbere mu guhangana n'ibibazo by'umutekano biri ku mugabane wa Africa
Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 18 Kamena 2021 mu Karere ka Musanze mu ishuri rikuru rya Polisi y'u Rwanda hasojwe ibiganiro ku mahoro, umutekano n'ubutabera. Minisitiri Gatabazi yasabye abakurikiye ibiganiro byaberaga mu ishuri rikuru rya Polisi kuzafata iya mbere mu guhangana n'ibibazo by'umutekano biri ku mugabane wa Africa. Inkuru irambuye...
Kicukiro: Motel yafunzwe by'agateganyo kubera gutorokesha ufite ubwandu bwa COVID-19
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 16 Kamena Polisi y'u Rwanda n'ubuyobozi bw?Umurenge wa Nyarugunga bafunze by?agateganyo AIPORT INN MOTEL iherereye mu Karere ka Kicukiro mu Murenge wa Nyarugunga, iyi Motel abayobozi bayo baracyekwaho gutorokesha umuntu wari uyicumbitsemo kandi afite ubwandu bwa Covid-19. Uwo muntu yari umunyarwanda wari uvuye mu gihugu cya Kuwait. Inkuru irambuye...
Polisi n?abafatanyabikorwa bayo bari mu gikorwa cyo kurwanya abasambanya abana bamwe bikabaviramo kubyara bakiri bato
Ishami rya Polisi y?u Rwanda rishinzwe kurwanya ihohotera rikorerwa abagore n?abana(GBV) ku bufatanye n?umushinga Masenge mba hafi barimo gusura bamwe mu bana b?abakobwa batewe inda bari munsi y'imyaka 18. Kuva tariki ya 15 kugeza tariki ya 17 Kamena harimo gusurwa abana b?abakobwa bagera kuri 91 bo mu Karere ka Kayonza mu Murenge wa Rukara batewe inda bari munsi y'imyaka 18 y'amavuko. Polisi n?abafatanyabikorwa bayo bari mu gikorwa cyo kurwanya abasambanya abana bamwe bikabaviramo kubyara bakiri bato. Inkuru irambuye...
Police HC yakajije imyitozo yitegura irushanwa ryo kwibuka abazize Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994
ariki ya 30 Gicurasi 2021 ikipe ya Polisi y?u Rwanda, Police Handball Club yegukanye igikombe cy'irushanwa ryiswe Rwanda Handball Challenge Trophy. Kuva icyo gihe iyi kipe ntiygeze ituza yakomeje imyitozo. Ni mu rwego rwo gukomeza kwitegura irushanwa ryo kwibuka Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, riteganyijwe mu mpera z?iki cyumweru tariki ya 19 na 20 Kamena. Inkuru irambuye...
Gicumbi: Abantu 19 bafatiwe mu ishyamba barimo basenga binyuranyije n'amabwiriza yo kwirinda COVID-19
Kuri iki Cyumweru tariki ya 13 Kamena mu masaha ya saa tatu, Polisi y?u Rwanda ikorera mu Karere ka Gicumbi ku bufatanye n?inzego z?ibanze bafashe abantu basenga mu buryo bunyuranyije n'amabwiriza yo kwirinda Covid-19 bagera kuri 19 bari mu ishyamba ry'ahitwa Ikadeshi riherereye mu Mudugudu wa Nyirabadugu mu Kagari ka Gihermbe, Umurenge wa Kageyo. Aba uko ari 19 basengera mu matorero atandukanye ariyo ADEPR no muri Kiriziya Gatolika, bakaba baraturutse mu turere twa Gicumbi, Rulindo na Burera. Gicumbi: Abantu 19 bafatiwe mu ishyamba barimo basenga binyuranyije n'amabwiriza yo kwirinda COVID-19. Inkuru irambuye...
Kigali: Polisi yerekanye abantu 41 bafashwe batwaye ibinyabiziga banyoye ibisindisha banarenze ku masaha yo kugera mu rugo
Ku gicamunsi cyo kuri iki cyumweru tariki ya 13 Kamena Polisi y?u Rwanda yeretse itangazamakuru abantu 41 bafatiwe mu bice bitandukanye by?umujyi wa Kigali batwaye ibinyabiziga basinze banarengeje amasaha yo kuba bageze aho bataha. Bafashwe hagati ya tariki ya 9 Kamena kugeza tariki ya 12 Kamena. Kigali: Polisi yerekanye abantu 41 bafashwe batwaye ibinyabiziga banyoye ibisindisha banarenze ku masaha yo kugera mu rugo. Inkuru irambuye...
COVID-19: Abaturarwanda barakangurirwa kubahiriza amabwiriza mashya badakoreye ku jisho
Ku mugoroba wa tariki ya 12 Kamena 2021 nibwo inama y?abaminisitiri yari iyobowe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame yateranye.Iyi nama yashyizeho amabwiriza mashya yo kwirinda icyorezo cya COVID-19. Ni amabwiriza agomba kubahirizwa mu gihe cy?ibyumweru bibiri. COVID-19: Abaturarwanda barakangurirwa kubahiriza amabwiriza mashya badakoreye ku jisho. Inkuru irambuye...
Rubavu: Polisi yafashe abatundaga urumogi barushyiriye abacuruzi barwo
Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 12 Kamena Polisi y?u Rwanda ku bufatanye n?abaturage bo mu Karere ka Rubavu bafashe Hakizayezu James w?imyaka 18 na Bimenyimana Steven w?imyaka 31. Bafatanwe umufuka urimo udupfunyika tw?urumogi 5,000 barukuye mu Murenge wa Busasamana barujyanye mu Murenge wa Nyakiriba yose yo mu Karere ka Rubavu. Rubavu: Polisi yafashe abatundaga urumogi barushyiriye abacuruzi barwo. Inkuru irambuye...
Kigali: Abantu 88 bafatiwe mu bukwe barenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19
Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 19 Kamena Polisi y?u Rwanda yafashe abantu 88 bari mu muhango wo kwiyakira mu bukwe bw?uwitwa Buregeya Saidi Codo w?imyaka 34 na Nyampundu Thausie. Bwari bwabereye mu busitani bwitwa "Green Mountain Biking Garden" ahazwi nko kwa Hadj Farouk buherereye mu Karere ka Nyarugenge mu Murenge wa Nyamirambo, akagari ka Gasharu, Umudugudu wa Kagunga. Kigali: Abantu 88 bafatiwe mu bukwe barenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19. Inkuru irambuye...
Burera: Polisi yagaruye ibiro 550 by?ifumbire yari igiye kugurishwa hanze y?u Rwanda
Polisi y?u Rwanda ikorera mu Karere ka Burera kubufatanye n?izindi nzego z?umutekano n?abayobozi mu nzego z?ibanze mu minsi ibiri bamaze gufata ibiro 550 by?ifumbire Leta igenera abahinzi muri gahunda ya Nkunganire hagamijwe kuzamura umusarura uva mu buhinzi. Tariki ya 17 Kamena abantu bane bafatanwe ibiro 450 naho kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 19 hafashwe ibiro 100. Inkuru irambuye...
Huye: Polisi yerekanye umumotari uherutse kugaragara atwaye umugenzi uhetse umwana mu buryo buteye impungenge
Polisi y?u Rwanda ikorera mu Karere ka Huye kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 19 Kamena yeretse itangazamakuru umumotari witwa Nzayisenga Vedaste w?imyaka 38, uyu mumotari ni we wari utwaye kuri Moto abagenzi barenze umwe yanabavanze n?ibintu aho umugore yari atwaye yagaragaye mu mafoto ahetse umwana mu buryo budasanzwe nk?uko bigaragara mu ifoto ndetse hagati y?umumotari n?uwo mugore harimo ivalise nini. Huye: Polisi yerekanye umumotari uherutse kugaragara atwaye umugenzi uhetse umwana mu buryo buteye impungenge. Inkuru irambuye...
Kinyarwanda
English










