Umuyobozi Mukuru wa Polisi y'u Rwanda (IGP) Felix Namuhoranye n'itsinda ayoboye bari mu ruzinduko rw'akazi muri Botswana, aho bitabiriye umuhango wo gutanga imidari ku bagize Polisi ya Botswana, ku butumire bwa mugenzi we Phemelo Ramakorwane.
Ni umuhango wayobowe na Perezida wa Repubulika ya Botswana; Dr Mokgweetsi Eric Kaebetswe Masisi, kuri uyu wa Gatanu tariki ya 4 Kanama 2023, mu murwa Mukuru w'icyo gihugu Gaborone.
Perezida wa Botswana, Dr. Mokgweetsi Eric Keabetswe Masisi ubwo yasuhuzaga IGP Felix Namuhoranye, muri Botswana aho yitabiriye umuhango wo gutanga imidari ku bapolisi no kwizihiza isabukuru y'imyaka 139 Polisi ya Botswana imaze ishinzwe
Ni umuhango usanzwe ukorwa n'inzego z'umutekano muri iki gihugu aho abagize izo nzego bashimirwa akazi bakora mu gihugu imbere no hanze yacyo, bahabwa imidari itandukanye yo kubashimira igihe bamaze mu kazi n'imyitwarire myiza yagiye ibaranga mu guharanira umutekano w'igihugu.
Polisi y’u Rwanda n’iya Botswana zashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye mu bikorwa bitandukanye byo gucunga umutekano ku mpande zombi, mu muhango wabereye i Kigali ku cyicaro gikuru cya Polisi, tariki ya 23 Mutarama, muri uyu mwaka.
Ni amasezerano akubiyemo ubufatanye ku mpande zombi mu bikorwa byo kurwanya ibyaha byambukiranya imipaka birimo; iterabwoba n’ibindi byaha bifitanye isano, icuruzwa ry’abantu, ibyaha bikorwa hifashishijwe ikoranabuhanga ndetse no guhanahana amakuru ajyanye n’ibikorwa by’abagizi ba nabi n’inzira bifashisha.
Mu bicaye: Hagati hari Dr. Mokgweetsi Eric Keabetswe Masisi, Perezida wa Repubulika ya Botswana (wambaye karuvati y'ubururu), iburyo bwe hari Nyakubahwa Slumber Tsogwane, Visi-Perezida wa Botswana, Thomas Kagiso Mmusi, Minisitiri w'ingabo n'umutekano muri Botswana, IGP Felix Namuhoranye, Phemelo Ramakorwane, Umuyobozi Mukuru w'agateganyo wa Polisi ya Botswana, na Maj. Gen Elias Mutota, Umuyobozi Mukuru wa Polisi Wungirije ushinzwe ibikorwa.
Mu bindi bikubiye mu masezerano harimo guhana amahugurwa, gusangira ubunararibonye n’integanyanyigisho z’amahugurwa, n’ibindi bikorwa bijyanye no kongerera ubushobozi abapolisi.
Ku munsi w'ejo tariki ya 5 Kanama, IGP Namuhoranye azitabira umuhango wo kwizihiza imyaka 139 Polisi ya Botswana imaze ishinzwe, uzayoborwa na Perezida wa Repubulika ya Botswana kuri sitade Nkuru y'igihugu.
Mu bicaye kuva ibumoso ujya iburyo: Solomon S. Mantswe; Umuyobozi Wungirije wa Polisi ya Botswana ushinzwe ibikorwa, IGP Felix Namuhoranye, Phemelo Ramakorwane, Umuyobozi w'agateganyo wa Polisi ya Botswana, Komiseri Wungirije wa Polisi ya Malawi; Monica Katemba na Maj. Gen Elias Mutota, Umuyobozi Mukuru Wungirije wa Polisi ya Namibia ushinzwe ibikorwa.
Kinyarwanda
English











