Trending Now
#

POLISI Y'U RWANDA

Serivisi - Kurinda - Ubunyangamugayo

#

INCAMAKE Y’AMAKURU Y’INGENZI YATAMBUTSE KU RUBUGA RWA POLISI Y’U RWANDA MU CYUMWERU DUSOJE

Rubavu: Polisi yerekanye itsinda ry'abibaga abaturage ibikoresho byo mu nzu

Kuri uyu wa kabiri tariki ya 18 Kanama Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Rubavu, yerekanye itsinda ry'abantu 10 bakurikiranyweho kwiba abacuruzi  ibikoresho bitandukanye, ni  ibikoresho bafatanwe byiganjemo za televiziyo nini (flat screen) n'amatelefoni, bakaba barabyibaga mu maduka y'abacuruzi mu mujyi wa Rubavu. Mu bujura bwabo bakoreshaga intwaro gakondo zirimo imihoro.Inkuru irambuye

Kigali: Polisi yafashe uwaranguzaga urumogi mu baturage


Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 15 Kanama ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU) ryafashe uwitwa Musabyimana Azerah w'imyaka 38 y'amavuko. Yafatanwe udupfunyika 5,082, akaba yararuranguzaga mu baturage, afatirwa mu karere ka Nyarugenge mu murenge wa Kimisagara mu Kagari ka Kimisagara umudugudu w'amahoro.Inkuru irambuye

Nyagatare: Umushoferi yafatanwe magendu y’amabuye y’agaciro ibiro 350


Ku mugoroba wa tariki ya 19 Kanama  Polisi ikorera mu karere ka Nyagatare mu murenge wa Matimba yafashe uwitwa Twerekane Dieudonne w’imyaka 33. Yari apakiye amabuye y’agaciro yo mu bwoko bwa gasegereti ibiro 350, yari mu modoka yo mu bwoko bwa Toyota Hilux ifite ibirango RAA 208E. Inkuru irambuye

Kirehe: Polisi yafashe abakoraga ibyangombwa by'ibihimbano

Kuri uyu wa mbere tariki ya 17 Kanama Polisi ikorera mu karere ka Kirehe mu murenge wa Nyarubuye mu kagari ka Nyarutunga yafashe abasore babiri bakoraga inyandiko mpimbano. Abazikoraga ni Urimubabo Emmanuel w'imyaka 30 na Hakizimana Jean Baptiste w'imyaka 26, bafashwe nyuma yo gukora ibyangombwa bitangwa n'ikigo cya Leta cy'uburezi (REB), ibyangombwa bigaragaza ko umunyeshuri yarangiye ikiciro rusange cy'amashuri yisumbuye (Tronc Commun).Inkuru irambuye 

Huye: Police yafashe abakoraga inzoga zitemewe


Polisi ikorera mu karere ka Huye mu murenge wa Gishamvu kuri iki cyumweru tariki ya 16 Kanama yafashe uwitwa Ntahomvukiye Etienne w'imyaka 21. Polisi yasanze akorera iwe inzoga zitujuje ubuziranenge zizwi ku izina ry'ibikwangari, yari amaze gukora litiro 1000,  yiteguraga kujya kuziranguza ku isoko. Undi iwe hafatiwe litiro 250 ndetse n'ibikoresho yifashishaga akora ikiyobyabwenge cya Kanyanga, gusa yaracitse arimo gushakishwa. Inkuru irambuye