Trending Now

Incamake y’amakuru yatambutse k’urubuga rwa Polisi y’u Rwanda mu cyumweru gishize

Polisi y’u Rwanda irizeza abaturarwanda umutekano usesuye mu gihe cy’amatora y’abadepite

Polisi y’u Rwanda iratangaza ko umutekano wifashe neza mu gihugu hose, ikanizeza abaturarwanda gukomeza kuwubungabunga no  muri iki gihe igihugu cyinjiye mu bihe by’amatora y’abadepite; ni ukuvuga mu gihe cyo kwiyamamaza no ku munsi w’itora nyizina.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda Commissioner of Police (CP) Theos Badege yavuze ko Polisi y’u Rwanda initeguye gucunga umutekano no mu bindi bikorwa bijyanye n’amatora harimo guherekeza no kugeza ibikoresho by’amatora  ku biro by’amatora hirya no hino mu gihugu no kubirindira umutekano; ndetse no kubigarura ku cyicaro cya Komisiyo y’igihugu y’amatora (NEC).  Inkuru irambuye 

Rwamagana: Abagore basabwe kugira uruhare mugukumira ihohoterwa rikorerwa mu muryango

Abagore bahagarariye abandi mu makoperative atandukanye kurwego rw’Intara y’iburasirazuba barasabwa gufata iyambere bakarwanya ihohoterwarikorerwa mu muryango kuko ingaruka aribo zigeraho cyane. Inkuru irambuye

Kayonza: Abaturage barasabwa ubufatanye mu kurwanya ibiyobyabwenge n’inzoga z'inkorano

Polisi y’u Rwanda ikorera mukarere ka Kayonza ifatanyije n’inzego z’ibanze, kuwa 15 Kanama, bangije mu ruhame inzonga z’inkorano zigera kuri litiro 850. Iki gikorwa cyabereye mu mirenge ya Murama na Rukara ari naho hafatiwe izi nzoga. Inkuru irambuye

Polisi y’u Rwanda irakangurira abaturage kwirinda ubwambuzi bushukana

Polisi y’u Rwanda irakangurira abaturage  kwirinda icyaha cy’ubwambuzi bushukana kandi  bakagira uruhare mu kuburwanya bayiha amakuru y’ababukora.

Ubu butumwa buje bukurikira ifatwa ry’umugabo witwa Bimenyimana Leopold w’imyaka 42, wafatiwe mu kagari ka Kimisagara, mu murenge wa Kimisagara, mu karere ka Nyarugenge, nyuma yo gutekera umutwe no kwizeza ibitangaza umuturage akamutwara amafaranga y’u Rwanda arenga miliyoni imwe.  Inkuru irambuye 

Rwamagana: Urubyiruko rwo mu madini atandukanye rwasabwe kuba umusemburo wo gukumira ibyaha

Urubyiruko rugera kuri 392 rw’abakobwa rwishyize hamwe rwo mu madini atandukanye, rwaturutse mu Ntara zose; rwasabwe na Polisi y’u Rwanda kuba umusemburo mu kurwanya no gukumira ibyaha. Ubu butumwa babuherewe mu karere ka Rwamagana, mu murenge wa Musha, mu kigo cy’amashuri yisumbuye cyitiriwe Mutagatifu Kizito, ku itariki ya 13 Kanama, aho bateraniye mu ngando yabo y’iminsi ine. Inkuru irambuye 

Umuyobozi wa Polisi yashimiye abakinnyi uko bitwaye mu mikino ya EAPCCO

Nyuma y’aho abakinnyi ba Polisi y’u Rwanda mu mikino itandukanye bitabiriye amarushanwa ahuza Polisi zo mu bihugu byo mu karere k’Uburasirazuba yaberaga mu gihugu cya Tanzaniya bagatwara ibihembo bitandukanye, kuri uyu wa Gatanu taliki ya 17 Kanama, Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda, Inspector General of Police (IGP) Emmanuel K.Gasana yashimiye abakinnyi uburyo bitwaye. Inkuru irambuye