Trending Now
#

POLISI Y'U RWANDA

Serivisi - Kurinda - Ubunyangamugayo

#

INCAMAKE Y’AMAKURU Y’INGENZI YATAMBUTSE KU RUBUGA RWA POLISI Y’U RWANDA MU CYUMWERU DUSOJE

Abapolisi b'u Rwanda bari mu butumwa bwo kugarura amahoro mu mahanga barakora akazi kabo birinda icyorezo cya COVID-19

Abapolisi b'u Rwanda bari mu butumwa bw'umuryango w'abibumbye bwo kugarura amahoro mu bihugu bitandukanye muri Afurika bakomeje imirimo yabo neza n'ubwo hari icyorezo cya Koronavirusi. Inshingano zabo barazisohoza neza bubahiriza amabwiriza y'ishami ry'umuryango w'abibumbye ryita ku buzima (OMS) ajyanye no kwirinda icyorezo cya COVID-19. Inkuru irambuye

Urubyiruko rw'abakorerabushake ruri mu bukangurambaga bwo kurwanya Koronavirusi

Abagize urubyiruko rw'abakorerabushake batangiye ubukangurambaga bwo guhindura imyumvire y'abaturarwanda muri gahunda yo kurwanya Koronavirusi.  Ubuyobozi bw'abakorerabushake buravuga ko ubu bukangurambaga bugamije gutera ingabo mu bitugu Leta y'u Rwanda ndetse na Polisi y'u Rwanda mu mbaraga zikoreshwa mu kurwanya icyorezo cya COVID-19. Ubu bukangurambaga bukaba bwibanda ahahurira abantu benshi nko mu masoko no mu dusantire. Inkuru irambuye


Amazu atunganya imisatsi n'abakiriya babo bagomba kwitwararika birinda COVID-19

Kuva tariki ya 04 Gicurasi nibwo hatangiye kubahirizwa amabwiriza mashya yo kurwanya Coronavirus. Kuva icyo gihe kandi amazu yogosherwamo ndetse n'atunganya imisatsi y'abagore nayo ari mu bikorwa byakomorewe gutangira gukora. Ni ingenzi ko mu gihe tugiye guhabwa izo serivisi tubikora tugendeye ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19. Inkuru irambuye


COVID-19: Icyenda bafatiwe mu modoka barengeje umubare banarengeje amasaha yagenwe

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 13 Gicurasi Polisi y’u Rwanda yafashe abantu 09 bari mu modoka yagombaga gutwara abantu bane bayijyamo ari icyenda. Aba bantu kandi bari barenze ku mabwiriza yo kuba bageze mu ngo zabo saa mbiri z’umugoroba. Bafatiwe mu mu mujyi wa Kigali mu karere ka Kicukiro nyuma yo kujya ku Rusumo mu karere ka Kirehe. Inkuru irambuye


Polisi yatahuye amayeri ya bamwe mu bashoferi bambutsa abaturage intara

Mu ijoro rya tariki ya 09 Gicurasi nibwo abapolisi bashinzwe umutekano wo mu muhanda bafashe umushoferi witwa Nshimiyimana Adrien arimo kwambutsa abaturage abavana mu mujyi wa Kigali abajyana mu ntara y’Amajyaruguru, agakurayo abandi abajyana mu mujyi wa Kigali. Nshimiyimana utwara imodoka ntoya itwara abagenzi( Taxi Voiture) ifite ibirango RAC 287 G,  yafatiwe mu murenge wa Shyorongi  mu karere ka Rulindo afite abagenzi batatu bagiye mu mujyi wa Kigali. Inkuru irambuye


Ruhango: Hafatiwe uwaguraga amabuye y’agaciro binyuranyijwe n’amategeko

Polisi y’u Rwanda ikorera mu murenge wa Mwendo mu karere ka Ruhango kuri iki cyumweru tariki ya 10 Gicurasi yafashe uwitwa Rutazihana Philippe uzwi ku izina rya Ntaganda w’imyaka 74. Yafatanwe ibilo 108 by’amabuye y’agaciro yo mu bwoko bwa Koluta na Gasegereti yaguraga binyurajwe n’amategeko. Inkuru irambuye

Kirehe: Umuturage yafashwe agerageza guha umupolisi ruswa

Kuri iki cyumweru tariki ya 10 Gicurasi inzego z’umutekano zikorera mu karere ka Kirehe mu murenge wa Mahama zafashe uwitwa Bikorimana Jean Claude w’imyaka 38, yafashwe agerageza guha umupolisi ruswa ingana n’amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 200.Inkuru irambuye

Nyamagabe: Batatu bafashwe barimo kwangiza ishyamba mu karere k’ubuhumekero bwa Nyungwe

 

Mu rukerera rwo kuri uyu wa Mbere tariki ya 11 Gicurasi Polisi ikorera mu karere ka Nyamagabe mu murenge wa Buruhukiro mu kagari ka Kizimyamuriro yafashe Sengiyaremye Silas, Twagirayezu Anastase na Ruberandinda Frederick.  Aba bose bafatiwe mu buhumekero bw'ishyamba rya Nyungwe barimo gutemamo ibiti byo kubazamo imbaho.Inkuru irambuye


Nyagatare: Polisi yagaruje amwe mu mafaranga yari yibwe umuturage

Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 13 Gicurasi Polisi ikorera mu karere ka Nyagatare mu murenge wa Rukomo mu kagari ka Rurenge yafashe Mbatezimana Samuel w’imyaka 22 wari ukurikiranweho kwiba umukoresha we amafaranga y’u Rwanda arenga Miliyoni imwe n’ibihumbi 200. Yafashwe asigaranye ibihumbi 612 (612,000Rwf). Inkuru  irambuye