Trending Now
#

POLISI Y'U RWANDA

Serivisi - Kurinda - Ubunyangamugayo

#

Ikipe y’umupira w’intoki ya Polisi yatsinze umukino wayo wa kabiri muri 2015

Ikipe y’umupira w’intoki ya Polisi y’u Rwanda (Police Handball Club) yegukanye igikombe cyitiriwe umunsi w’intwari.

Umukino wa nyuma , wayihuje n’iya  Mutagatifu Aloys (Saint Aloys), ku ya 7 Mutarama 2015, wabereye ku kibuga cya Kimisagara, aho Polisi yayitsinze ibitego 34 kuri 23.

Mu bakinnyi ba Polisi bigaragaje kuri uwo munsi, harimo uwitwa Paul Muhawenimana,watsinze ibitego umunani na  Gilbert Mutuyimana, watsinze ibitego bitandatu .

Muri uyu mwaka, ikipe ya Polisi y’umupira w’intoki, imaze kwegukana ibikombe bibiri, ari byo, icy’intwari , n’ikindi cyiswe “Impano n’impamba”.

Kugira ngo igere kuri iki gikombe, ikipe ya Polisi yatsinze amakipe atandukanye, harimo, ikipe ya Nyakabanda,yatsinze ibitego 26 kuri17, n’iya APR,yatsinze ibitego 32 kuri 24.

Umutoza w’ikipe y’intoki ya Polisi y’u Rwanda, AIP Antoine Ntabanganyimana, yagize ati,"Turifuza ko uyu mwaka tuwutangira dutsinda  kandi tugatwara ibikombe".

Ikipe ya Polisi y’umupira w’intoki, kuva yashingwa muri 2003, imaze kwegukana ibikombe 22, harimo ibya shampiyona y’igihugu bitatu,  iby’umunsi w’intwari bine, ibyo kwibohora bine,  na bitatu bya  Carré d’AS.