Trending Now
#

POLISI Y'U RWANDA

Serivisi - Kurinda - Ubunyangamugayo

#

Iburengerazuba: Litiro zirenga 2,500 z’inzoga zitemewe zafatiwe mu bikorwa bya Polisi

Polisi ikorera mu turere twa Nyabihu na Rutsiro ku bufatanye n’abayobozi mu nzego z’ibanze muri uku kwezi kwa Nyakanga yakoze ibikorwa byo kurwanya inzoga zitujuje ubuziranenge. Mu karere ka Nyabihu mu murenge wa Rugera hafitiwe litiro 2,375 naho mu karere ka Rutsiro umuturage afatanwa litiro 140.

Umuvugizi wa Polisi mu ntara y’Iburengerazuba, Chief Inspector of Police (CIP) Bonaventure Twizere Karekezi avuga ko ziriya nzoga zafashwe mu bihe bitandukanye n’ahantu hatandukanye. Inyinshi zafatiwe mu karere ka Nyabihu mu murenge wa Rugera kuko ariho zikunda kunyuzwa zigiye gucuruzwa mu mu karere ka Musanze.

Yagize ati  “Ziriya litiro 2,375 zafatiwe mu murenge wa Rugera mu karere ka Nyabihu, hari litiro zirenga ibihumbi 2,000 twafatanye umuntu umwe yazipakiye mu modoka azijyanye mu karere ka Musanze aho bafite isoko ryazo. Izindi twazifatanaga abazikoreye ku magare no kuri za Moto nabo banyura muri Rugera bagiye mu karere ka Musanze.”

Yakomeje avuga ko tariki ya  23 Nyakanga umuturage umwe wo mu karere ka Rutsiro witwa Nyirabiziyaremye Speciose w’imyaka 36 yafatanywe litiro 140 z’inzoga zitujuje ubuziranenge.

CIP Karekezi yavuze ko  ibi bikorwa atari bishya kandi bizahoraho, asaba abaturage kwirinda gukora, gucuruza  no kunywa ziriya nzoga kuko bibangiriza ubuzima ndetse abandi bagafungwa.

Ati  “Iyo tumena ziriya nzoga abaturage tubasaba kuzirinda kuko zikorwa mu bintu bitizewe bishobora kubangiriza ubuzima. Tubagaragariza ko abazinywa akenshi aribo bakora ibyaha bitandukanye bagafungwa.” 

Umuvugizi wa Polisi mu ntara y’Iburengerazuba yongeye kwibutsa abantu ko nta muntu wemerewe gucuruza akabari muri ibi bihe byo kurwanya icyorezo cya COVID-19.

Ati   “Usibye no kuba ziriya nzoga zitemewe nta mu muntu n’umwe wemerewe gufungura akabari ngo acuruze kuko biri mu bikwirakwiza koronavirusi. Ni mugehe nyamara abenshi bacuruza ziriya nzoga bafatwa barimo kuzicururiza mu tubari.” 

Ingingo ya 5 y’Iteka rya minisitiri Nº001/MoH/2019 ryo ku wa 04/03/2019 rigena urutonde rw’ibiyobyabwenge n’ibyiciro byabyo rishyira inzoga zikozwe mu buryo budakurikije ibisabwa n’amabwiriza y’ubuziranenge n’andi mategeko mu biyobyabwenge byoroheje.

Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ingingo ya 263 ivuga ko umuntu wese ukora, uhinga, uhindura, utunda, ubika, uha undi, ugurisha mu gihugu ibiyobyabwenge cyangwa urusobe rw’imiti ikoreshwa nka byo mu buryo bunyuranije n’amategeko, aba akoze icyaha.  Iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa igifungo cya burundu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda arenze miliyoni makumyabiri (20.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni mirongo itatu (30.000.000 FRW) ku byerekeye ibiyobyabwenge bihambaye.