Trending Now
#

POLISI Y'U RWANDA

Serivisi - Kurinda - Ubunyangamugayo

#

INCAMAKE Y’AMAKURU Y’INGENZI YATAMBUTSE KU RUBUGA RWA POLISI Y’U RWANDA MU CYUMWERU DUSOJE

Polisi yasubije umuturage amafaranga ye aherutse gutoragurwa

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki ya 23 Ugushyingo, Polisi y'u Rwanda yasubije umuturage wari wataye amafaranga agatoragurwa n'umupolisi wari mu kazi.

Nyir'aya mafaranga yitwa Uwizeyimana Claudine, yari yayataye tariki ya 12 Ugushyingo hagati y'u muhanda uva kuri Kigali Convention Center (KCC) ugana i Remera. Inkuru irambuye

Nyaruguru: Babiri bafashwe nyuma yo gutega abacuruzi bakabambura

Abaturage bo mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyaruguru mu ijoro rya tariki ya 21 Ugushyingo babashije gutabara umugabo n'umugore bari batezwe igico n'abantu batatu bashaka kubambura ibyo bari bafite.

Muri icyo gikorwa, abaturage bashoboye gufata 2 muri 3 bakekwaho ubwo bujura. Hafashwe uwitwa Rwizibura Eric w'imyaka 37 na Ntawuhiganayo Benoît w'imyaka 41, bakimara kubafata bahise babashyikiriza Polisi y'u Rwanda ikorera muri Sitasiyo ya Polisi ya Nyagisozi. Inkuru irambuye

Nyabihu: Polisi yafashe umumotari atwaye urumogi yaruvanze n'amakara

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki ya 23 Ugushyingo Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyabihu mu Murenge wa Jomba yafashe umomotari witwa Nsengiyaremye Raphael w’imyaka 33, yari ahetse umufuka w'amakara yashyizemo udupfunyika hafi ibihumbi 10 tw'urumogi, uyu mumotari yari atwaye moto ifite pulake RE 221Z. Inkuru irambuye

Amajyepfo: Abaturage barakangurirwa kwicungira umutekano barwanya ubucuruzi bwa magendu

Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 24 Ugushyingo umuyobozi w'Intara y'Amajyepfo ari kumwe n'abayobozi b'inzego z'umutekano zikorera muri iyi Ntara bagiranye inama y'umutekano n'abayobozi n'abaturage bo mu turere twa Nyaruguru mu Murenge wa Ngoma ndetse n'abo mu Karere ka Gisagara mu Murenge wa Nyanza.Inkuru irambuye

Rubavu: Polisi yafashe itsinda ry’abakekwaho gukwirakwiza urumogi

Kuwa Kabiri tariki ya 24 Ugushyingo ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU) rikorera mu Karere ka Rubavu ryafashe itsinda ry’abantu bane bakurikiranweho gukwirakwiza urumogi ahantu hatandukanye.Inkuru irambuye

Gisagara: 42 bafatiwe mu ishyamba basenga barenze ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19

Kuri uyu wa Kane tariki ya 26 ugushyingo Polisi y’u Rwanda ifatanyije n'inzindi nzego z'umutekano zikorera mu Karere ka Gisagara mu Murenge wa Gishubi mu Kagari ka Nyakibungo bafashe abantu 42 barenze ku mabwiriza yo kurwanya ikwirakwira ry'icyorezo cya COVID-19. Aba baturage bafatiwe mu ishyamba rya Leta riri mu Mudugudu wa Banga barimo gusenga mu buryo bunyuranyije n'amabwiriza ya Leta yo kurwanya ikwirakwira rya COVID-19. Inkuru irambuye

Kirehe na Nyabihu: Polisi yafashe ibiro birenga 100 by’urumogi

Polisi y'u Rwanda ikorera mu turere twa Kirehe na Nyabihu yafashe ibiro 102 by’urumogi mu bihe bitandukanye. Mu Karere ka Nyabihu hafatiwe ibiro 30 ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 27 Ugushyingo, naho tariki ya 26 Ugushyingo mu Karere ka Kirehe hafatirwa imifuka ibiri irimo ibiro 72 by’urumogi. Inkuru irambuye