Trending Now
#

POLISI Y'U RWANDA

Serivisi - Kurinda - Ubunyangamugayo

#

Incamake y’amakuru yatambutse kurubuga rwa Polisi y’u Rwanda mu cyumweru dusoje

Abatwara ibinyabiziga barakangurirwa guhindura imyumvire ikomeje guteza impanuka mu mihanda

Ishami ry’umuryango   w’abibumbye ryita ku buzima(WHO) rigaragaza ko abantu bagera kuri miliyoni imwe n’ibihumbi 300 bahitanwa n’impanuka zo mu muhanda buri mwaka.Izi mpanuka  ziza ku mwanya wa 8 mu gihitana ubuzima bw’abatuye isi  nyuma y’icyorezo cya SIDA, Igituntu n’izindi. Inkuru irambuye

Abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Centre Africa batanze amazi meza ku baturage

Umutwe w’abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye bugamije kugarura amahoro mu gihugu cya Repubulika ya Centre Africa (MINUSCA), kuri uyu wa 7 Gicurasi watangije igikorwa cy’isuku n’isukura mu mujyi wa Bangui. Inkuru irambuye

Abapolisikazi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo basangije ubunararibonye bagenzi babo bo muri icyo gihugu

Abapolisikazi b’u Rwanda bari m’ubutumwa bw’umuryango w’abibumbye mu gihugu cya Sudani y’Epfo bagiranye inama na bagenzi babo nabo b’abapolisikazi muri icyo gihugu cya Sudani y’Epfo babasangiza ubunararibonye bafite mu kazi ka gipolisi. Inkuru irambuye

Abanyeshuri bo muri Zambia na Zimbabwe basuye ishuri rya Polisi rya Gishari


Abanyeshuri 15 biga ibijyanye no kwimakaza umuco w’amahoro, imiyoborere no gukemura amakimbirane muri Kaminuza ya Zambia-Zimbabwe Open University basuye ishuri rya Polisi rya Gishari mu karere ka Rwamagana bagamije gusangizwa amasomo yigishwa abagiye mu butumwa bwa LONI bugamije kubungabunga amahoro n’umutekano.Inkuru irambuye

Musanze : Aba-Ofisiye bato muri Polisi y’u Rwanda basoje amasomo y’imiyoborere>

Kuri uyu wa 10 Gicurasi aba-ofisiye 29 basoje amasomo y’ibyerekeye imiyoborere bari bamazemo amezi ane (4) mu ishuri rikuru rya Polisi (NPC) rihereye mu Karere ka Musanze mu Ntara y’Amajyaruguru.Inkuru irambuye

Gasabo : Yafashwe agerageza guha umupolisi ruswa

Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Gasabo yafashe umugabo agerageza guha ruswa y'amafaranga 5000 frw umupolisi kugira ngo areke imodoka ye yaramaze gusangana amakosa. mu gihe cyo kuyisuzuma ubuziranenge. Inkuru irambuye

Huye: Umuturage yasubijwe moto ye yari yibwe

Muri iki cyumweru dushoje kuwa 10 Gicurasi Polisi ikorera mu karere ka Huye yafashe abagabo batatu bakekwaho kwiba moto RB 798S ya Habimana Bonaventure yakoreshaga umwuga wo gutwara abagenzi.Inkuru irambuye