[AMAFOTO]: Kigali: Polisi yerekanye abakekwaho ubufatanye ku cyaha cya ruswa
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki ya 12 Ugushyingo, ku cyicaro cya Polisi ikorera mu Mujyi wa Kigali i Remera, Polisi y’u Rwanda yeretse itangazamakuru abantu batatu bakekwaho ubufatanye mu cyaha cya ruswa binyuze mu gusuzuma ubuziranenge bw'ibinyabiziga mu kigo cya Polisi gishinzwe gusuzuma ubuziranenge bw’ibinyabiziga (MIC), ikigo kizwi nka “Contrôle Technique”.Inkuru irambuye
Nyarugenge: Abamotari barenga 2000 baganirijwe ku ruhare rwabo mu kurwanya ibyaha na COVID-19
Hakurikijwe amabwiriza yo kwirinda ikwirakwira rya COVID-19, kuri uyu wa Gatatu tariki ya 11 Ugushyingo abamotari bakorera mu Karere ka Nyarugenge baganirijwe ku ruhare rwabo mu guhagarika ikwirakwira ry'icyorezo cya COVID-19, Kurwanya impanuka zo mu muhanda no kurwanya ibyaha muri rusange. Aba bamotari banaganirijwe ku ruhare rwabo mu iterambere ry'igihugu n'uko nabo bakwiteza imbere.Inkuru irambuye
Huye: Babiri bafashwe bakekwaho gushaka kwambura umuturage bamuha impapuro bazita amadorali
Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 10 Ugushyingo abapolisi bakorera mu Karere ka Huye bafashe Nteziryayo Charles w'imyaka 40 na Mugiraneza Gregoire w'imyaka 34 bafatanwe imishandiko y'impapuro bagiye kuziha umuturage bamwizeza ko bagiye kumuvunjira mu madorali y’Amerika. Inkuru irambuye
[AMAFOTO]: Kigali: Mu ijoro rimwe abantu 230 bafashwe barenze ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19
Mu ijoro rya tariki ya 07 Ugushyingo rishyira tariki ya 08 Ugushyingo Polisi y'u Rwanda yafashe abantu bagera kuri 230, bamwe bafashwe barimo kunywa inzoga abandi bakoresheje ibirori binyuranyijwe n'amabwiriza yo kurwanya ikwirakwira ry'icyorezo cya COVID-19. Inkuru irambuye
Rubavu: Imodoka itwara abagenzi yafatiwemo amabuye y’agaciro
Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 07 Ugushyingo, ku makuru yatanzwe n’abaturage, mu Kagari ka Busigari mu Murenge wa Cyanzarwe mu Karere ka Rubavu hafatiwe imodoka itwara abagenzi (Taxi voiture) yo mu bwoko bwa Toyota Carina RAB 669T ipakiye ibiro 250 by’amabuye y’agaciro ya magendu yo mu bwoko bwa “Tourmaline". Iyo modoka yari itwawe na Jambo Damascene w’imyaka 45 ari kumwe na Umulisa Angelique w’imyaka 35, bikekwa ko ariwe nyiri amabuye. Inkuru irambuye
Rubavu: Umumotari yafashije Polisi gufata ukekwaho gukwirakwiza urumogi
Muri iki cyumweru dusoje tariki ya 05 Ugushyingo, umumotari ukora umwuga wo gutwara abagenzi kuri moto mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Rubavu, ku mugoroba wa tariki 05 Ugushyingo yatezwe n’uwitwa Manizabayo Oliva w’imyaka 28, amubwira ko amutwara akamugeza mu Murenge wa Kanzenze nawo wo mu Karere ka Rubavu. Inkuru irambuye
Ruhango: Polisi yafashe umwe mu bagize itsinda rikekwaho gukwirakwiza urumogi
Polisi y'u Rwanda ifatanyije n'abayobozi mu nzego z'ibanze, ku mugoroba wa tariki ya 13 Ugushyingo yafashe Simuhuga Elam w'imyaka 50, afite ibiro 3 by'urumogi yakwirakwizaga mu baturage bo mu turere twa Muhanga na Ruhango. Abapolisi bamufatiye iwe mu rugo mu karere ka Ruhango, umurenge wa Ruhango, akagari ka Munini, umudugudu wa Rwezamenyo. Inkuru irambuye
Kinyarwanda
English










