Ikipe ya Polisi ya Hand Ball none tariki ya 27 Nzeri, irasakirana n’ ikipe ya APR, uyu mukino ukaba uri bubere ku kigo cy’ imyidagaduro cya Kimisagara.
Mu gihe hasigaye imikino 3 kugirango irushanwa rya Hand Ball risozwe ndetse hanamenyekane ikipe ya mbere, ikipe ya Polisi ya Hand Ball ikaba ariyo iriyoboye n’amanota 39 ndetse ikaba ikurikiwe n’ ikipe ya Gicumbi yo ifite amanita 33 n’ umukino w’ ikirarane. Ikipe ya APR yo iza ku mwanya wa 3 n’amanota 28.
Nkuko bigaragazwa n’imibare ikipe ya Polisi ya Hand Ball ikaba isabwa gutsinda umukino 1 ikanganya undi kugira ngo ibashe kwegukana iki gikombe ndetse ikaba yaba imaze kugitsindira inshuro 4 zose.
Umutoza w’ ikipe ya Polisi ya Hand Ball, Assistant Inspector of Police, Antoine Ntabanganyimana yizera ko ikipe ye byanga bizunze izegukana icyo gikombe, ibi akaba abivuga nyuma yuko ikipe abereye umutoza yabashije gutsinda imikino 13 yose ndetse bakanegukana amanita 39.
Yakomeje agira ati, “Ntabwo dushaka kwegukana igikombe gusa, turashaka yuko dukomeza kwitwara neza ndetse tukanabashaq no gutsinda imikino yose isigaye.”
Kinyarwanda
English











