COVID-19: Polisi yorohereje abashaka uruhushya rw'inzira
Hifashishijwe uburyo bw'ikoranabuhanga, Polisi y'u Rwanda yorohereje abantu bashaka impushya z'inzira bagiye gushaka serivisi za ngombwa muri ibi bihe byo kurwana icyorezo cya Koronavirusi. Umuvugizi wa Polisi y'u Rwanda, Commissioner of Police (CP) John Bosco Kabera yavuze ko ubu buryo bwo gushaka iki cyangombwa ari imwe mu ngamba zashyizweho mu kurwanya ikwirakwira ry'icyorezo cya Koronavirusi. Inkuru irambuye
Polisi yafashe Batanu bakoresha nabi imirongo ya telefoni yifashishwa mu gutanga amakuru kuri Koronavirusi
Polisi y’u Rwanda imaze iminsi mu bikorwa byo gufata bamwe mu bantu barimo gukoresha nabi imirongo ya telefoni y’ubutabazi bwihuse ku cyorezo cya COVID-19 ariyo 114 na 112 (umurongo usanzwe ukoreshwa mu butabazi bwihuse muri Polisi y’ Urwanda). Polisi igaragaza ko abakoresha nabi iyi mirongo barimo kubangamira imitangire ya serivisi cyane cyane muri ibi bihe byo kurwanya icyorezo cya Koronavirusi. Inkuru irambuye
Kigali: 28 bafatiwe mu bikorwa byo kurenga ku mabwiriza yo kurwanya icyorezo cya COVID-19
Mu bikorwa bitandukanye bya Polisi y’u Rwanda byabereye mu mujyi wa Kigali kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 18 Mata abantu 28 bafashwe barenze ku mabwiriza ya Leta yo kurwanya ikwirakwira ry’icyorezo cya Coronavirus. Abenshi muri aba bantu bafashwe ingo zabo bazihinduye nk’utubari abandi amaduka bari barayahinduye utubari. Inkuru irambuye
Amajyaruguru: Abantu 6 bafanwe litiro zigera ku 178 za kanyanga bazinjiza mu gihugu
Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Gicumbi na Burera ku bufatanye n’izindi nzego z’umutekano ndetse n’abaturage bakoze igikorwa cyo gufata abantu bitwikira ijoro bakinjiza mu gihugu ikiyobyabwenge cya Kanyanga. Mu rukerera rwa tariki ya 20 Mata mu karere ka Burera mu murenge wa Gahunga mu kagari ka Nyangwe hafatiwe litiro 170 za Kanyanga ndetse n’amacupa 90 y’ikinyobwa kitwa Living Waragi, uwitwa Manirarora Celestin w’imyaka 26 yarafashwe abandi 09 baracika.Inkuru irambuye
Rubavu: Polisi yafashe uwishe inka y’umuturanyi we agashaka guhunga
Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Rubavu mu murenge wa Kanzenze mu kagari ka Nyamikongi mu mudugudu wa Rwamikungu yafashe Sibomana Jean Pierre w’ imyaka 35 nyuma yaho yishe inka ya Nyiramagori Rachelle w’imyaka 48. Ibi byabaye mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 22 Mata saa 2:45 z’ijoro. Inkuru irambuye
Nyaruguru: Polisi yafashe umwe mu baherutse gukorera urugomo abaturage bakabakubita
Polisi y'u Rwanda ikorera mu karere ka Nyaruguru mu murenge wa Ngoma mu kagari ka Nyamirama yafashe uwitwa Kayigamba Valens w' imyaka 35 akaba yari umuyobozi w'akagari ka Nyamirama mu murenge wa Ngoma mu karere ka Nyaruguru. Uyu yafatanyije na bagenzi be babiri n'abaturage bakirimo gushakishwa n'inzego z'umutekano, bakurikiranweho gukubita Nyirabititaweho Anastasie w'imyaka 95 n'abakobwa be aribo Ndaruzaniye Josephine w'imyaka 54 na Nyiraminani Triphine w'imyaka 38. Inkuru irambuye
Kinyarwanda
English











