COVID-19: Polisi iraburira abarenga ku mabwiriza bahabwa n’abapolisi bari mu kazi
Polisi y’u Rwanda irakangurira abaturarwanda kubahiriza amasaha yashyizweho muri ibi bihe byo kurwanya icyorezo cya COVID-19 ndetse no gukurikiza amabwiriza bahabwa n’abapolisi igihe babafashe barenze ku mabwiriza. Abantu baributswa ko guhera saa tatu z’umugoroba buri muntu agomba kuba yageze iwe mu rugo akongera gusubukura ingendo guhera saa kumi n’imwe za mugitondo.Inkuru irambuye
Polisi yafashe uwarenze ku mabwiriza yo kuryanya COVID-19 anakwirakwiza ibihuha
Kuri iki cyumweru tariki ya 12 Nyakanga Polisi y’u Rwanda yafashe uwitwa Hamuli Ruben w’imyaka 26, akurikiranweho kurenga ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19 aho yafashwe atambaye agapfukamunwa, hanyuma yandika ubutumwa ku rubuga nkoranyambaga rwe rwa Twitter avuga ko yafashwe arengana. Yafatiwe mu karere ka Rubavu mu murenge wa Rubavu.Inkuru irambuye
COVID-19: Polisi iraburira abarenga ku mabwiriza bakigisha gutwara ibinyabiziga
Polisi y’u Rwanda iraburira abantu bafite amashuri yigisha gutwara ibinyabiziga ndetse n’abarimu babo kwirinda gukora iyo mirimo muri ibi bihe byo kurwanya icyorezo cya COVID-19. Polisi iributsa abaturarwanda bose ko ababikora barimo kunyuranya n’amabwiriza ya Leta yo kurwanya ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19. https://www.police.gov.rw/rw/amakuru/news-detail/?tx_news_pi1%5Bnews%5D=15427&cHash=52d04d59714261a79eb7493a469c5885Inkuru irambuye
Rubavu: Hafatiwe uwakaga ruswa abamotari avuga ko yatumwe n’abapolisi
Polisi ikorera mu karere ka Rubavu mu murenge wa Rubavu kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 11 Nyakanga yafashe uwitwa Ndayambaje Janvier w’imyaka 30. Yafatiwe mu cyuho arimo kwakira ruswa ingana n’amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 50, amafaranga yari amaze kwaka umumotari nyuma yo kumubeshya ko yayatumwe n’abapolisi. Inkuru irambuye
Ngororero: Abantu icumi bafatiwe mu bikorwa by’ubucukuzi bw’amabye y’agaciro bunyuranyijwe n’amategeko
Ku bufatanye n’izindi nzego z’umutekano kuri uyu wa mbere tariki ya 13 Nyakanga Polisi ikorera mu karere ka Ngororero mu murenge wa Muhanda mu kagari ka Bugarura yafashe abantu icumi bacukuraga amabuye y’agaciro binyuranyije n’amategeko.umwe muri abo bantu yari afite ikilo kimwe cy’amabuye y’agaciro bari bamaze gucukura. https://www.police.gov.rw/rw/amakuru/news-detail/?tx_news_pi1%5Bnews%5D=15429&cHash=9964503d5b3a70d3289f83d58f6dc688Inkuru irambuye
Gatsibo : 42 bafashwe barenze ku mabwiriza bateranira ahantu basenga
Abantu 42 nibo Polisi yasanze ku musozi basenga, bafashwe tariki ya 17 Nyakanga bafatirwa mu karere ka Gatsibo mu murenge wa Rugarama. Bakaba bari barenze ku mabwiriza ya Leta abuza abantu guteranira ahantu hamwe mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19.Inkuru irambuye
Rubavu: Batatu bashatse gutanga ruswa ngo bambuke umupaka binyuranyijwe n’amategeko
Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 17 Nyakanga inzego z’umutekano zikorera mu karere ka Rubavu mu mirenge ya Gisenyi na Rubavu zafashe abantu batatu bashakaga kuva mu Rwanda bajya mu gihugu cya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (DRC). Aba baturage bamaze gufatwa bagerageje gutanga ruswa ngo abashinzwe umutekano babareke bakomeze bagende. Inkuru irambuye
Usengimana Faustin yerekeje muri Police FC avuye mu ikipe ya Buildcon FC yo muri Zambia
Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 15 Nyakanga ikipe ya Police FC yamaze gusinyisha Usengimana Faustin ukina ku mwanya wa ba myugariro bo hagati, ni amasezerano azamara imyaka ibiri. Usengimana aje asanga abandi bakinnyi batanu iyi kipe iherutse gusinyisha bazayikinira umwaka utaha w’imikino wa 2020-2021. Usengimana Faustin aje avuye mu gihugu cya Zambia aho yakiniraga ikipe yitwa Buildcon FC, akaba yari asoje amasezerano ye muri iyi kipe.Inkuru irambuye
Nyamagabe: Abagabo bane bafashwe bahiga inyamaswa bagerageza gutanga ruswa
Polisi ikorera mu karere ka Nyamagabe kuri uyu wa mbere tariki ya 13 Nyakanga yafashe abantu bane bahigaga inyamaswa mu buhumekero bw’ishyamba rya Nyungwe. Bafashwe bamaze kwica inyamaswa yo mu bwoko bw’ifumberi, bamaze gufatwa bagenzi babo bagerageje guha abapolisi ruswa kugira ngo babarekure. https://www.police.gov.rw/rw/amakuru/news-detail/?tx_news_pi1%5Bnews%5D=15430&cHash=1865446304dde7652d3c27dcb45cfa12Inkuru irambuye
Nyagatare: Bane bafatiwe mu bikorwa by’ubucuruzi bw’ibiyobyabwenge
Polisi ikorera mu karere ka Nyagatare mu murenge wa Rwimiyaga yakoze igikorwa cyo gufata abantu bari mu bikorwa by’ubucuruzi bw’ibiyobyabwenge. Babiri bafatanwe ibiro 4 by’urumogi abandi babiri bari bamaze iminsi bashakishwa kubera kwinjiza mu gihugu ikiyobyabwenge cya Kanyanga. Bose bafashwe kuri uyu wa Kabiri tariki ya 14 Nyakanga, bafatirwa mu tugari twa Kabeza na Rwimiyaga twose two mu murenge wa Rwimiyaga.Inkuru irambuye

Kinyarwanda
English










