Musanze: Mu ishuri rikuru rya Polisi ba ofisiye bakuru barangije amasomo yo ku rwego rwo hejuru mu miyoborere
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 25 Kamena nibwo ba Ofisiye bakuru mu nzego z?umutekano 32 basoje amasomo bari bamazemo umwaka mu ishuri rikuru rya Polisi y?u Rwanda (NPC) riherereye mu Karere ka Musanze. Muri aba ba Ofisiye 32, 25 ni abanyarwanda abandi 7 bagiye baturuka mu bihugu bya Africa nka Sudani y?Epfo, Kenya, Somalia na Namibia. Inkuru irambuye...
Sudani y?Epfo: Itsinda ry?abapolisi b?u Rwanda basoje ubutumwa bw?umuryango w?abibumbye
Itsinda ry?abapolisi b?u Rwanda bari mu butumwa bw?umuryango w?abibumbye bugamije kubungabunga amahoro mu gihugu cya Sudani y?Epfo (RWAFPU-2) basoje ubutumwa bari bamazemo igihe muri iki gihugu. Aba bapolisi bagarutse mu Rwanda kuri uyu wa Gatanu tariki ya 25 Kamena nyuma yo gusoza inshingano z?akazi muri iki gihugu cya Sudani y?Epfo. Inkuru irambuye...
COVID-19: Polisi irakangurira abantu kubahiriza amabwiriza mashya uko yakabaye
Ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbera tariki ya 21 Kamena inama y?abaminisitiri iyobowe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika yarateranye ishyiraho amabwiriza mashya abaturarwanda bagomba kubahiriza mu rwego rwo kwirinda icyorezo cya COVID-19. Amwe muri ayo mabwiriza ni uko Ingendo zibujijwe guhera saa moya (19h00) za nijoro kugeza saakumi (04h00) za mu gitondo. Inkuru irambuye...
Kicukiro: Abantu 14 barimo uwanduye COVID-19 Polisi yabafatiye muri Sauna
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 26 Kamena ahagana saa munani z?amanywa nibwo Polisi y?u Rwanda ikorera mu Mujyi wa Kigali yafashe abantu 13 bari muri Sauna n? undi umwe ufite ubwandu bwa COVID-19 wari muri resitora ifatanye na Sauna. Bafatiwe mu Karere ka Kicukiro mu Murenge wa Nyarugunga. Bafashwe mu gihe amabwiriza y?inama y?abaminisitiri ya tariki ya 21 Kamena avuga ko ibikorwa bya Sauna na Massage bitemewe. Inkuru irambuye...
COVID-19:Polisi yerekanye abafashwe bitabiriye ibirori by'amasakaramentu byabereye mu rugo
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki ya 21 Kamena Polisi ku kicaro cya Polisi mu Karere ka Nyarugenge yerekanye uwitwa Nizeyimana Jean Marie Vianney n?abatumirwa be 11. Bari bitabiriye ibirori by?abana be babiri baherukaga guhabwa amasakaramentu,ubusanzwe Nizeyimana n?abatumirwa be batuye mu Karere ka Kamonyi mu Murenge wa Runda mu Kagari ka Ruyenzi ari naho bafatiwe. Inkuru irambuye...
Police HC yegukanye igikombe cy?irushanwa ryo kwibuka abazize Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994
Ikipe ya Polisi y?u Rwanda ikina umukino w?amaboko wa Handball, Police Handball Club kuri iki cyumweru tariki ya 20 Kamena yegukanye igikombe cy?irushwanwa ryo kwibuka abazize Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994. Ni igikombe yatwaye nyuma yo gutsinda ikipe ya E.S Kigoma HC ku mukino wa nyuma iyitsinze ibitego 33 kuri 24. Inkuru irambuye...
Karongi: Polisi yafashe magendu ibiro birenga 150 bya caguwa n?ibizingo 14 by?insinga z?amashanyarazi
Muri iki cyumweru dusoje tariki ya 19 na 20 Kamena Polisi y?u Rwanda ikorera mu Karere ka Karongi yafatanye abantu batanu ibicuruzwa bya magendu birimo inkweto, imyenda n?insinga z?amashanyarazi. Byose byinjijwe mu gihugu mu buryo bwa magendu bikuwe mu gihugu cya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, byafatiwe mu Murenge wa Gishyita. Inkuru irambuye...
Kigali: Polisi yafashe abantu 4 bacuruzaga amavuta yangiza uruhu n?uwayakwirakwizaga
Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 25 Kamena abapolisi bo mu ishami rya Polisi y?u Rwanda rishinzwe kurwanya ubucuruzi bwa magendu n?ibindi byaha(ASOC) bafashe uwitwa Rwabuhungu Jean Pierre, Bizimana Janvier, Habimana Pascal na Ndacyayisenga Jean Pierre. Aba bafatiwe mu bice bitandukanye by?umujyi wa Kigali bacuruza amavuta yangiza uruhu azwi ku izina rya Mukorogo. Inkuru irambuye...
Burera: Polisi yatesheje abantu litiro 172 za Kanyanga barimo kugerageza kuzinjiza mu Rwanda
Polisi ikorera mu Karere ka Burera ikomeje ibikorwa byo kuburizamo ibikorwa by?abagerageza kwinjiza mu Rwanda ikiyobyabwenge cya Kanyanga. Tariki ya 18 na tariki 19 Kamena hafashwe litiro 172 za kanyanga zarimo kwinjizwa mu Rwanda zivuye mu gihugu cya Uganda, bamwe mu barimo kuzinjiza barafashwe abandi baracika. Inkuru irambuye...
Kigali:Polisi yerekanye abantu 26 bafashwe batwaye imodoka basinze n'abarengeje amasaha ya nijoro
Kuri iki cyumweru tariki ya 20 Kamena Polisi y'u Rwanda yeretse itangazamakuru abantu 26 bafashwe batwaye imodoka banyoye ibisindisha ndetse bamwe banarengeje isaha ya saa tatu yo kuba bageze aho bataha nk 'uko amabwiriza yo kwirinda COVID-19 abivuga. Igikorwa cyo kubereka itangazamakuru cyabereye ku kicaro cya Polisi mu Karere ka Nyarugenge mu Murenge wa Rwezamenyo.Bariya bantu bafashwe kuva tariki ya 16 kugeza tariki ya 19 Kamena. Inkuru irambuye...
Kayonza: Polisi yafashe uwari ugiye gukwirakwiza ibiro 30 by?urumogi mu baturage
Mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 23 Kamena Polisi y?u Rwanda ikorera mu Karere ka Kayonza mu Murenge wa Ndego kubufatanye n?izindi nzego z?umutekano bafashe Bizabalimana Cleophas w?imyaka 27 ahetse kuri moto ibiro 30 by?urumogi yari agiye gukwirakwiza mu baturage bo mu Murenge wa Kabarondo. Uyu akaba aje akurikira abandi bane nabo bafashwe k?umunsi w?ejo kuwa Kabiri muri uwo Murenge mu Kagari kamwe. Inkuru irambuye...
Kinyarwanda
English










