Trending Now
#

POLISI Y'U RWANDA

Serivisi - Kurinda - Ubunyangamugayo

#

Huye: Umugabo afungiwe guha umupolisi ruswa

Kuri uyu wa Kane tariki ya 12 Gashyantare 2015, mu kagari ka Butare, umurenge wa Ngoma mu karere ka Huye umugabo w’imyaka 28 y’amavuko, yafatiwe mu cyaha cyo kugerageza gutanga ruswa y’ibihumbi 200,000rfw ayiha umupolisi.

Nk’uko  Polisi ikorera muri ako karere ibitangaza, uyu mugabo Ndayshimiye Damien yagerageje gutanga ruswa kugirango umupolisi wakurikiranaga idosiye ya mushuti we ukurikiranyweho icyaha cy'impapuro mpimbano cyicirwe ibimenyetso.

Uyu mushuti we akaba kugeza ubu akirimo gushakishwa.

Ndayishimiye yazanye amafaranga, ariko kuko umupolisi yari yamenyesheje abayobozi be ko hari umuntu uza kumuzanira amafaranga nka ruswa, yahise afatirwa mu cyuho ubu akaba afungiye kuri sitasiyo ya Ngoma mugihe hagishakishwa mugenzi we.

Umuvugizi wa Polisi mu ntara y’amajyepfo  Chief Superintendent of Police(CSP) Hubert Gashagaza yashimiye uyu mupolisi watanze amakuru akaba agira inama abaturage ko batagomba  guha ruswa inzego zishinzwe kuyirwanya.

CSP   Gashagaza   yakomeje avuga ko abaturage bagomba kumva gutanga ruswa ari icyaha kandi ko ari mbi  imunga ubukungu bw’igihugu mu buryo bwinshi.

Uyu mugabo watanze  ruswa nahamwa n’icyaha azahanwa n’ingingo ya 641 yo mu gitabo cy’amategeko ahana ibyaha cy’u Rwanda, aho igira iti” Umuntu wese uha undi muntu, ku buryo bweruye cyangwa buteruye, washatse kumuha, wamuhaye ku buryo buziguye cyangwa butaziguye, impano cyangwa indonke iyo ari yo yose cyangwa yamugiriye amasezerano yabyo kugira ngo amukorere cyangwa akorere undi muntu ibinyuranyije  n’amategeko cyangwa areke gukora ibiri mu nshingano ze, ahanishwa igifungo kirenze  imyaka itanu (5) kugeza ku myaka irindwi (7) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda  yikubye inshuro kuva kuri ebyiri (2) kugeza ku icumi (10) z’agaciro k’indonke yatanze   cyangwa yashatse gutanga”.