Ikipe ya Police FC ikomeje urugamba rwo guhatanira igikombe cya shampiyona cy'uyu mwaka. Nyuma yo gutsinda ikipe ya Musanze igitego kimwe rukumbi ku busa, mu mukino wabereye ku kibuga cya Kicukiro, iyi ntsinzi yahaye ikipe ya Police FC kongera ikizere cyo kuba yakwegukana igikombe cya shampiyona y'uyu mwaka.
Mu mukino utari woroshye na gato ku mpande zombi, umukinnyi Nshuti Ildebland wa Polisi FC niwe wabonye igitego kimwe rukumbi ndetse umukino ukaba wararangiye ikipe ya Musanze itabashije kukigombora bityo bituma Police FC itahana amanota atatu.
Umukino wahuje aya makipe yombi n'uwa 23 Police FC ikinnye ndetse ikaba imaze gutsinda imikino 10, inganya indi icyenda ikaba yaratsinzwe imikino ine.
Ikipe ya Police FC ifite amanota 39, ndetse ikaba isabwa gutsinda imikino yose uko ari itanu isigaye kugira ngo yegukane iki gikombe yaba itwaye bwa mbere mu mateka yayo.
Umukinnyi Tuyisenge Jacques wa Police FC ari mu bamaze gutsinda ibitego byinshi kuko amaze kunyeganyeza inshundura z'amakipe bahuye na Police FC, inshuro indwi ariko akaba asabwa kongera imbaraga mu busatirizi bwe kugira ngo ikipe ye ikomeze kwitwara neza.
N'ubwo ikipe ya Polisi yatangiye shampiyona itsindwa imikino myinshi indi ikagenda iyinganya, Kuri ubu abakinnyi b'iyi kipe barimo kwitwara neza dore ko ikipe yabo ubu iri muri eshatu za mbere zirimo guhabwa amahirwe yo kwegukana igikombe cya shampiyona y'uyu mwaka.
Kinyarwanda
English











