Trending Now
#

POLISI Y'U RWANDA

Serivisi - Kurinda - Ubunyangamugayo

#

INCAMAKE Y’AMAKURU Y’INGENZI YATAMBUTSE KU RUBUGA RWA POLISI Y’U RWANDA MU CYUMWERU DUSOJE

Polisi iraburira abashoferi barimo gutwara abantu binyuranyije n’amabwiriza yo kurwanya COVID-19

Polisi y’u Rwanda iraburira bamwe mu batwara ibinyabiziga barimo gukora ibinyuranyije n’amabwiriza yo kurwanya ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19 bakavana abagenzi mu mujyi wa Kigali babakabajyana mu zindi ntara cyangwa bakabinjiza mu mujyi wa Kigali nyamara bitemewe. Inkuru irambuye

Kamonyi: Batandatu bafatiwe mu bikorwa by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bunyuranyijwe n’amategeko

Polisi ikorera mu karere ka Kamonyi mu murenge wa Rukoma ikomeje ibikorwa byo kurwanya abacukura bakanagurisha amabuye y’agaciro mu buryo bunyuranyije n’amategeko. Kuri uyu wa Mbere tariki ya 31 Kanama abantu batandatu barimo uwafatanywe ibiro 280 by’amabuye y’agaciro yo mu bwoko bwa koluta barafashwe.Inkuru irambuye

Polisi na REMA batangiye kugenzura uko amabwiriza yo kurwanya imyuka ihumanya ikirere yubahirizwa


Tariki ya 7 Nzeri hizihizwa umunsi mpuzamahanga wo kugira ikirere gikeye, Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 5 Nzeri Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’ikigo cy’igihugu gishinzwe kurengera ibidukikije (REMA) bakoze igikorwa cy'ubugenzuzi bugamije kureba uko  abatunze ibinyabiziga bubahiriza amabwiriza yo kurwanya imyuka ihumanya ikirere aho basuzumaga ibipimo by’imyotsi iva mu binyabiziga bikoresha mazutu. https://www.police.gov.rw/rw/amakuru/news-detail/?tx_news_pi1%5Bnews%5D=15643&cHash=6cbe2e4c83c6cefb2ace7b724a961cfbInkuru irambuye

COVID-19:Abantu19 bafatiwe mu kabari banywa inzoga


Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 2 Nzeri ku bufatanye n’inzego z’ibanze Polisi yafatiye mu kabari abantu 19 barenze ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19 barimo kunywa inzoga. Ni akabari kitwa Umunara gaherereye mu karere ka Gasabo mu murenge wa Gisozi mu kagari ka Ruhango.Inkuru irambuye

Huye: Polisi n’abafatanyabikorwa bayo bakomeje ubukangurambaga mu kurwanya ikwirakwira rya COVID-19


Polisi ikorera mu karere ka Huye ifatanyije n’abafatanyabikorwa bayo barimo bamwe mu bakozi b’akarere n’imirenge, urubyiruko rw’abakorerabushake, urwego rw’akarere rufasha abaturage mu kwicungira umutekano (DASSO) n’umuryango wa Croix rouge-Rwanda bakomeje ibikorwa byo kugenzura iyubahirizwa ry’amabwiriza yo  kwirinda icyorezo cya COVID-19 ndetse banakangurira abaturage uburyo bwo kukirinda.   Inkuru irambuye

Kirehe: Abantu 118 bafatiwe mu buvumo barimo gusenga barenze ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19

Polisi ikorera mu karere ka Kirehe mu murenge wa Kigina mu kagari ka Rwanteru  yafashe abantu 118 bari  aho bita mu butayu mu masengesho, ni mu gihe nyamara ibyo bakoze byari binyuranyije n’amabwiriza yo kurwanya icyorezo cya COVID-19 kuko bari begeranye cyane kandi basenga barambikanaho ibiganza ndetse ahantu bari bari hashobora kugira ingaruka ku buzima bwabo kuko ni mu ishyamba kandi baba bari munsi y’urutare (Ubuvumo).  Aba bantu bafashwe kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 29 Kanama ku isaha ya saa kumi n’ebyiri z’umugoroba. Inkuru irambuye

Nyanza: umuturage yafatanwe amabalo ane y’imyenda ya caguwa

Kuri iki cyumweru tariki ya 30 Kanama Polisi ikorera mu karere ka Nyanza mu murenge wa Kibirizi yafashe uwitwa Nshimiyimana Alexandre w’imyaka 50, yafatanwe amabalo ane arimo imyenda ya Caguwa ayinjiza mu Rwanda mu buryo bwa magendu.Inkuru irambuye

Rubavu: Babiri bafatanwe ibihumbi 40 by'amafaranga y'amahimbano


Polisi ikorera mu karere ka Rubavu mu murenge wa Mudende mu kagari  ka Nyundo  ku bufatanye n'abaturage yafashe abagendaga bakwirakwiza  amafaranga y'amahimbano.  Abafashwe ni  Nyiramana Providence w'imyaka 36 na Musabimana Pascal w'imyaka 35, bafashwe tariki ya 2 Nzeri  barimo guhaha mu isantire iri mu mudugudu wa Mutura mu kagari ka Nyundo. Inkuru irambuye