Trending Now
#

POLISI Y'U RWANDA

Serivisi - Kurinda - Ubunyangamugayo

#

Ikipe ya Police FC yanganyije na Rayon Sport

Mu mukino wahuje Plice FC na Rayon Sport, tariki ya 17 Ukwakira, ku kibuga cya Kicukiro, amakipe yombi yarangije anganya igitego kimwe kuri kimwe.

Igice cya 1, cyaranzwe n’amakosa ya hato na hato kuri ba myugariro ba Police FC, ari nabyo byatumye Kasirye David, umukinnyi wa Rayon Sport abasha gutsinda igitego ku ishoti rikomeye yateye nyuma yo gusiga ba myugariro agasigarana n’umunyezamu Mvuyekure Emely.

Mu gice cya 2, umutoza Cassa Mbungo wa Police FC, yakosoye amakosa abakinnyi be bakoze, nuko asimbuza bamwe mu bakinnyi be nyuma ikipe ye inaza kubona igitego cyatewe neza na Isonga Isae, kuri penaliti nyuma yuko yari amaze kugushwa n’umukinnyi wa Rayon Sport mu rubuga rw’amahina. Kubera impinduka zakozwe na Casa Mbungo, ikipe ye yokeje igitutu Rayon Sport muri iki gice, dore ko byagaragaraga ko iyi kipe yari kubona ibitego byinshi.

Kugeza ubu Police ikaba itaratsindwa umukino n’umwe, kuri ubu ikaba iri ku mwanya wa 2, iranganya na AS Kigali zombi zikaba zifite amanita 11 gusa ikipe ya Polisi FC ikaba irushwa gusa inota rimwe.

Nubwo amakipe yombi yanganyije, umutoza Casa Mbungo nyuma y’uyu mukino yashimiye abakinnyi be kuba baritwaye neza babasha gutsinda igitego mu gice cya 2.

Yavuze ko bagiye gukoza imyotozo kugira ngo bazakomeza kwitwara neza mu yindi mikono. Yagize ati, “Tugiye gukomeza imyitozo nkuko bisanzwe dufite intumbero yo gutwara igikombe.”

Police FC izahura ku mukino wa 6, n’ikipe ya Sunrise, uyu mukino ukazaba kuri uyu wa gatandatu, ku kibuga cya Sunrise I Rwamagana.