Trending Now
#

POLISI Y'U RWANDA

Serivisi - Kurinda - Ubunyangamugayo

#

INCAMAKE Y’AMAKURU Y’INGENZI YATAMBUTSE KU RUBUGA RWA POLISI Y’U RWANDA MU CYUMWERU DUSOJE

COVID-19: Polisi iraburira abarenga ku mabwiriza bahabwa n’abapolisi bari mu kazi

Polisi y’u Rwanda irakangurira  abaturarwanda kubahiriza amasaha yashyizweho muri ibi bihe byo kurwanya icyorezo cya COVID-19 ndetse no gukurikiza amabwiriza bahabwa n’abapolisi igihe babafashe barenze ku mabwiriza.  Abantu baributswa ko guhera saa tatu z’umugoroba buri muntu agomba kuba yageze iwe mu rugo akongera gusubukura ingendo guhera saa kumi n’imwe za mugitondo.Inkuru irambuye

Polisi yafashe uwarenze ku mabwiriza yo kuryanya COVID-19 anakwirakwiza ibihuha


Kuri iki cyumweru  tariki ya 12 Nyakanga Polisi y’u Rwanda yafashe uwitwa Hamuli Ruben w’imyaka 26, akurikiranweho kurenga ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19 aho yafashwe atambaye agapfukamunwa, hanyuma  yandika  ubutumwa  ku rubuga nkoranyambaga rwe rwa  Twitter  avuga ko yafashwe arengana. Yafatiwe mu karere ka Rubavu mu murenge wa Rubavu.Inkuru irambuye

COVID-19: Polisi iraburira abarenga ku mabwiriza bakigisha gutwara ibinyabiziga


Polisi y’u Rwanda iraburira abantu bafite amashuri yigisha gutwara ibinyabiziga ndetse n’abarimu babo kwirinda gukora iyo mirimo muri ibi bihe byo kurwanya icyorezo cya COVID-19. Polisi iributsa abaturarwanda bose ko ababikora barimo kunyuranya n’amabwiriza ya Leta yo kurwanya ikwirakwira  ry’icyorezo cya COVID-19. https://www.police.gov.rw/rw/amakuru/news-detail/?tx_news_pi1%5Bnews%5D=15427&cHash=52d04d59714261a79eb7493a469c5885Inkuru irambuye

Rubavu: Hafatiwe uwakaga ruswa abamotari avuga ko yatumwe n’abapolisi


Polisi ikorera mu karere ka Rubavu mu murenge wa Rubavu kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 11 Nyakanga yafashe uwitwa Ndayambaje Janvier w’imyaka 30. Yafatiwe mu cyuho arimo kwakira ruswa ingana n’amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 50,  amafaranga yari amaze kwaka umumotari nyuma yo kumubeshya ko yayatumwe n’abapolisi. Inkuru irambuye

Ngororero: Abantu icumi bafatiwe mu bikorwa by’ubucukuzi bw’amabye y’agaciro bunyuranyijwe n’amategeko


Ku bufatanye n’izindi nzego z’umutekano kuri uyu wa mbere tariki ya 13 Nyakanga Polisi ikorera mu karere ka Ngororero mu murenge wa Muhanda mu kagari ka Bugarura yafashe abantu icumi bacukuraga amabuye y’agaciro binyuranyije n’amategeko.umwe muri abo bantu yari afite ikilo kimwe cy’amabuye y’agaciro bari bamaze gucukura. https://www.police.gov.rw/rw/amakuru/news-detail/?tx_news_pi1%5Bnews%5D=15429&cHash=9964503d5b3a70d3289f83d58f6dc688Inkuru irambuye

Gatsibo : 42 bafashwe barenze ku mabwiriza bateranira ahantu basenga

Abantu 42 nibo Polisi yasanze ku musozi  basenga, bafashwe tariki ya 17 Nyakanga bafatirwa mu karere ka Gatsibo mu murenge wa Rugarama. Bakaba bari barenze ku mabwiriza ya Leta abuza abantu guteranira ahantu hamwe mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19.Inkuru irambuye

Rubavu: Batatu bashatse gutanga ruswa ngo bambuke umupaka binyuranyijwe n’amategeko

 
Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 17 Nyakanga inzego z’umutekano zikorera mu karere ka Rubavu mu mirenge ya Gisenyi na Rubavu zafashe abantu batatu bashakaga kuva mu Rwanda bajya mu gihugu cya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (DRC). Aba baturage bamaze gufatwa bagerageje gutanga ruswa ngo abashinzwe umutekano babareke bakomeze bagende. Inkuru irambuye

Usengimana Faustin yerekeje muri Police FC avuye mu ikipe ya Buildcon FC yo muri Zambia


Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 15 Nyakanga ikipe ya Police FC yamaze gusinyisha Usengimana Faustin ukina ku mwanya wa ba myugariro bo hagati, ni amasezerano azamara imyaka ibiri. Usengimana aje asanga abandi bakinnyi batanu iyi kipe iherutse gusinyisha bazayikinira umwaka utaha w’imikino wa 2020-2021. Usengimana Faustin aje avuye mu gihugu cya Zambia aho yakiniraga ikipe yitwa Buildcon FC, akaba yari asoje amasezerano ye muri iyi kipe.Inkuru irambuye

Nyamagabe: Abagabo bane bafashwe bahiga inyamaswa bagerageza gutanga ruswa

 
Polisi ikorera mu karere ka Nyamagabe kuri uyu wa mbere tariki ya 13 Nyakanga yafashe abantu bane bahigaga inyamaswa  mu buhumekero bw’ishyamba rya Nyungwe. Bafashwe bamaze kwica inyamaswa yo mu bwoko bw’ifumberi, bamaze gufatwa bagenzi babo bagerageje guha abapolisi ruswa kugira ngo babarekure. https://www.police.gov.rw/rw/amakuru/news-detail/?tx_news_pi1%5Bnews%5D=15430&cHash=1865446304dde7652d3c27dcb45cfa12Inkuru irambuye

Nyagatare: Bane bafatiwe mu bikorwa by’ubucuruzi bw’ibiyobyabwenge


Polisi ikorera mu karere ka Nyagatare mu murenge wa Rwimiyaga yakoze igikorwa cyo gufata abantu bari mu bikorwa by’ubucuruzi bw’ibiyobyabwenge. Babiri bafatanwe ibiro 4 by’urumogi abandi babiri bari bamaze iminsi bashakishwa kubera kwinjiza mu gihugu ikiyobyabwenge cya Kanyanga. Bose bafashwe kuri uyu wa Kabiri tariki ya 14 Nyakanga, bafatirwa mu tugari twa Kabeza na Rwimiyaga twose two mu murenge wa Rwimiyaga.Inkuru irambuye