Polisi irakangurira abaturarwanda kubahiriza amabwiriza mashya yo kurwanya COVID-19
Polisi y'u Rwanda irasaba abatwara abagenzi kuri moto n'abagenzi muri rusange kubahiriza amabwiriza yo kwirinda Koronavirusi bibutswa ko ingendo zitemewe. Itangazo ryaturutse mu biro bya Minisitiri w'intebe ryasohotse mu ijoro ryo kuri iki cyumweru tariki ya 31 Gicurasi ryahinduye ibyari biherutse gutangazwa mu nama y'abaminisitiri iherutse kuba, umwanzuro wavugaga ko abamotari ndetse n'ingendo zihuza intara n'umujyi wa Kigali zagombaga gusubukurwa kuri uyu wa mbere tariki ya 01 Kamena 2020. Inkuru irambuye
Hakajijwe ingamba zo kurinda COVID-19 abari mu butumwa bwo kubungabunga amahoro
Abapolisi b'u Rwanda bari mu butumwa bwo kubungabunga amahoro mu gihugu cya Sudani y'Epfo bakomeje kuzuza inshingano zabo zo kurinda amahoro muri iki gihugu ari nako bakomeza kubahiriza amabwiriza y'ishami ry'umuryango w'abibumbye ryita ku buzima (OMS), amabwiriza ajyanye no kwirinda Koronavirusi. Inkuru irambuye
Turakangurira abaturarwanda kugera iyo bajya amahoro birinda COVID-19- CP Kabera
Nk’uko byatangajwe mu itangazo ryashyizwe ahagaragara nyuma y'inama y'abaminisitiri yo ku wa 02/06/2020. Guhera kuri uyu wa Gatatu tariki ya 03 Kamena 2020 Moto ziratangira gutwara abagenzi ndetse n’ ingendo hagati y’Intara zitandukanye no mu mujyi wa Kigali zirasubukurwa. Cyakoze izi ngendo ntizireba abatuye mu karere ka Rusizi n’akarere ka Rubavu, nta ngendo zemewe zijya cyangwa ziva muri utu turere. Inkuru irambuye
Ruhango: Polisi yafashe Toni zirenga 2 z’amabuye y’agaciro
Ku makuru yaturutse mu baturage, Polisi ikorera mu karere ka Ruhango mu murenge wa Kinihira mu kagari ka Gitinda mu mudugudu wa Muremure yafashe abagabo babiri bafite ibiro ibihumbi 2,800 by’amabuye y’agaciro yo mu bwoko bwa Berire. Abayafatanwe bayaguraga mu buryo bunyuranyijwe n’amategeko, abafashwe ni Iradukunda Adrien w’imyaka 27 na Ndiroreye Gilbert w’imyaka 48, bafashwe tariki ya 01 Kamena. Inkuru irambuye
COVID-19: Polisi iraburira abajya gutega mu mikino y'amahirwe n'abamotari barenga ku mategeko
Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 06 Kamena Polisi y'u Rwanda yerekanye abasore 7 harimo 6 batafitiwe mu bikorwa by'imikino y'amahirwe n'undi umwe ukora akazi ko gutwara abagenzi kuri moto akaba yakoreshaga umuti wo gukaraba utujuje ubuziranenge.Inkuru irambuye
Huye: Polisi yafashe ibicuruzwa bya magendu birimo insinga z’amashanyarazi
Ibicuruzwa byafashwe ni insinga z’amashanyarazi ibizingo icumi ndetse n’iminzani icumi ipima imyaka. Polisi yabifatanye uwitwa Uyisenga Marie Jeanne ufite imyaka 37, yafashwe mu ijoro rya tariki ya 31 Gicurasi afatirwa mu karere ka Huye mu murenge wa Ngoma.Inkuru irambuye
Rubavu: Polisi yafashe abantu 13 barimo kwangiza ishyamba rya Leta
Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Rubavu mu mirenge ya Kanama na Kanzenze kuri iki cyumweru tariki ya 31 Gicurasi yafashe abantu 13 barimo gutema ibiti mu ishyamba rya Gishwati. 11 muri aba bantu bafatanwe ibiti babyashijemo inkwi abandi 2 bafatanwa imbaho.Inkuru irambuye
Nyarugenge: Umuturage yafatanwe litiro zirenga 2,000 z’inzoga zitujuje ubuziranenge
Ku bufatanye n’abayobozi mu nzego z’ibanze kuri uyu wa Gatatu tariki ya 3 Kamena Polisi yafashe litiro 2,500 z’inzoga zitemewe. Zafatiwe mu rugo rw’umuturage witwa Albert Numviyumukiza w’imyaka 38 wo mu karere ka Nyarugenge mu kagari ka Kiyovu.Inkuru irambuye
Rubavu: Umuturage yafatanwe udupfunyika ibihumbi bitatu tw'urumogi
Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 05 Kamena Polisi y'u Rwanda ikorera mu karere ka Rubavu yafashe umucuruzi w'urumogi, yafatanwe udupfunyika 3000. Uru rumogi rwafatanwe uwitwa Kwizera Bosco ufite imyaka 30, afatirwa mu murenge wa Nyundo mu kagari ka Terimberi. Inkuru irambuye
Kinyarwanda
English











