Trending Now
#

POLISI Y'U RWANDA

Serivisi - Kurinda - Ubunyangamugayo

#

IMIKINO YA EAPCCO: Polisi y'u Rwanda yatsinze iy'u Burundi mu mikino yo gufungura amarushanwa

Amakipe ya Polisi y'u Rwanda yatsinze aya Polisi y'igihugu cy'u Burundi mu mikino itangiza umupira w'amaguru n’umukino w’intoki (Volley ball) yabahuje ku munsi wa mbere w’imikino ihuza abapolisi bo mu Karere k’Afurika y'Iburasirazuba (EAPCCO) ku nshuro ya 4, yatangiye kuri uyu wa Kabiri, tariki 21 Werurwe, i Kigali mu Rwanda.

Ni imikino yabaye nyuma y’ibirori byo gutangiza iyi imikino ya EAPCCO byabereye kuri Sitade ya Kigali yitiriwe Pele mbere ya saa sita z’amanywa aho mu mupira w’amaguru, ikipe ya Polisi y’u Rwanda yatsinze ikipe ya Polisi y’u Burundi ibitego bitatu kuri kimwe.

Mu mukino w’intoki wa Volley ball, naho ikipe ya Polisi y’u Rwanda yatsinze ikipe ya Polisi y’u Burundi amaseti atatu ku busa.

Mu mukino w’umupira w’amaguru wabereye kuri sitade ya Kigali yitiriwe Pele watangiye ku isaha ya saa cyenda, Ikipe ya Polisi y’u Rwanda yatangiye yitwara neza, iza gutsinda igitego cya mbere  ku munota wa 5 gitsinzwe na Hakizimana Muhadjiri. Umukino wakomeje gusa ikipe ya Polisi y'u Burundi iza kucyishyura ku munota wa 27 gitsinzwe na Hakizimana Titi, igice cya mbere kirangira nta gihindutse.

Amakipe yombi yagarutse mu gice cya kabiri cyatangiye ikipe ya Polisi y'u Burundi yitwara neza ari nako n'ikipe ya Polisi y’u Rwanda inyuzamo igasatira ndetse iza no gutsinda igitego cya kabiri ku munota wa 64 gitsinzwe na  Mugisha Didier. Ni igitego cyayongereye ingufu ku buryo bugaragara iza no kongeramo ikindi gitego cya gatatu cyatsinzwe Ku munota wa 79 gitsinzwe na  Kayitaba Jean Bosco wari umaze gusimbura.

Umutoza w'ikipe ya Polisi y’u Rwanda y’umupira w'amaguru, Mashami Vincent, yashimye uburyo abakinnyi bitwaye avuga ko intego bafite ari iyo kwegukana irushanwa.

Yagize ati: "Twari dufite intego yo gutsinda kandi twayigezeho, tuzakomerezaho no ku mukino utaha kandi twizeye ko tuzatwara igikombe turimo gukinira."

Mu mukino wa Volley ball wakiniwe kuri BK Arena saa Kumi n’ebyiri z’umugoroba, ikipe ya Polisi y’u Rwanda nayo yaje gutsinda iyo mu Burundi amaseti atatu yikurikiranya ku bitego 25-17 iseti ya mbere, 25-20 ku iseti ya kabiri na 25-22 ku ya gatatu.

Amakipe yo mu bihugu umunani ari byo u Burundi, Uganda, Tanzaniya, Kenya, Sudani, Sudani y'Epfo, Etiyopia ndetse n'u Rwanda rwaryakiriye bwa mbere, niyo yitabiriye iri rushanwa ribaye ku nshuro yaryo ya Kane rizaba mu mikino itandukanye igera kuri 13 irimo umupira w'amaguru, Volley ball, netball, Hand ball, beach volleyball, basketball, athletisme, darts, Karate, Taekwondo, Judo, iteramakofe no kumasha.