Trending Now
#

POLISI Y'U RWANDA

Serivisi - Kurinda - Ubunyangamugayo

#

Incamake y’amakuru yanyuze ku rubuga rwa Polisi mu cyumweru dusoje

Gisagara: Polisi irasaba abaturage kudahishira abakora inzoga zitemewe

Abaturage bo mu karere ka Gisagara barasabwa kudakingira ikibaba  abantu bakora bakanacuruza inzoga zitemwe. Ibi babisabwe kuri uyu wa Gatatu tariki 02 Mutarama 2019 ubwo hamenwaga mu ruhame inzoga zitemewe zigera kuri litiro 1, 680 zo mu bwoko bwa muriture. Soma inkuru irambuye

Gatsibo: Babiri bakurikiranweho ubwambuzi bushukana bw’amafaranga asaga miliyoni 4

Polisi  ikorera  mu karere ka Gatsibo mu murenge wa Kiziguro yafashe Nishyirimbere Boniface w’imyaka 42 na Kanyenzira Adolphe ufite imyaka 40.

Aba bombi bakurikiranweho gushuka  umuturage witwa Niyonsaba Zahara w’imyaka 48, bakamwambura amafaranga 4,200,000 bamubwira ko bagiye kumufatira umujura wibye musaza we  amafaranga ibihumbi 600. Soma inkuru irambuye

Yafashwe yiyita umupolisi agatanga ibyangombwa by’ibihimbano

Tariki ya 03 Mutarama 2019,  Polisi y’u Rwanda ikorera muri gare ya Nyabugogo mu karere ka Nyarugenge yafashe umugabo wakoraga muri Cyber Café-Nyabugogo wiyitaga umupolisi avuga ko akora mu kigo cya Polisi gishinzwe ubuziranenge bw’ibinyabiziga(Control Technique ) maze agaha abashoferi impapuro mpimbano(Vehicle Technical Control). Soma inkuru irambuye

Nyarugenge: Batatu bafashwe bakora amafaranga y’amiganano

Kuri uyu wa  Kana tariki 03 Mutarama 2019 Polisi y’u Rwanda ikorera mu mujyi wa Kigali k’ubufatanye n’abayobozi mu nzego z’ibanze  mu karere ka Nyarugenge mu murenge wa Muhima bazindukiye mu gikorwa  cyo kugenzura amahoteri n’andi mazu acumbikira abantu(Lodges) hagamijwe kureba ko yujuje ibisabwa.Soma inkuru irambuye

Polisi yongeye kwibutsa abacukuzi b’amabuye y’agaciro kujya mu birombe bafite ibyangombwa byuzuye

Ubu butumwa Polisi y’u Rwanda yongeye kubutanga nyuma y’aho kuri uyu wa Kane tariki 03 Mutarama 2019  abantu 9 bo mu murenge wa Rusebeya mu karere ka Rutsiro bakoraga ibikorwa by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu isosiyete izwi nka RETC LTD Mining company bagiye mu kirombe bakaburiramo umwuka.Soma inkuru irambuye

Nyagatare:Babiri bafashwe binjiza mu gihugu inzoga zitemewe

Kuwa Gatanu tariki 04 Mutarama 2019 Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Nyagatere mu murenge wa Rwimiyaga yafashe moto ebyiri  imwe ifite ibiyaranga RE 049H  indi ifite  RD 386V, zari zihetse inzoga zo mu bwoko bwa Zebra Warangi ziri mu mifuka zinjizwa mu Rwanda. Soma inkuru irambuye

Rubavu: Umuturage yafatanwe ibiro 20 by’urumogi abyinjiza mu Rwanda

Uwimana Jean Nepomscene  ufite imyaka 43 niwe wafatiwe mu murenge wa Busasamana mu karere ka Rubavu arimo kwinjiza mu gihugu ibiro 20 by’urumogi. Polisi ikorera muri aka karere yamufashe kuri uyu wa 04 Mutarama 2019 aruhetse kuri moto ifite ibirango RD 263 B. Soma inkuru irambuye