DIGP Namuhoranye yahaye impanuro abapolisi b?u Rwanda bagiye mu gihugu cya Mozambique
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 09 Nyakanga nibwo umuyobozi wa Polisi wungirije ushinzwe ibikorwa, DIGP/OPs Felix Namuhoranye yahaye impanuro abapolisi b?u Rwanda barenga 300 bagiye mu butumwa bw?akazi mu gihugu cya Mozambique. Ni igikorwa cyabereye mu kigo cya Gisirikare giherereye mu Karere ka Gasabo ahazwi nk?i Kami. Inkuru irambuye...
Ikiciro cya Kabiri cy?abapolisi b?u Rwanda berekeje muri Mozambique
Itsinda ry?abapolisi b?u Rwanda 160 kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 10 Nyakanga berekeje mu gihugu cya Mozambique aho bagiye mu kazi k?umutekano mu Ntara ya Cabo Delgado. Aba bapolisi bahagurutse ku kibuga mpuzamahanga cy?indege cya Kigali (KIA) mu byiciro 4 buri kiciro kigizwe n?abapolisi 40. Aba biyongereye ku bandi 40 bagiye ejo tariki ya 09 Nyakanga 2021. Inkuru irambuye...
Sudani y?Epfo: Abapolisi b?u Rwanda bari mu butumwa bwo kubungabunga amahoro bitwaye neza mu isabukuru yo kwigenga
Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 09 Nyakanga Igihugu cya Sudani y?Epfo cyateguye irushanwa ryo gusiganwa ku maguru, ni irushunwa ry?amahoro (Peace Marathon). Iri rushanwa ryateguwe mu rwego rwo kwizihiza isabukuru y?imyaka 10 iki gihugu kibonye ubwigenge. Irushanwa ryabereye i Malakal, abapolisi b?u Rwanda bari muri iki gihugu mu butumwa bw?umuryango w?abibumbye bwo kubungabunga amahoro bararyitabiriye ndetse bitwara neza. Inkuru irambuye...
Gishari: Abapolisi 30 batangiye amahugurwa yo gutwara moto zifashishwa mu gucunga umutekano
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 06 Nyakanga mu ishuri rya Polisi riherereye mu Karere ka Rwamagana mu Murenge wa Gishari (PTS-Gishari) hatangijwe amahugurwa y?abapolisi 30 baturutse mu ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda, abo mu ishami rishinzwe guherekeza abanyacyubahiro (VIP) ndetse n?abo mu ishami rishinzwe ikinyabupfura (PDU). Aya mahugurwa azamara ibyumweru bitatu, aho bazaba bahabwa ubumenyi mu gukoresha za moto zifashishwa mu gucunga umutekano cyane cyane uwo mu muhanda. Inkuru irambuye...
Burera: Polisi yafashe litiro 329 za kanyanga n?ibiro 10 by?urumogi byinjizwaga mu Rwanda
Tariki ya 3 Nyakanga na tariki ya 4 Polisi y?u Rwanda ikorera mu Karere ka Burera ifatanyije n?izindi nzego z?umutekano n?abaturage bafashe litiro 329 za kanyanga n?ibiro 10 by?urumogi byarimo kwinjizwa mu Rwanda biva mu gihugu cya Uganda. Byagiye bifatirwa mu mirenge itandukanye igize Akarere ka Burera ndetse na bamwe mu babyinjizaga barafatwa. Inkuru irambuye...
Nyarugenge: Polisi yaburijemo ibirori byari byateguwe n?urubyiruko rwarenze ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19
Ku mugoroba wa tariki ya 04 Nyakanga Polisi ikorera mu Karere ka Nyarugenge yafashe urubyiruko rw?abasore n?inkumi 19 bari bateguye ibirori by?isabukuru y?amavuko ya mugenzi wabo. Babiteguye barenze ku mabwiriza yo kurwanya icyorezo cya COVID-19, bafatiwe mu Karere ka Nyarugenge mu Murenge wa Rwezamenyo. Inkuru irambuye...
Karongi: Polisi yafashe abantu babiri bamburaga abaturage biyita abasirikare
Ku mugoroba wa tariki ya 06 Nyakanga abapolisi bakorera mu Karere ka Karongi bafashe uwitwa Niyoyita Jean Pierre w?imyaka 28 na Ntambara Fred w?imyaka 48, bafashwe bamaze kwambura abaturage amafaranga y?u Rwanda ibihumbi 55 biyita abasirikare nyamara barirukanywe mu ngabo z?u Rwanda. Bafatiwe mu Karere ka Karongi, Umurenge wa Bwishyura, Akagari ka Nyarusazi, Umudugudu wa Bwishyura. Inkuru irambuye...
Iburasirazuba: Abashoferi 4 bafashwe barimo kuvana abagenzi muri Kigali babajyana mu Ntara
Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 07 Nyakanga Polisi y?u Rwanda ku biro bya Polisi mu Karere ka Rwamagana yeretse itangazamakuru abashoferi bane batwara abagenzi mu modoka ntoya. Bafashwe barimo kuvana abantu mu Mujyi wa Kigali babajyana mu turere two mu Ntara y?Iburasirazuba.
Bafashwe kuri uyu wa Kabiri tariki ya 06 Nyakanga bafatanwa abagenzi 14, bafatiwe mu Karere ka Rwamagana mu Murenge wa Mwurire mu Kagari ka Ntunga. Abagenzi bamwe bajyaga mu Karere ka Rwamagana, Kayonza, Gatsibo na Nyagatare. Inkuru irambuye...
Nyanza: Abantu 41 bafashwe barenze ku mabwiriza yo kurwanya COVID harimo n?abashinze akabari mu ishyamba
Polisi y?u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyanza k'ubufatanye n?Izindi nzego z?umutekano n'abayobozi mu nzego z?ibanze bafashe abantu 41 barenze ku mabwiriza yo kurwanya ikwirakwira rya COVID-19. Muri aba bantu 41 harimo 19 bafatiwe mu ishyamba barahahinduye akabari, bafashwe tariki ya 07 na tariki ya 08 Nyakanga. Inkuru irambuye...
Huye: Polisi yafashe abacyekwaho kwiba amafaranga y?umuturage bamaze kumusindisha
Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 06 Nyakanga Polisi y?u Rwanda ikorera mu Karere ka Huye mu Murenge wa Huye k'ubufatanye n?abaturage bafashe abantu batatu bari bamaze ibyumweru bibiri bashakishwa bacyekwaho kwiba umuturage amafaranga nyuma yo kumusindisha.
Abafashwe ni Mutesi Grace w?imyaka 24, Iradukunda Elyse w?imyaka 21 na Uzabintwari Jean de Dieu w?imyaka 27 bafashwe nyuma yo gucyekwaho kwiba amafaranga y?u Rwanda ibihumbi 300,000 kuri telefoni y?uwitwa Hategekimana Daniel w?imyaka 40. Inkuru irambuye...

Kinyarwanda
English









