IGP Dan Munyuza yahaye impanuro abapolisi bagiye mu butumwa bw'amahoro muri Sudani y'Epfo
Abapolisi b'u Rwanda 240 nibo barimo kwitegura kujya gusimbura bagenzi babo nabo 240 bari bamaze umwaka mu butumwa bw 'umuryango w'abibumbye bwo kubungabunga amahoro mu gihugu cya Sudani y'Epfo mu mujyi wa Malakal. Inkuru irambuye
Abapolisi b’u Rwanda n’aba Sudani y’Epfo batangiye amahugurwa ku mutekano wo ku bibuga by’indege
Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 29 Ugushyingo, abapolisi bagera kuri 27 barimo 13 b’u Rwanda na 14 baturutse mu gihugu cya Sudani y’Epfo batangiye amahugurwa y’ibyumweru bitatu ajyanye no gucunga umutekano ku bibuga by’indege. Ni amahugurwa arimo kubera ku cyicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru. Inkuru irambuye
Buri munyarwanda ararebwa n’uburere bw’abana cyane cyane muri ibi biruhuko birebire
Kuva tariki ya 05 Ugushyingo abana biga mu mashuri y’incuke, abanza n’ayisumbuye batangiye ibiruhuko birebire bisoza umwaka w’amashuri wa 2019. Ni ibiruhuko bikunze kumara amezi abiri. Inkuru irambuye
IKORANABUHANGA: Igisubizo kirambye ku mutekano wo mu muhanda
Mu buzima umuntu agira gahunda y’ibyo aba yarateguye kuzakora, akagira n’umuhate wo kuzashyira mu bikorwa ibyo yifuza kuzageraho, ariko urupfu n’izindi mbogamizi biba birekereje bigamije kutubuza kugera ku nzozi zacu. Nta muntu wifuza kumva inkuru ibabaje y’uko umwe mu bavandimwe be cyangwa inshuti ze magara yitabye Imana. Byagaragaye ko mu bitwara ubuzima bw’abantu benshi ku isi harimo n’impanuka zo mu muhanda.Inkuru irambuye
Nyuma yo gutsinda Etincelles, Police FC ikomeje guhatanira igikombe
Iyabivuze Osee niwe watsinze igitego cy'intsinzi cyatandukanyije Police FC na Etencelles FC. Ni umukino wabaye kuri iki cyumweru tariki ya 24 Ugushyingo, hari mu mukino wo ku munsi wa cyenda wa shampiyona y'u Rwanda mu mupira w'amaguru, umukino wabereye kuri sitade mpuzamahanga ya Rubavu. Inkuru irambuye
Gerayo Amahoro: Abashoferi batwara imodoka ntoya zitwara imizigo basabwe kwirinda kurangarira kuri telefoni
Muri uku kwezi kw’ugushyingo aho Polisi y’u Rwanda iri mubufatanye na MTN muri gahunda ya Gerayo Amahoro hibandwa ku gushishikariza abakoresha umuhanda kwirinda impanuka ziterwa n' uburangare buturuka ku gukoresha telefoni; kuri uyu wa 26 Ugushyingo ubu bukangurambaga bwakomereje mu bashoferi batwara imodoka ntoya zitwara imizigo. Inkuru irambuye
Polisi irakangurira abanyarwanda kwitondera inzuzi, ibiyaga n’imigezi muri ibi bihe by’imvura
Raporo y’ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku buzima igaragaza ko impfu zituruka ku kurohama mu mazi ari zimwe mu bihitana abatuye isi, aho 0.7 % ari abantu bapfa bazize kurohama mu mazi buri mwaka. Ibihugu bikennye nibyo byibasirwa n’iki kibazo kuko imibare igaragaza ko 97% ari abantu baturuka mu bihugu bikennye bapfa bazize kurohama mu mazi. Inkuru irambuye
Ngoma: Polisi yafashe uwibye inka y’umuturage arayibaga
Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Ngoma yafashe umugabo ukurikiranweho kwiba inka z’abaturage akazibaga. Uwafashwe yitwa Niyorurema Thierry, yafashwe kuri iki cyumweru tariki ya 24 Ugushyingo, yafatiwe mu murenge wa Remera mu karere ka Ngoma afatwa amaze kubaga inka yari yibye. Inkuru irambuye
Turusheho kwita ku mutekano wo mu muhanda muri iki gihe cy’imvura
Ukurikije ibihe by’umwaka mu Rwanda turi mu gihe cy’imvura y’umuhindo, ni igihe gitangira hagati mu kwezi kwa Nzeri kikarangira hagati mu kwezi k'Ukuboza iyo nta mpinduka z’ibihe zabayeho. Ni igihe gikunze kurangwa n’imvura nyinshi cyane, muri iki gihe mu bice bitandukanye by’igihugu hakunze kugaragara ibibazo biturutse ku mvura nyinshi bigateza umutekano mucye cyane cyane mu muhanda. Inkuru irambuye
Polisi irakangurira abantu kwirinda gutwara inyama mu buryo bunyuranyije n’amategeko
Ibi Polisi y’u Rwanda ibivuze nyuma y’aho mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 26 Ugushyingo, mu masaha ya saa saba z’ijoro ku bufatanye n’irondo ry’umwuga ryo mu murenge wa Kinazi mu karere ka Ruhango bafashe moto ihetse inyama z’inka ibiro 80, izi nyama zikaba zari zitwawe mu buryo butemewe n’amategeko. Inkuru irambuye
Polisi yafatanye abantu 3 udupfunyika tw’urumogi turenga ibihumbi 6,800 bacuruzaga
Umutwe wa Polisi y’u Rwanda ushinzwe gukumira no kurwanya ikwirakwizwa n’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge, Anti-Narcotics Unity (ANU) mu bihe bitandukanye n’ahantu hatandukanye mu gihugu kuri uyu wa Gatatu tariki ya 27 yafashe abantu batatu bakoraga ibikorwa byo gucuruza ibiyobyabwenge. Inkuru irambuye
Kinyarwanda
English











