Trending Now
#

POLISI Y'U RWANDA

Serivisi - Kurinda - Ubunyangamugayo

#

INCAMAKE Y'AMAKURU Y'INGENZI YATAMBUTSE KU RUBUGA RWA POLISI MU CYUMWERU DUSOJE

Polisi iributsa abantu ko amabwiriza mashya yo kwirinda COVID-19 atangirana na tariki ya 08 Gashyantare agomba kubahirizwa uko yakabaye

Nk’uko inama y’Abaminisitiri iherutse kubyemeza, guhera kuri uyu wa mbere tariki ya 8 Gashyantare 2021 kugeza tariki ya 22 Gashyantare 2021 mu gihugu haratangira kubahirizwa amabwiriza mashya ajyanye no gukomeza gukumira ikwirakwira rya COVID-19. Aya mabwiriza aje nyuma y’aho Umujyi wa Kigali wari umaze ibyumweru bitatu uri muri gahunda ya Guma mu rugo.  Inkuru irambuye...

Kigali: Polisi yafatiye abantu 129 mu tubari no mu nyubako yatangaga serivisi za Sauna na Massage

Ku mugoroba  kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 13 Gashyantare Polisi y’u Rwanda ikorera mu Mujyi wa Kigali yafashe abantu 129 bari mu tubari abandi bari mu nyubako itanga serivisi za Sauna na Massage. Mu Karere ka Gasabo mu Murenge wa Gatsata mu Kabari kitwa Zebra Guest House and Bar hafatiwe abantu 19 barimo kunywa inzoga, mu kabari kitwa Shukuru  Hospitality hafatiwe abantu 9 naho mu kabari kitwa Kilimanjaro hafatiwe abantu 28, ni mu gihe i Gacuriro abantu 10 bafatiwe mu rugo rw’umuturage bari mu birori basabanye barimo kunywa inzoga.  Mu Murenge wa Muhima mu Karere ka Nyarugenge (Nyabugogo) mu kabari  kitwa Kirabo Bar hafatiwe  abantu 47.  Inkuru irambuye...

Gasabo: 11 bafatiwe mu rugo rw’umuturage yari yararugize akabari

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 12 Gashyantare ahagana saa mbiri n’igice za  nijoro nibwo abapolisi basanze abantu 11 mu rugo rwa Bazatsinda Bonfils barimo kunywa inzoga baranze ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19.  Bafatiwe mu Karere ka Gasabo, Umurenge wa Jali mu Kagari  k’Agateko. Bazatsinda aremera ko abo bantu harimo abari baje kumusura bisanzwe n’abandi bari baje iwe kunywa inzoga mu buryo bwo kuzigura nk’akabari  ngo  nk’uko amaze  igihe abikora mu rwego rwo gushaka amafaranga.  Inkuru irambuye...

Nyabihu : Polisi y’u Rwanda yatwitse ibiyobyabwenge byiganjemo urumogi

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 12 Gashyantare mu Karere ka Nyabihu Polisi ifatanyije n’izindi nzego batwitse ibiyobyabwenge biherutse gufatirwa muri aka Karere. Hatwitswe ibiro 419 by’urumogi na litiro 10 z’ikiyobyabwenge cya Kanyanga byatwikiwe mu Murenge wa Bigogwe, mu Kagari ka Rega mu Mudugudu wa Kariyeri.  Inkuru irambuye...

Polisi yerekanye abacyekwaho gukoresha impapuro mpimbano bakambura abacuruzi

Ku cyicaro cya Polisi mu Mujyi wa Kigali giherereye mu Karere ka Gasabo mu Murenge wa Remera  kuri uyu wa Kane tariki ya 11 Gashyantare  Polisi y’u Rwanda  yeherekaniye abagabo batatu bacyekwaho gukoresha impapuro mpimbano(inyemezabwishyu) mu kwambura abacuruzi. Abafashwe ni Nziyomaze Dieudonne ufite imyaka 36, Ntezimana Jean Claude ufite imyaka 36 na Nzahoranimana Jean Damascene ufite imyaka 46. Inkuru irambuye... 

Kayonza: Babiri bafashwe bamaze kwica inyamaswa yo mu bwoko bw’Impala

Mu gicuku saa saba z’ijoro tariki ya 06 Gashyantare, abapolisi bakorera mu Karere ka Kayonza mu Murenge wa Murundi  bafashe abahigi babiri aribo Nizeyimana Faustin w’imyaka 18 na Habiyaremye Theobas w’imyaka 25 abandi babiri babashije gucika. Bafashwe barimo guhiga inyamanswa bafatwa bamaze kwica iyo mu bwoko bw’Impala, bafatiwe mu Kagari ka Buhabwa mu Mudugudu wa Gakoma.  Inkuru irambuye...

Rubavu: Abantu 80 bafatiwe mu kabari barenze ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19 banywa inzoga

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 09 Gashyantare  ahagana ku isaha ya   saa cyenda n’igice  Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Rubavu mu Murenge wa Gisenyi yafatiye abantu  80 mu kabari kamwe barimo kunywa inzoga barenze ku mabwiriza yo kurwanya ikwirakwira rya COVID-19.  Bafatiwe mu kabari  kazwi ku izina rya SAGA BAY gaherereye ahitwa Tam Tam ku nkengero z’ikiyaga cya Kivu mu Kagari ka  Nengo, Umurenge wa Gisenyi.  Inkuru irambuye...

Polisi yerekanye uwafashwe arimo kwinjiza mu Rwanda ibiro 20 by’urumogi

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 09 Gashyantare ku cyicaro cya Polisi mu Mujyi wa Kigali i Remera  Polisi yaherekaniye uwitwa Mpiirirwe Herbert wafatiwe mu Karere ka Burera mu Murenge wa Kivuye. Yafashwe kuri uyu wa mbere tariki ya 08 Gashyantare afatanwa umufuka wuzuyemo urumogi ibiro 20.  Inkuru irambuye...

Gisagara: Polisi yafashe ucyekwaho kwiba moto ya mugenzi we

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Gisagara kuri uyu wa Mbere tatiki ya  8 Gashyantare yafashe moto ifite ibirango RE882Y yari yibwe uwitwa Mugenzi Mayisha ufite imyaka 21 wari usanzwe akora akazi ko gutwara abantu n’ibintu kuri Moto (motari). Moto yafatanwe uwitwa Ntirandekura Egide ufite imyaka 29, afatirwa mu Murenge wa Gikonko mu Kagari ka Mbogo mu Mudugudu wa Bukorota.  Inkuru irambuye...

Rutsiro: Hatwitswe urumogi rwafatiwe mu bikorwa bya Polisi y'u Rwanda

Muri iki cyumweru dusoza Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Rutsiro Umurenge wa Gihanga k'ubufatanye n'Urwego rushinzwe ubushinjacyaha mu Karere ka Rutsiro n'Urwego rushinzwe ubugenzacyaha(RIB) muri aka Karere batwitse urumogi rungana n’udupfunyika ibihumbi 6, 501 tw'urumogi.  Inkuru irambuye...