Ikipe ya Polis ya Hand Ball, ejo tariki 21 Nzeri yihereranye ikipe y’ Ishuli ryisumbuye rya Kigoma rya Bimana, iyinyagira ibitego 30 kuri 17.
Ikipe ya Polisi yihariye umukino haba mu gice cyambere n’ icya kabiri, ibi bikaba byaratumye Polisi ibasha no gutsinda ibitego 12 kuri 4 mu gice cya mbere.
Mu gice cya kabiri, ikipe ya Polisi yagarutse mu kibuga ifite ubukana bukomeye, ikomeza guhanahana neza umupira ibi kandi bikaba byaratumye muri icyo gice cya 2 itsinda ibindi bitego 18 bityo yegukana itsinzi.
Mugihe hasigaye gusa imikino 3 kugira ngo, hamenyekane ikipe ya 1, ikipe ya Polisi iyoboye iri rushanwa aho ifite amanota 39 ikaba kandi ikurikirwa n’ ikipe ya Gicumbi yo ifite amanota 33 n’ umukino w’ ikirarane.
Nkuko bigaragazwa n’ ikinyuranyo kiri hagati yaya makipe, Polisi irasabwa gutsinda imikino 2 gusa kugirango itware igikombe ndetse ikaba yaba igitwaye ku nshuro ya 3 yikurikiranya.
Umutoza w’ ikipe ya Polisi Hand Ball Club, AIP Ntabanganyimana Antoine, ubwo yavuganaga n’ itangazamakuru nyuma y’ umukino, yashimye abasore be uko bitwaye muri uwo mukino.
Yavuze ko abakinnyi be bakinnye neza kandi bakaba bagaragaje ubuhanga bukomeye. Yagize ati, “Bakinnye neza, twari dukwiye intsinzi. Tugomba gukomeza gutsinda n’ indi mikino isigaye kugira ngo tuzabashe kwegukana iki gikombe.”
Muri uyu mukino, aba Polisi 2 aribo, PC Mutuyimana Gilbert na Habimana JB bakaba aribo babaye abakinnyi batsinze ibitego byinshi kuko batsinze 6 buri wese.
Kinyarwanda
English











