Musanze:28 basoje amasomo ahabwa abofisiye bakuru muri Polisi
Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 12 Kamena abapolisi bo ku rwego rw’abofisiye bakuru muri Polisi baturutse mu bihugu icyenda byo ku mugabane wa Afurika basoje amasomo ajyane n’imiyoborere. Ni amasomo bari bamazemo igihe kingana n’umwaka. Nk’uko bisanzwe aya masomo yatangirwaga mu ishuri rikuru rya Polisi y’u Rwanda riherereye mu karere ka Musanze (NPC). Inkuru irambuye
Polisi yatangije ubukangurambaga mu kurwanya COVID-19
Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 10 Kamena Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’abayobozi mu bigo bitwara abagenzi batangije ubukangurambaga bagamije gukangurira abagenzi gukaza ingamba zo kurwanya icyorezo cya COVID-19. Inkuru irambuye
COVID-19: Abapolisi b'u Rwanda bari mu butumwa bw'amahoro muri Sudan y'Epfo batangiye gupimwa
Guhera kuwa Kabiri tariki ya 09 Kamena nibwo Minisiteri y’ubuzima mu Rwanda yatangiye igikorwa cyo gusuzuma icyorezo cya COVID-19 abanyarwanda bari mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye bwo kubungabunga amahoro mu gihugu cya Sudani y’Epfo. Inkuru irambuye
Amajyepfo: Polisi ikomeje ubukangurambaga bwa RwanyaCOVID-19
Nyuma y’aho kuri uyu wa Gatatu tariki ya 10 Kamena Polisi y’u Rwanda itangirije mu gihugu hose ubukangurambaga bwo kurwanya icyorezo cya COVID-19, ubukangurambaga bwiswe RwanyaCOVID-19. Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 12 Kamena ubu bukangurambaga bwarakomereje mu turere two mu ntara y’Amajyepfo.Inkuru irambuye
LONI n’intumwa z’umuryango w’ubumwe bw’Afurika bizihije umunsi wo kubungabunga amahoro
Umuryango w’abibumbye ku bufatanye n’umuryango w’ubumwe bw’Afurika bafite umutwe ushinzwe kubungabunga amahoro mu ntara ya Darfur (UNAMID). Kuri iki cyumweru tariki ya 07 Kamena bizihije umunsi mpuzamahanga wo kubungabunga amahoro.Inkuru irambuye
Uhagarariye abapolisi bari mu butumwa bwa LONI muri Sudani y’Epfo yihanganishije umuryango wa PC Mbabazi
Unaisi Bolatolu-Vuniwaqa, umuyobozi uhagarariye abapolisi bari mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye babungabunga amahoro mu gihugu cya Sudani y’Epfo yanditse ubutumwa bw’akababaro ku bw’urupfu rwa Police Costable (PC) Mbabazi Enid. Umupolisikazi w’umunyarwanda uherutse kwitaba Imana azize Koronavirusi. Inkuru irambuye
Abagore bari mu butumwa bwa UNMISS bibutse umupolisikazi uherutse kwitaba Imana
Abapolisikazi bari mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye muri Sudani y’Epfo (UNMISS) kuri uyu wa Kabiri tariki ya 09 Kamena bagize umuhango wo kwibuka mugenzi wabo, Police Constable (PC) Mbabazi Enid uherutse kwitaba Imana. Inkuru irambuye
COVID-19: u Rwanda rwahaye UNMISS ibikoresho by’ubuvuzi
Mu rwego rwo gukomeza guhangana n’icyorezo cya COVID-19, u Rwanda kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 13 Kamena rwahaye intumwa z’umuryango w’abibumbye zishinzwe kubungabunga amahoro mu gihugu cya Sudani y’Epfo (UNMISS) ibikoresho byo kubafasha guhangana na Koronavirusi. Inkuru irambuye
Karongi: Hafatiwe imodoka yari itwaye inzoga zitujuje ubuziranenge
Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 10 Kamena Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Karongi mu murenge wa Rugabano yafashe imodoka ipakiye litiro 540 z’inzoga zitemewe, zifatirwa mu modoka yo mu bwoko bwa Hiace RAC 526F. Inkuru irambuye
Gasabo: Polisi yatahuye ahakorerwaga inzoga zitemewe ihafatira litiro 6000
Polisi ikorera muri Sitasiyo ya Ndera mu karere ka Gasabo ku bufatanye n’izindi nzego yatahuye urugo rwakorerwagamo inzoga zitemewe zizwi ku izina ry’Agasusurutso. Zari litiro 6,000 zuzuye mu ngunguru 22, zafatiwe mu kagari ka Cyaruzinge mu mudugudu wa Ayabakora, zafashwe mu gitondo cya tariki ya 07 Kamena 2020. Inkuru irambuye
Rwamagana: Babiri bafatanwe ibiro 43 by’amabuye y’agaciro
Polisi ikorera mu karere ka Rwamagana mu murenge wa Kigabiro yafashe uwitwa Muzigura Jackson w’imyaka 26 na Mukwiye Fabrice w’imyaka 23. Bafashwe mu mpera z’iki cyumweru bapakiye mu modoka ibiro 43 by’amabuye y’agaciro yo mu bwoko bwa gasegereti batayafitiye ibyangombwa. Inkuru irambuye
Huye: Polisi yagaruje Moto yari imaze iminsi yibwe
Kuri uyu Gatanu tariki ya 12 Kamena Polisi ikorera mu karere ka Huye mu murenge wa Ngoma yashoboye kugaruza Moto RB 166Q yari yibwe uwitwa Munyaburanga Maurice. Abayibye bayimwibye tariki ya 05 Kamena ubwo yari ari mu murenge wa Rusatira mu kagari ka Kiruhura, yafatanwe uwitwa Ribanje Yves na Mbuguje Romoard. Inkuru irambuye
Kinyarwanda
English











