Coronavirus: Polisi irasaba abaturarwanda kubahiriza amabwiriza mashya
Polisi y’u Rwanda iributsa abaturarwanda kubaha no gukurikiza amabwiriza mashya Leta yatanze yo gukomeza kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya Coronavirus (COVID-19). Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 21 Werurwe 2020 nibwo mu biro bya Minisitiri w’intebe hasohotse itangazo rigaragaza amabwiriza mashya agamije gukomeza kurwanya ikwirakwira ry’icyorezo cya Coronavirus. Ni amabwiriza akubiye mu ngingo icumi (10). Inkuru irambuye
Musanze: Abapolisi barenga Ijana batanze amaraso yo gufasha indembe
Abapolisi b’u Rwanda 104 bari kumwe n’abakozi b’urwego rw’igihugu rushinzwe ubugenzacyaha (RIB) kuri uyu wa Kabiri tariki ya 24 Werurwe 2020 bakoze igikorwa cyo gutanga amaraso. Ni igikorwa cyabereye mu ishuli rikuru rya Polisi y’u Rwanda (NPC) riherereye mu karere ka Musanze. Inkuru irambuye
Polisi iributsa abemerewe gutanga serivisi kubahiriza amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya Coronavirus
Mugihe hakomeje gahunda yo kurwanya ikwirakwira ry’icyorezo cya Coronavirus, Polisi y’u Rwanda iributsa abantu bemerewe gutanga serivisi zitandukanye nk’abantu bakora mu bigo by’itumanaho babika cyangwa babikuriza abakiliya babo amafaranga kuri telefoni, abakora muri za banki, abacuruza ibiribwa ndetse n’ abaganga. Aba bose barasabwa kwitwararika bakubahiriza amabwiriza akumira ikwirakwira ry’icyorezo cya Coronavirus. Inkuru irambuye
Huye: Abantu 10 bafashwe batema ishyamba rya leta bakaritwikamo amakara
Kuri uyu wa Kane tariki ya 27 Werurwe Polisi y'u Rwanda ikorera mu karere ka Huye yafashe abantu 10 batemaga ishyamba rya Leta ryo mu bisi bya Huye barimo kuritwikamo amakara yo kugurisha. Inkuru irambuye
Coronavirus: Polisi iraburira abakoresha nabi uburenganzira bahawe bwo gutwara abantu
Polisi y'u Rwanda iraburira abashoferi barenga ku mabwiriza ya leta yo gukumira ikwirakwira ry'icyorezo cya Coronavirus, aho bafata imodoka zifite uburenganzira bwo gutwara abakozi babo zibajyana gutanga serivisi z'ingenzi zitahagaritswe nyamara bo bakazikoresha mu bucuruzi bwabo bwite no gutwara abandi bantu bagiye muri gahunda zabo. Inkuru irambuye
Polisi yafashe abantu 12 bacuruzaga inzoga zitemewe n’amategeko
Kuri uyu wa Mbere tariki ya 23 Werurwe, Polisi y’u Rwanda yakoze umukwabu mu turere dutandukanye mu ntara y’Amajyepfo, Iburengerazuba n’Iburasirazuba mu rwego rwo guca inzoga zitujuje ubuziranenge. Muri uyu mukwabu uturere turindwi two muri izi ntara twafatiwemo izi nzoga zitemewe zingana na litiro 1,910 zifatanwa abantu bagera kuri 12. Inkuru irambuye
Polisi yafashe amasashe arenga 7100 mu maduka
Kuri iki Cyumweru, Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Huye na Gakenke yakoze umukwabu wo kugenzura ko amabwiriza yatanzwe na Leta ko utubari ndetse n’amaduka adacuruza ibyo kurya ko yubahirije amategeko yatanzwe mu rwego rwo kwirinda icyorezo cya Coronavirus. Muri icyo gikorwa bamwe mu bacuruzi mu maduka yabo hafatiwe amasashe agera ku 7,164. Inkuru irambuye
Polisi iributsa abaturage ko gukorera siporo hanze y’ingo bitemewe
Polisi y’u Rwanda iributsa abaturarwanda ko nta muntu wemerewe gusohoka mu rugo yitwaje ko arimo gukora siporo. Abashaka gukora siporo baragirwa inama yo kuyikorera mu rugo badasohotse hanze. Inkuru irambuye
Kinyarwanda
English











