Abayobozi ba Polisi mu karere bemeranyije kurwanya ibyaha byambukiranya imipaka
Abayobozi ba Polisi z'ibihugu 7 byo mu karere kuri uyu wa kabiri tariki 25 bashyize umukono kumasezerano y'ubufatanye agamije guhuza imbaraga mu kurwanya ibyaha byambukiranya imipaka. Inkuru irambuye
Abapolisi biga mu ishuri rikuru rya Polisi (NPC) bari mu rugendoshuri mu Bushinwa
Icyiciro cya 7 cy’abapolisi bakuru 30 baturuka mu bihugu 9 bya Afurika biga iby’ubuyobozi mu ishuri rikuru rya Polisi y’u Rwanda (NPC) riherereye mu karere ka Musanze, batangiye urugendoshuri ruzamara icyumweru mu gihugu cy' u Bushinwa, rukaba rugamije kubongerera ubumenyi, bagahuza ibyo bize mu ishuri n’ukuri kw’ibikorerwa aho bazakorera akazi kabo.Inkuru irambuye
Abapolisi basaga 100 bitabiriye igikorwa cyo gutanga amaraso
Kuri uyu wa Gatandatu tariki 27 Mata, ku kicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru habereye igikorwa cyo gutanga amaraso cyateguwe na Polisi kubufatanye n’ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuzima (RBC). Inkuru irambuye
Rwamagana: Ba Imamu b’imisigiti bakanguriwe gukumira ibyaha
Abayobozi b’imisigiti (Imamu) igize I Ntara y’Iburasirazuba mu mpera z’iki cyumweru basoje amahugurwa y’iminsi ibiri bahabwaga mu rwego rwo kubakangurira kugira uruhare mu gukumira ibyaha birimo iterabwoba n’ubutagondwa.Inkuru irambuye
Karongi: Bibukijwe ko bafite inshingano zo gucunga umutekano w'aho bakorera
Batwara abagenzi kuri moto ndetse n'abarobyi bakorera mu kiyaga cya Kivu mu karere ka Karongi basabwe kumva ko umutekano w'aho bakorera ubareba bityo bakwiye kurushaho gukorana n’inzego zitandukanye hagamijwe kurushaho kubahiriza amategeko no gukumira icyahungabanya umutekano. Inkuru irambuye
Rwamagana: Ibiyobyabwenge bifite agaciro gasaga Miliyoni 2 byamenewe mu ruhame
Ibiyobyabwenge nibyo biza ku isonga mu byaha bihungabanya umutekano w’abaturage,Polisi y’u Rwanda ikaba yarahagurukiye kubirwanya kugirango umuturage w’u Rwanda abeho afite ubuzima bwiza kandi afite umutekano usesuye. Inkuru irambuye
Kinyarwanda
English











