Trending Now
#

POLISI Y'U RWANDA

Serivisi - Kurinda - Ubunyangamugayo

#

INCAMAKE Y'AMAKURU Y'INGENZI YATAMBUTSE KU RUBUGA RWA POLISI MU CYUMWERU DUSOJE

KIGALI: Abatwara abagenzi kuri moto basabwe kuvugurura imikorere birinda amakosa yo mu muhanda

Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 30 Mata, Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali n’ Ikigo cy'Igihugu gishinzwe kugenzura imikorere y'inzego zimwe z'imirimo ifitiye Igihugu akamaro (RURA), bagiranye inama n’abatwara moto mu Mujyi wa Kigali yari igamije kubibutsa kunoza umurimo birinda imyitwarire iteza akajagari n’impanuka.

Ni inama yitabiriwe n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ibikorwaremezo, Olivier Kabera, umuyobozi w’Umujyi wa Kigali Samuel Dusengiyumva, Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda (IGP) CG Felix Namuhoranye n'Umuyobozi mukuru wa RURA Evariste Rugigana.  Inkuru irambuye...

U Rwanda rwegukanye imidali 32 mu mikino ya EAPCCO muri Ethiopia

Amakipe y'u Rwanda yegukanye ibikombe bitatu n'imidali 32 irimo 10 ya zahabu, 8 ya silver na 14 ya bronze, mu irushanwa rya 5 ry'imikino ihuza ibihugu bihuriye mu muryango w'ubufatanye uhuza abayobozi bakuru ba Polisi mu Karere k'Afurika y'Iburasirazuba (EAPCCO Games 2025).

Ni irushanwa ryaberaga Addis Abbeba, mu murwa mukuru wa Ethiopia, ryasojwe kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 3 Gicurasi, aho ikipe ya Polisi y'u Rwanda mu mukino wa Handball (Police HC) yegukanye ku nshuro ya kane zikurikiranya umudali wa zahabu, imaze gutsinda ikipe yo muri Ethiopia ibitego 40-22.  Inkuru irambuye...

Polisi y'u Rwanda yasezeye abapolisi 150 baherutse gushyirwa mu kiruhuko cy'izabukuru

Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 3 Gicurasi, Polisi y'u Rwanda yasezeye mu cyubahiro, abapolisi baherutse gushyirwa mu kiruhuko cy'izabukuru.

Abashyizwe mu kiruhuko cy'izabukuru, bose hamwe ni abapolisi 150 barimo ba ofisiye bato 45 na ba su-ofisiye 105.  Inkuru irambuye...

Abarenga 250 basoje amahugurwa ya Ba su-ofisiye i Gishari

Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 30 Mata, mu Ishuri ry’amahugurwa rya Polisi (PTS) riherereye i Gishari mu Karere ka Rwamagana, habereye umuhango wo gusoza amahugurwa ya ba su-ofisiye (NCOs) 251, bari bamazemo igihe kingana n’amezi atanu (5).

Ni amahugurwa y’icyiciro cya 15 yitabiriwe n’abo ku rwego rwa su-ofisiye barimo abapolisi 221 n’abo mu Rwego rw’Igihugu rw’igorora (RCS) 30, mu rwego rwo kubongerera ubumenyi n’ubushobozi mu bijyanye no gucunga umutekano n’ituze rusange, iby’ibanze mu kuzuza inshingano mu kazi gakorerwa ku masitasiyo, imyitwarire ya kinyamwuga n’ibindi bitandukanye.  Inkuru irambuye...

Ba ofisiye biga mu Ishuri rikuru rya Polisi bari mu rugendoshuri mu Misiri

Ba ofisiye bakuru biga mu Ishuri rikuru rya Polisi (NPC) mu Karere ka Musanze, kuri uyu wa Mbere tariki 28 Mata, batangiye urugendoshuri mu gihugu cya Misiri.

Ni urugendoshuri rwitabiriwe n’abagera kuri 35 bakomoka mu bihugu 9 bitandukanye by’Afurika harimo n’u Rwanda, bakurikirana amasomo y’icyiciro cya 13, amara umwaka atangirwa mu ishuri rikuru rya Polisi mu bijyanye n’amahoro no gukemura amakimbirane.  Inkuru irambuye...

Police HC yatangiye imikino ya EAPCCO inyagira ikipe yo muri Kenya

Ikipe ya Polisi y’u Rwanda mu mukino w’intoki wa Handball (Police HC) ibarizwa kuri ubu mu gihugu cya Ethiopia, ahabera irushanwa rihuza amakipe yo mu bihugu bihuriye mu muryango w’ubufatanye uhuza Abayobozi bakuru ba Polisi mu Karere k’Afurika y’Iburasirazuba (EAPCCO), yatsinze kuri uyu wa Kabiri tariki ya 29 Mata, umukino wayo wa mbere wayihuje na General Service Unit ya Polisi ya Kenya.

Ni irushanwa rigizwe n’imikino itandukanye izwi nka EAPCCO Games ryatangiye kuva ku itariki ya 27 Mata, rikaba ryaritabiriwe n’amakipe ya Polisi zo muri aka karere akina imikino itandukanye.  Inkuru irambuye...