Trending Now
#

POLISI Y'U RWANDA

Serivisi - Kurinda - Ubunyangamugayo

#

Huye: Umucuruzi yafatanwe amavuta yo kwisiga yangiza uruhu

Kuri uyu wa Kane nibwo ishami rya Polisi y'u Rwanda rirwanya abanyereza imisoro (RPU) ryafashe uwitwa Burindwi Emmanuel w'imyaka 38, yafatanwe amacupa 1,673 y'amoko atandukanye arimo amavuta yo kwisiga yangiza uruhu, amavuta azwi ku izina rya mukorogo. Burindwi yafatiwe mu Karere ka Huye, Umurenge wa Ngoma, Akagari ka Butare, Umudugudu wa Bukinanyana.

Burindwi yemeye ko yaguraga ayo mavuta ku mucuruzi wo mu Karere ka Huye, uyu nawe yayinjizaga mu Rwanda mu buryo bwa rwihishwa ayavanye mu gihugu cya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo akanayajyana i Kigali.



Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y'Amajyepfo, Superintendent of Police (SP) Theobald Kanamugire yavuze ko Burindwi yafashwe biturutse ku mikoranire n'abaturage na Polisi binyuze mu guhanahana amakuru.

Ati "Abapolisi bo mu ishami rya Polisi rirwanya abanyereza imisoro bahawe amakuru ko mu iduka rya Burindwi acuruzamo amavuta atemewe yangiza uruhu. Hahise hategurwa igikorwa cyo kumufata bageze yo basangamo koko amacupa 1,673 y'amavuta yo kwisiga atemewe."

SP Kanamugire yibukije abaturage ko ariya mavuta yaciwe mu Rwanda kubera ingaruka agira ku buzima bw'uyakoresha.  Yaboneyeho kuburira abantu bacuruza amavuta atemewe abibutsa ko Polisi itazahwema kubafata bagakurikiranwa mu mategeko.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y'Amajyepfo yashimiye abaturage ku ruhare bakomeje kugaragaza mu kurwanya ibyaha batangira amakuru ku gihe.

Burindwi yashyikirijwe Urwego rushinzwe ubugenzacyaha (RIB) rukorera muri sitasiyo ya Polisi ya Huye kugira hakorwe iperereza.

Itegeko n?68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n?ibihano muri rusange Ingingo ya 266 ivuga ko   Umuntu wese ukora, ugurisha, utanga ibintu bibujijwe bikurikira: umuti; ibintu bihumanya; ibintu binoza cyangwa bisukura umubiri; ibindi bikomoka ku bimera; aba akoze icyaha.

Iyo abihamijwe n?urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y?umwaka umwe (1) ariko kitarenze imyaka ibiri (2) n?ihazabu y?amafaranga y?u Rwanda atari munsi ya miliyoni eshatu (3.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni eshanu (5.000.000 FRW) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.