COVID19: Mbere y’uko abamotari bongera gutwara abagenzi bashyiriweho imirongo migari bazubahiriza
Mu myanzuro y’inama y’abaminisitiri yateranye tariki ya 18 Gicurasi hemejwe ko guhera tariki ya 01 Kamena ingendo zo mu ntara ndetse n’abatwara abagenzi kuri za Moto zizasubukurwa. Ni muri urwo rwego mbere y’uko iyi tariki igera urwego ngenzuramikorere (RURA) kuri uyu wa Gatatu tariki ya 27 Gicurasi rwashyizeho imirongo migari abamotari bagomba kuzubahiriza mu rwego rwo kurwanya ikwirakwira rya Koronavirusi. Inkuru irambuye
COVID-19: Polisi iraburira abarenga ku mabwiriza bagakora ibitaramo
Polisi y’u Rwanda iraburira bamwe mu bantu bakomeje kurenga ku mabwiriza ya Leta ajyanye no kurwanya ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19. Harimo abaherutse gufatwa bakoresheje igitaramo kitubahirije amategeko abandi bafatirwa muri hoteli bari muri Sauna na Massage. Inkuru irambuye
Uruhare rw'umugore mu butumwa bwo kubungabunga amahoro
Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 29 Gicurasi wari umunsi mpuzamahanga wahariwe kuzirikana intumwa z'umuryango w'abibumbye ziri hirya no hino ku Isi mu butumwa bwo kugarura amahoro. Ni umunsi ngarukamwaka, insanganyamatsiko y'uyu mwaka ikaba igira iti "Abagore mu butumwa bwo kubungabunga amahoro: Urufunguzo rw'amahoro." Inkuru irambuye
Polisi irakangurira abanyarwanda kurwanya ibyaha bibera mu mazi
Ubu butumwa Polisi y’u Rwanda yabugeneye abaturarwanda nyuma yo gufata imwe mu mitego itemewe yo mu bwoko bwa Kaningini. Imitego izwiho kwingiza amafi cyane cyane amafi matoya aba agikeneye gukura. Inkuru irambuye
PTS-Gishari abapolisi barenga 500 batanze amaraso
Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 30 Gicuransi mu ishuri ry'amahugurwa y'abapolisi (PTS-Gishari), ishuri riherereye mu karere ka Rwamagana mu murenge wa Gishari abapolisi bo muri iri shuri bakoze igikorwa cyo gutanga amaraso. Ni igikorwa kitabiriwe n'abapolisi bagera kuri 566.Inkuru irambuye
Police FC yaguze Rutanga Eric muri Rayon Sports
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane tariki ya 28 Gicurasi ubuyobozi bw’ikipe ya Police FC bwatanganje ko bwaguze undi mukinnyi mushya ariwe Rutanga Eric. Uyu yasinye amasezerano yo kuzakinira ikipe ya Police FC mu gihe cy’imyaka ibiri, ni umukinnyi ukina ku ruhande rw’inyuma ibumoso (Left back). Rutanga Eric akaba yari asanzwe ari umukinnyi w’ikipe ya Rayon Sport FC ndetse akinira n'ikipe y'igihugu Amavubi. Inkuru irambuye
Nyanza: Urubyiruko rw’abakorerabushake rwiyemeje gufasha abaturage kurwanya Koronavirusi
Abagize urubyiruko rw’abakorerabushake mu kwicungira umutekano bo mu karere ka Nyanza biyemeje gufatanya na Polisi y’u Rwanda mu bikorwa byo kurwanya icyorezo cya COVID-19.Inkuru irambuye
Rubavu: Polisi yafashe abashukaga abaturage bagamije kubambura
Kuri uyu Kabiri tariki ya 26 Gicurasi Polisi ikorera mu karere ka Rubavu yafashe Ndagije Nkiko Jean de Dieu w’imyaka 55 na Furaha Pheneas w’imyaka 55. Umwe yiyitaga umuyobozi mukuru wa rumwe mu nganda zikorera ibinyobwa bisembuye hano mu Rwanda, ariko bombi bagahurira ku gushuka uwitwa Uwimana Olivier w’imyaka 27 bagamije kumwambura amafaranga ye. Inkuru irambuye
Kigali: Hafashwe litiro zirenga ibihumbi 7,200 z’inzoga zitemewe
Mu bikorwa bya Polisi ifatanyije n’izindi nzego z’umutekano n’abayobozi mu nzego z’ibanze bafashe abantu bakoraga inzoga zitemewe. Mu karere ka Kicukiro mu murenge wa Masaka hafatiwe litiro 5,760 naho mu karere ka Nyarugenge mu murenge wa Muhima hafatirwa litiro 1,452. Inkuru irambuye
Nyamagabe: Polisi yagaruje litiro 40 zari zimaze kwibwa mu modoka zikora umuhanda
Polisi ikorere mu karere ka Nyamagabe muri Sitasiyo ya Polisi ya Tare yafashe uwitwa Uwayezu Emmanuel w’imyaka 26, yafatanwe litiro 40 za mazutu yari imaze kuvomwa mu modoka zikora umuhanda Nyamagabe-Kitabi. Yafashwe kuri uyu wa Kane tariki ya 27 Gicurasi afatirwa mu murenge wa Tare mu kagari ka Gasarenda mu mudugugdu wa Mwufe. Inkuru irambuye
Kinyarwanda
English











