[AMAFOTO]: Sudani y'Epfo: Abapolisi b'u Rwanda basimburanye mu butumwa bwo kubungabunga amahoro
Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 04 Ugushyingo, abapolisi b'u Rwanda biganjemo abagore basimburanye mu butumwa bwo kubungabunga amahoro mu gihugu cya Sudani y'Epfo(FPU-3). Itsinda ryagiye gusimbura abandi rigizwe n'abapolisi 160, riyobowe na Senior Superitendent of Police (SSP) Jeannette Masozera bakaba bagiye mu butumwa bw 'umuryango w'abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri Sudani y'Epfo (UNMISS). Inkuru irambuye
[AMAFOTO]: Sudani y'Epfo: Abapolisi b'u Rwanda barenga 230 bari mu butumwa bw'amahoro bambitswe imidali y'ishimwe
Kuri uyu wa Kane tariki ya 05 Ugushyingo abapolisi b'u Rwanda 237 bari mu butumwa bw 'umuryango w'abibumbye bwo kubungabunga amahoro mu gihugu cya Sudani y'Epfo (UNMISS) bambitswe imidali y'ishimwe. Inkuru irambuye
Muhanga: Abaturage bakanguriwe kureka ubucukuzi bw'amabuye y'agaciro budakurikije amategeko
Abaturage bo mu Karere ka Muhanga barakangurirwa kureka ubucukuzi bw'amabuye y'agaciro butubahirije amategeko kuko hari abarimo kuhatakariza ubuzima.
Ibi biri mu byo babwiwe n'abayobozi kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 07 Ugushyingo ubwo hashyingurwaga imibiri y'abantu 5 baherutse kugwirwa n'ikirombe cy'amabuye y'agaciro ubwo barimo kuyacukura binyuranyije n'amategeko.Inkuru irambuye
Amajyepfo: Urubyiruko rw’abakorerabushake barimo kuganirizwa ku ruhare rwabo ku mutekano n’iterambere ry’igihugu
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yatangiye ibiganiro bihuza urubyiruko rw’abakorerabushake. Ni ibiganiro bigamije kubibutsa uruhare rwabo mu kubumbatira umutekano ndetse n’iterembere ry’abaturage. Ibi biganiro byatangiye kuri uyu wa Mbere tariki ya 2 Ugushyingo bitangirira mu Karere ka Huye bihuza urubyiruko 200 ruhagarariye urundi mu mirenge 14 igize Akarere ka Huye. Inkuru irambuye
Karongi: Polisi yafashe ukekwaho gukwirakwiza amafaranga y’amiganano
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Karongi mu Murenge wa Rubengera yafashe uwitwa Susuruka Samuel afite amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 40 y’amiganano, yafashwe tariki ya 31 Ukwakira. Inkuru irambuye
Rubavu: Umucuruzi w’urumogi yafatanwe udupfunyika ibihumbi bibiri magana atanu (2500)
Polisi y’u Rwanda ikomeje ibikorwa byo kurwanya ibiyobyabwenge byiganjemo urumogi. Mu cyumweru gishize tariki ya 30 ukwakira abapolisi bo mu ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU) bakorera mu Karere ka Rubavu mu Murenge wa Rubavu bafashe Twibanire Jean Bosco Basigeho w’imyaka 38, yafatanwe udupfunyika 2500. Tariki ya 31 Ukwakira mu Karere ka Muhanga uwitwa Ntawuguranayo Olivier w’imyaka 35 yateshejwe udupfunyika 1500.Inkuru irambuye
Amajyepfo: Abamotari baganirijwe ku ruhare rwabo mu gukumira ibyaha n'impanuka
Polisi y'u Rwanda ku bufatanye n'abayobozi b'uturere mu Ntara y'Amajyepfo bagiranye ibiganiro n'abakora umurimo wo gutwara abagenzi kuri za Moto (Abamotari). Ibiganiro byabaye kuri uyu wa Gatatu tariki ya 04 Ugushyingo, bibera mu turere twose tugize intara y'Amajyepfo. Mu Karere ka Huye ibi biganiro byabereye muri sitade ya Huye, byatanzwe n'umuyobozi wa Polisi mu Ntara y'Amajyepfo, Chief Superintendent of Police (CSP) Innocent Kanyamihigo, yari kumwe n'umuyobozi w'akarere ka Huye, Ange Sebutege. Ibiganiro byitabiriwe n'abamotari bagera kuri 692.Inkuru irambuye
Kinyarwanda
English










