Trending Now
#

POLISI Y'U RWANDA

Serivisi - Kurinda - Ubunyangamugayo

#

Incamake y’amakuru y’ingenzi yatambutse k’urubuga rwa Polisi y’u Rwanda mu cyumweru dusoje

U Rwanda rwitabiriye inama y’inteko rusange ya Polisi mpuzamahanga (INTERPOL)

Umunyamabanga wa leta muri Minisiteri y’ubutabera ushinzwe itegeko nshinga n’andi mategeko Evode Uwizeyimana n’intumwa ayoboye bari mu mujyi wa Santiago mu gihugu cya Chile ahari kubera  inama y’inteko rusange  ihuza ibihugu byibumbiye mu muryango wa Polisi mpuzamahana(INTERPOL). Iyi nteko rusange izamara  iminsi ine, yatangiye tariki ya 15 Ukwakira ikazarangira tariki ya 18 Ukwakira 2019. Iyi nama izibanda ku kurebera hamwe  uko hashakirwa umuti ikibazo k’ibyaha birimo kuba muri iki gihe  ndetse n’ibishobora kuzaba ahazaza, hibandwa ku kibazo k’iterabwoba. Inkuru irambuye

Mu mujyi wa Kigali hagiye kuba amavugurura mu gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange


Urwego rw'igihugu  ngenzura mikorere (RURA) rwatangiye imirimo yo gutangiza uburyo bushya bwo gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange mu mujyi wa Kigali. RURA iravuga ko aya mavugurura agamije gutanga serivisi nziza kandi zijyanye n'igihe n'iterambere rirambye ry'umujyi, ndetse no korohereza abagenzi kugera  iyo bajya badatinze mu nzira. Inkuru irambuye

Abapolisi b’u Rwanda bari muri Sudani y’Epfo bambitswe imidali


Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 16 Ukwakira, umuryango w’abibumbye wambitse abapolisi b’u Rwanda 240 bari mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye bugamije kubungabunga amahoro mu gihugu cya Sudani y’Epfo. Ni imidari ishimangira ubwitange buranga aba bapolisi mu gushimangira ituze, umutekano n’amahoro muri kiriya gihugu. Inkuru irambuye

Buri wese akwiye kugira gahunda ya Gerayo Amahoro iye- CP Kabera


Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda Commissioner of Police (CP) John Bosco Kabera, ibi yabivuze kuri uyu wa Gatatu tariki ya 16 Ukwakira mu nama yahuje ba nyir’amahoteli, utubari, abafite amacumbi (Logdes) n’utubyiniro (Night Clubs) bakorera mu mujyi wa Kigali.Iyi nama yabereye muri  imwe muri Hoteli ziherereye mu murenge wa Kimihurura mu karere ka Gasabo, yateguwe n’ikigo cy’igihugu gishinzwe iterambere(RDB) k’ubufatanye na Polisi y’u Rwanda. Inkuru irambuye

Ikipe ya Police HC yegukanye igikombe cya Handball ikinirwa ku mucanga


Ikipe ya Police Handball Club yegukanye igikombe cy’irushanwa rya Handball ikinirwa ku mucanga. Ni irushanwa ryatangiye kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 12 Ukwakira rirangira tariki 13 Ukwakira rikaba ryaraberaga mu karere ka Rubavu. Iki gikombe mu bagabo cyitabiriwe n’amakipe umunani (8) yose y’imbere mu gihugu. Police HC iki gikombe icyegukanye ku nshuro ya 6 kuva yatangira kwitabira iri rushanwa mu mwaka w’2011. Inkuru irambuye

Bugesera: Polisi yafashe Moto yibwe umuturage ihishwa mu rutoki


Polisi ikorera mu karere ka Bugesera mu murenge wa Rilima, kuri uyu wa 10 Ukwakira yashoboye gufata Moto y’umuturage witwa Munyangoga Bosco, Moto ye yiri mu bwoko  bwa AG100 ifite icyapa kiyiranga RA 965N yari yibwe tariki ya 08 Ukwakira uyu mwaka. Inkuru irambuye

Kicukiro: Polisi yafashe umwe mu bajura bashikuzaga abantu ibyo bafite


Nsabimana Theogene w’imyaka 40 niwe wafashwe kuri  uyu wa mbere tariki ya 14 Ukwakira , yafatiwe mu kagari ka Gitaraga mu murenge wa Masaka akarere ka Kicukiro.  Ni nyuma y’igihe kirekire ashakishwa na Polisi kubera ibyaha byo gutega abantu biganjemo abagore n’abakobwa akabashikuza amasakoshi  yabo akabiba ibirimo byose.Inkuru irambuye

Kayonza: Abagize komite za CPCs bibukijwe uruhare rwabo mu gukumira ibyaha


Abagize Komite z’abaturage mu kwicungira umutekano, Community Policing Committees(CPCs), ni bamwe mu bagira uruhare runini mu gukumira no kurwanya ibyaha mu midugudu no mu tugari batuyemo. Polisi y’u Rwanda nayo ihora ibategurira amahugurwa aho bari hirya no hino mu gihugu hagamijwe kurushaho kubongerera ubumenyi n’ubushobozi bibafasha kuzuza inshingano zabo uko bikwiye. Inkuru irambuye

Rusizi: Polisi yaganirije abanyeshuri kuri gahunda ya Gerayo Amahoro


Polisi y’u Rwanda ikomeje gahunda y’ubukangurambaga ku mutekano wo mu muhanda izwi ku izina rya Gerayo Amahoro, ni gahunda yatangiye muri Gicurasi uyu mwaka ikazamara ibyumeru 52.  Ubu bukangurambaga burakorwa mu byiciro bitandukanye by’abanyarwanda  bakoresha umuhanda, kuri ubu Polisi y’u Rwanda imaze igihe ikora ubukangurambaga mu rubyiruko rw’abanyeshuri ibasanze ku bigo by’amashuri bigaho hagamijwe kugira ngo bakure bafite ubumenyi ku mutekano wo mu muhanda n’imikoreshereze yawo.Inkuru irambuye