Trending Now
#

POLISI Y'U RWANDA

Serivisi - Kurinda - Ubunyangamugayo

#

INCAMAKE Y’AMAKURU Y’INGENZI YATAMBUTSE KU RUBUGA RWA POLISI Y’U RWANDA MU CYUMWERU DUSOJE

Rubavu: Abantu 74 bafashwe bakora siporo barenze ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19

Polisi ikorera mu karere ka Rubavu ku bufatanye n’abayobozi mu nzego z’ibanze mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 18 Nzeri bafashe urubyiruko 74  barimo gukorera siporo mu muhanda. Urwo rubyiruko nta bwiriza na rimwe ryo kwirinda COVID-19 bari bubahirije, bamwe barimo gukina umupira w’amaguru, abandi barimo gukora imyitozo ngororamubiri bakoranaho.  Bafatiwe mu karere ka Rubavu mu murenge wa Gisenyi mu kagari ka Nengo, bari mu muhanda uri ku nkengero z’ikiyaga cya Kivu. Inkuru irambuye

Nyagatare: Polisi yafashe litiro 92 z’ikiyobyabwenge cya Kanyanga

Mu bikorwa bya Polisi  ikorera mu karere ka Nyagatare mu murenge wa Kiyombe kuri iki cyumweru tariki ya 13 Nzeri yatesheje abantu litiro 87 z’ikiyobyabwenge cya Kanyanga  barimo kuyinjiza mu Rwanda. Aba kandi bari banafite ibibabi ibuhumbi 28 by’itabi ry’igikamba.  Tariki ya 14 Nzeri undi muturage  wo mu murenge wa Rwempasha witwa Maherezo Eric w’imyaka 23 nawe yafatanwe  litiro 5 za Kanyanga.Inkuru irambuye

Rubavu: Umuturage yafatanwe inoti 37 z’amadolari y’amiganano

Ku makuru yatanzwe n’abaturage, Polisi ikorera mu karere ka Rubavu mu murenge wa Gisenyi kuri uyu wa mbere tariki ya 14 Nzeri yafashe Muhawenimana Claire w’imyaka 26, yafatanwe inoti z’ijana 37 z’amadorali y’Amerika y’amahimbano. Inkuru irambuye

Rusizi: Batandatu bakurikiranweho kugurisha imifuka ya sima yubakishwaga amashuri

Tariki ya 15 Nzeri Polisi ikorera mu karere ka Rusizi yafashe abantu batandatu barimo uwitwa Buregeya Theotime w’imyaka 40 akaba ari n’ umuyobozi w’ishuri ryisumbuye rya Muramba (GS Muramba). Bakurikiranyweho kugurisha imifuka 10 ya sima yari igenewe kongera ibyumba by’amashuri muri ririya shuri. Inkuru irambuye

Nyagatare: 27 bafatiwe mu kabari barenze ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19 banywa inzoga z'inkorano

Ku mugoroba wa tariki ya 15 Nzeri nibwo Polisi ikorera mu karere ka Nyagatare mu murenge wa Katabagemo mu kagari ka Rugoma yasanze abantu 27 bicaye mu kabari banywa inzoga z'inkorano. Nubwo barenze ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19 bakanywa inzoga bitemewe, aba bantu barimo kunywa inzoga itujuje ubuziranenge izwi ku izina rya Cungumuntu.Inkuru irambuye

Nyagatare: Umusore yafashwe yinjiza mu Rwanda umufuka wuzuyemo amasashe

Mu ijoro rya tariki ya 17 rishyira tariki ya 18 inzego z’umutekano zikorera mu murenge wa Kiyombe mu karere ka Nyagatare zafashe uwitwa Mugisha Juma w’imyaka 20, yafashwe afite umufuka wuzuyemo amasashe ibihumbi bibiri aje kuyacuruza mu Rwanda. Yafatiwe mu nzira zitemewe zo mu kagari ka  Gataba mu mudugudu wa  Rwagikunengwa mu murenge wa Kiyombe. Inkuru irambuye