Sudani y’Amajyepfo: Abapolisi b’u Rwanda biganjemo ab’igitsina gore bambitswe imidari
Kuri uyu wa 30 Gicurasi, abapolisi 188 b’u Rwanda biganjemo ab’igitsina gore bari mu butumwa bwo kubungabunga amahoro n’umutekano muri Sudani y’Amajyepfo bambitswe imidari y’ishimwe kubera ubunyamwuga bagaragaza no gukora akazi kabo bashinzwe neza.Inkuru irambuye
Polisi yerekanye abagabo batatu biyitiriraga kuba abapolisi bakambura abaturage
Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 31 Gicurasi Polisi y’u Rwanda ikorera mu mujyi wa Kigali yerekanye abagabo batatu aribo Gasana Steven w’imyaka 36,Ngabonziza Lambert imyaka 47 na Twarabanye Robert imyaka 31 bose bakekwaho kwiyitirira urwego rwa Polisi bakambura amafaranga abaturage babizeza kubashakira impushya zo gutwara ibinyabiziga. Bose bafatiwe mu karere ka Kicukiro mu murenge wa Nyarugunga. Inkuru irambuye
Rwamagana: Umugabo yafashwe abitsa muri banki amayero 2500 y’amiganano
Kuri uyu 30 Gicurasi,Polisi y’u Rwanda ikorere mu karere ka Rwamagana mu murenge wa Kigabiro yafashe Habumugisha Peter ageregeza kubitsa amayero 2500 y’amiganano muri banki ya Kigali(BK) ishami rya Rwamagana.Inkuru irambuye
Rusizi: Imbere y’abaturage hangirijwe urumogi rufite agaciro ka miliyoni 60
Polisi ikorera mu karere ka Rusizi kuri uyu wa 29 Gicurasi yangirije mu ruhame rw’abaturage udupfunyika tw’urumogi ibihumbi magana atatu (300) dufite agaciro ka miliyoni 60 z’amafaranga y’u Rwanda. Inkuru irambuye
Hagiye kujya hifashishwa imashini nto zisuzuma ubuziranenge bw’umwotsi usohorwa n’ibinyabiziga
Polisi y’u Rwanda iri mu nzira zo gushyiraho imashini ntoya zimukanwa zizajya zifashishwa mu gupima ubuziranenge bw’umwotsi usohorwa n’ibinyabiziga hagamijwe kurengera amagara y’abaturage n’ibidukikije.Inkuru irambuye
Ubukangurambaga bwa Gerayo Amahoro bukomereje mu nteko z'abaturage
Ubukangurambaga bw’ibyumweru 52 bwa “Gerayo Amahoro” bugamije gukangurira abakoresha umuhanda kurwanya no gukumira impanuka, kuva aho butangiriye bumaze kugenda butanga umusaruro ugaragara.Inkuru irambuye
Burera: Polisi y’u Rwanda iraburira abantu kwirinda kwishora mu biyobyabwenge
Ni nyuma yuko Polisi ifashe Uwamahoro Apolinaria w’imyaka 38 utuye mu karere ka Burera umurenge wa Rwerere na Muhozi Jean Eric w’imyaka 39 utuye mu karere ka Rulindo umurenge wa Ntarabana bafite litiro 25 za kanyanga n’udupfunyika 200 tw’urumogi.Inkuru irambuye
Kinyarwanda
English











