Polisi y’u Rwanda yakiriye aba-Ofisiye bakuru biga amasomo ahanitse mu by’imiyoborere
Aba-ofisiye bakuru bagera kuri 30 bagize icyiciro cya 7 cy’amasomo ahanitse mu by’imiyoborere nibo bakiriwe na Polisi y’u Rwanda mu muhango wo kwiyakira (dinner), ku cyicaro cy’ishuri rikuru rya Polisi riri mu karere ka Musanze(NPC) ku mugoroba wo kuri uyu wa gatanu tariki ya 21 Kamena. Inkuru irambuye
Kacyiru: Abayobozi b’amakoperative y’abamotari bagiranye inama n’ubuyobozi bwa Polisi
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatanu tariki ya 21 Kamena, ku cyicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru, Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda Commissioner of Police (CP) John Bosco Kabera arikumwe n’Umuyobozi w’Ikigega cyihariye cy’Ingoboka (SGF) Dr. Nzabonikuza Joseph,Umuyobozi w’ishyirahamwe ry’abamotari (FERWACOTAMU) ku rwego rw’igihugu Ngarambe Daniel ndetse n’uhagarariye Yego Ltd Uwamahoro Aline baganirije abayobozi b’amakoperative n’abashinzwe imyitwarire bagera kuri 90 bakorera umwuga wo gutwara abantu kuri moto mu mujyi wa Kigali, babaganiriza kugira uruhare mu bukangurambaga bwa Gerayo Amahoro. Inkuru irambuye
Ruhango: Abanyeshuri basaga 1000 bakanguriwe kurwanya ibiyobyabwenge n’inda ziterwa abangavu
Kuri uyu wa gatatu tariki ya 19 Kamena, abanyeshuri bagera ku 1058 n’abarezi babo 22 bo mu ishuri rya G.S Ruhango Gatorika rihereye muri ako karere bahwawe ikiganiro cyo kurwanya ibiyobyabwenge no kwirinda inda ziterwa abangavu. Inkuru irambuye
Rwamagana: Polisi yagaruje amafaranga yari yibwe umucuruzi wa kompanyi ya MTN
Umusore witwa Nsabimana Silas w’imyaka 27 yafashwe na Polisi ikorera mu karere ka Rwamagana mu murenge wa Gishari kuri uyu wa 19 Kamena, ubwo yari amaze kwiba umukozi wa MTN Uwimana Gaudance w’imyaka 22 ibihumbi 135,000Frw akoresheje telefone.Inkuru irambuye
Icuruzwa ry’abantu icyaha kigira ingaruka mbi k'ugikorewe no kugihugu cye
Uko iterambere rigenda ryiyongera niko ryadukana ibyaha bishya, muri byo harimo n’icuruzwa ry’abantu.Icyaha cy’icuruzwa ry’abantu ntigisanzwe mu muco nyarwanda kuko ubusanzwe umuntu si igicuruzwa, hari benshi mu banyarwanda batanasobanukiwe imiterere y’iki cyaha n’uko gikorwa.Inkuru irambuye
Abatwara abagenzi mu modoka ntoya bongeye gukangurirwa kwirinda gutwara banyoye ibisindisha
Ibi babisabwe mu gitondo cyo kuri uyu wa 18 Kamena, muri gahunda y’ubukangurambaga bw’ibyumweru 52 Polisi y’u Rwanda n’abafatanyabikorwa bayo bari gukora hirya no hino mu gihugu bwa “Gerayo Amahoro” bakangurira abantu bose bakoresha umuhanda kurwanya impanuka zo mu muhanda by’umwihariko uy’umunsi bakaba bakanguriye abashoferi batwara imodoka ntoya kwirinda gutwara banyoye ibisindisha.Inkuru irambuye
Abakoresha umuhanda bafite ruhare ki mu kwirinda impanuka
Mu Rwanda abantu babiri bahitanwa n’impanuka mu minsi 3 gusa, abandi babiri bazikomerekeramo bikomeye buri munsi, aba bahutazwa n’impanuka ni abanyamaguru kurenza ibindi byiciro by’abakoresha umuhanda kandi bahora basabwa kuzirinda no kuzindwa. Inkuru irambuye

Kinyarwanda
English










