Indege zidafite abapilote zirimo gutanga umusaruro mu bukangurambaga bwo kurwanya icyorezo cya COVID-19
Muri gahunda yo gukangurira abaturarwanda kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya Koronavirusi, Polisi y’u Rwanda igenda ikoresha uburyo butandukanye igeza ku baturarwanda amabwiriza ya Leta ajyanye no kwirinda iki cyorezo. Abaturage bo mu mujyi wa Kigali baravuga ko ikoreshwa ry’indege zitagira abapilote byagize umumaro ukomeye mu kubagezaho ubutumwa aho bari mu ngo zabo. Inkuru irambuye
COVID-19: Polisi iraburira abahimba ubutumwa bubemerera gukora ingendo
Polisi y’u Rwanda iraburira bamwe mu bantu barimo guhimba cyangwa bagahindura ubutumwa bw’uruhushya rubemerera gukora ingendo za ngombwa muri ibi bihe byo kurwanya icyorezo cya Koronavirusi. Ibi bibaye nyuma y’ubutumwa bwatangiye kugaragara buzengurutswa ku mbuga nkoranyambaga. Inkuru irambuye
Rubavu: Umuturage yafatanwe udupfunyika 900 tw’urumogi
Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere Rubavu mu murenge wa Rubavu mu kagari ka Rukoko ifatanyije n’izindi nzego z’umutekano mu mpera z’icyumweru gishize tariki ya 26 Mata bafashe uwitwa Muhire Honore wari uvuye mu gihugu cya Repubulika ihanira Demokarasi ya Congo (RDC) gukurayo urumogi, yafatanwe udupfunyika 900. Inkuru irambuye
Rulindo: Polisi yafashe uwacuruzaga urumogi n’amasashe
Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Rulindo mu murenge wa Murambi mu kagari ka Gatwa ku mugoroba wa tariki ya 25 Mata yafashe uwitwa Nyirangirente Clarisse w’imyaka 25, yafatanwe udupfunyika 90 tw’urumogi n’amasashe 800. Uyu kandi akaba yarimo gucuruza inzoga muri ibi bihe byo kurwanya icyorezo cya COVID-19. Inkuru irambuye
Kigali: Polisi yafashe litiro 900 z’inzoga zitujuje ubuziranenge
Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 01 Gicurasi Polisi y’u Rwanda ikorera mu mujyi wa Kigali yakoze igikorwa cyo gufata abantu bakoraga inzoga zitemewe n’amategeko. Ni umukwabu wakorewe mu turere twose tugize umujyi wa Kigali uko ari dutatu hakaba harafatiwe litiro 900. Inkuru irambuye
Polisi yafashe abinjizaga mu gihugu amasashe mu buryo bwa magendu
Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Muhanga no mu karere ka Burera kuri uyu wa Gatatu tariki ya 28 Mata yafashe abacuruzi b’amasashe bayinjizaga mu gihugu mu buryo bwa magendu. Mu karere ka Muhanga mu murenge wa Rongi mu kagari ka Karambo hafatiwe amasashe ibihumbi 120 naho mu karere ka Burera mu murenge wa Gahunga mu kagari ka Rwasa hafatirwa imifuka 3 yose yuzuyemo amasashe. Inkuru irambuye
Kinyarwanda
English











