Trending Now
#

POLISI Y'U RWANDA

Serivisi - Kurinda - Ubunyangamugayo

#

Incamake y’amakuru y’ingenzi yatambutse k’urubuga rwa Polisi y’u Rwanda mu cyumweru dusoje

Perezida wa Namibia arashima imibanire myiza iri hagati ya Polisi y'u Rwanda n'iya Namibi

Ibi umukuru w'igihugu cya Namibia Dr Hage  G. Geingob yabivuze kuri uyu wa Gatanu tariki ya 11 Ukwakira ubwo hatahwaga ku mugaragaro inyubako nshya y'ikicaro gikuru cya Polisi y'igihugu cya Namibia, inyubako iri mu murwa mukuru w'igihugu, Windhoek. Inkuru irambuye

Gishari hasojwe amahugurwa y'abapolisi bo mu muryango w'abibumbye

Kuri uyu wa gatanu tariki ya 11 ukwakira, mu ishuri rya Polisi riherereye mu karere ka Rwamagana mu murenge wa  Gishari (PTS-Gishari) hasojwe amahugurwa yateguwe n'ishami rya polisi (Police Component) ryo mu mutwe w'ingabo zo mu karere k'Iburasirazuba zishinzwe gutabara aho rukomeye, umutwe uzwi ku izina rya Eastern Africa Standby Force (EASF). Inkuru irambuye

Umunyamabanga wa leta mu Ntara ya Rhenanie Palatina yasuye Polisi y’u Rwanda


Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 07 Ukwakira umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Dan Munyuza yakiriye mu biro bye ku Kacyiru,  Randolf Stich, umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'umutekano w'imbere mu gihugu mu Ntara yo mu Budage, Intara ya Rhenanie Palatina. Inkuru irambuye

Nyaruguru: Umugabo yafashwe amaze kwica inyamanswa 2 muri Pariki ya Nyungwe


Nzamwita Innocent w’imyaka 39 y’amavuko niwe wafashwe kuri iki cyumweru tariki 06 Ukwakira ubwoya ari amaze kwica inyamanswa ebyiri zo mu bwoko bw’ifumberi. Uyu mugabo avuga ko yari asanzwe ajya kuzitega akazica ari kumwe na mugenzi we witwa Nzaramyimana Bosco, aba bombi bakaba ari abaturage bo mu murenge wa Muganza mu karere ka Nyaruguru. Inkuru irambuye

Rubavu: Polisi iraburira abantu bacuruza bakanavunja amafaranga mu buryo butemewe n’amategeko


Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Rubavu irakangurjira abaturage kwirinda ibikorwa byo gucuruza no kuvunja amafaranga mu buryo butemewe n’amategeko kuko bigira ingaruka mbi zitandukanye.   Inkuru irambuye

Gasabo: Abanyeshuri bo mu ishuri ribanza rya Cyuga biyemeje kwirinda no kurwanya ibyaha


Abanyeshuri biga mu ishuri ribanza rya Cyuga riherereye mu kagari ka Nyakabungo, umurenge wa Jali mu karere ka Gasabo biyemeje kwirinda no kurwanya ibyaha bagira uruhare rwo kudahishira ababikora ndetse batangira amakuru ku gihe. Inkuru irambuye

Muhanga: Batanu bafatiwe mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro butemewe


Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa kane tariki ya 10 Ukwakira nibwo Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Muhanga yafashe  Ngezahayo Thelesphore ufite imyaka  26, Musafiri Charles w’imyaka 40, Nizeyimana Jean Claude  ufite imyaka 40, Nshimiyimana Silas w’imyaka 23 na Buregeya Jean Baptiste  ufite imyaka 25.  Aba bose bafatiwe mu kirombe cy’amabuye y’agaciro  RUDNIK (cyahagaritswe), giherereye mu  murenge wa Nyarusange. Inkuru irambuye