Polisi irongera gukangurira abaturarwanda kutadohoka ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19
Polisi y'u Rwanda irashimira abaturarwanda bakomeje kugaragaza uruhare rwabo mu bikorwa byo kurwanya ikwirakwira rya koronavirusi harimo abatanga amakuru, abubahiriza amabwiriza uko bisabwa ndetse n'urubyiruko rw'abakorerabushake bafasha Polisi mu kugenzura iyubahirizwa ryayo. Inkuru irambuye
Rusizi: 24 bafatiwe mu mashyuza bari mu masengesho anyuranyije n’amategeko
Mu rukerera rwo kuri uyu iki cyumweru tariki ya 9 Kanama Polisi ikorera mu karere ka Rusizi mu murenge wa Nyakabuye mu kagari ka Mashyuza Polisi yahafatiye abantu 24 barimo gusenga binyuranyijwe n’amategeko. Aba bantu bari bananyuranyije n’amabwiriza yo kurwanya icyorezo cya COVID-19, bari abikirisitu bo mu madini n’amatorero atandukanye. Inkuru irambuye
Polisi ikomeje gukangurira abaturage kubahiriza amabwiriza ikoresheje Moto
Kuva icyorezo cya COVID-19 cyatangira kugaragara mu Rwanda muri Werurwe tariki ya 14 Polisi y’u Rwanda yagiye ikorana n’izindi nzego za Leta mu gukangurira abaturarwanda kwirinda Koronavirusi. Muri Mata Polisi yifashishije imodoka ndetse n’indege zitagira abapilote (Drones) zifite indangururamajwi zinyura mu nsisiro n’ahandi hantu hahurira n’abantu benshi mu bice bitandukanye mu mujyi wa Kigali ibakangurira kubahiriza amabwiriza ya Leta mu kwirinda COVID-19. Inkuru irambuye
Nyamasheke: Babiri bafatanwe imifuka ya sima yubakishwaga ibyumba by’amashuri
Ku makuru yatanzwe n’abaturage, kuri iki cyumweru tariki ya 10 Kanama, Polisi ikorera mu karere ka Nyamasheke mu murenge wa Shangi yafashe Karangwa Sylver w’imyaka 60 na Ndayisabye Fidele w’imyaka 32 bafatanyije kwiba imifuka ine ya sima yakoreshwaga mu bikorwa byo kubaka ibyumba by’amashuri abanza ya Mataba. Inkuru irambuye
RBC yakoze igikorwa cyo gusuzuma COVID-19 abarenze ku isaha ya saa tatu z'ijoro
Ikigo cy'igihugu cy'ubuzima mu Rwanda (RBC) mu ijoro rya tariki ya 13 Kanama cyakoze igikorwa cyo gusuzuma abantu barengeje amasaha yo kugera mu ngo zabo harebwa ko nta bwandu bwa koronavirusi bafite. Inkuru irambuye
Rubavu: Polisi yafashe inzoga za magendu zinjijwe mu gihugu
Ku bufatanye n’abaturage bo mu karere ka Rubavu mu murenge wa Gisenyi mu kagari ka Bugoyi, mu rukerera rwa tariki ya 13 Kamana mu rugo rw’umuturage witwa Nyiransengiyumva Asia w’imyaka 32 Polisi yahafatiye amoko y’inzoga zitandukanye zavuye mu gihugu cya Repeubulika iharanira Demokarasi ya Congo zizanwa mu Rwanda mu buryo bwa magendu. Inkuru irambuye
Amajyepfo: Abaturage bafatiwe mu bikorwa by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bitemewe ndetse banakoreshamo abana bato
Polisi ikorera mu turere twa Muhanga na Ruhango yakoze igikorwa cyo kurwanya abantu bacukura amabuye y’agaciro binyuranyijwe n’amategeko, n’igikorwa cyabaye kuri uyu wa Kabiri tariki ya 11 Kanama. Inkuru irambuye
Gatsibo: 23 bafatiwe mu nzu barimo gusenga barenze ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19
Ku makuru yatanzwe n’abaturage kuri uyu wa Kabiri tariki ya 11 Kanama, Polisi ikorera mu karere ka Gatsibo yafashe abantu 23 bari mu rugo rwa Gasigwa Jean de Dieu barenze ku mabwiriza ya Leta yo kurwanya ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19. Cyakora Gasigwa we yari yaraye ku kazi ahubwo hari umugore we witwa Uwizeye Liberatha w’imyaka 30, bafashwe saa tatu z’ijoro bafatirwa mu murenge wa Kiramuruzi mu kagari ka Gakenke mu mudugudu wa Akarusisi. Inkuru irambuye
Kigali: Polisi yafashe uruhererekane rw'abakwirakwizaga urumogi
Kuri uyu wa Kane tariki ya 13 Kanama ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU) ryakoze igikorwa cyo kurwanya gufata abakwirakwiza ibiyobyabwenge mu mujyi wa Kigali. Muri icyo gikorwa Polisi yafashe itsinda ry'abakwirakwizaga urumogi, bafatanwa udupfunyika ibihumbi 13, 200 n'ibiro 10 by'urumogi. Inkuru irambuye
Kinyarwanda
English











