Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 22 Werurwe 2025, kuri sitade ya Kigali yitiriwe Pele, i Nyamirambo mu Karere ka Nyarugenge, hasojwe irushanwa rihuza amashami ya Polisi y'u Rwanda ( RNP Inter-Units Competition).
Iri rushanwa ryasojwe n'umukino wa nyuma (Final) wahuje ikipe y'Ishuri ry'amahugurwa rya Polisi (PTS) Gishari yatsinze ikipe y'Ishuri Rikuru rya Polisi (NPC) ryo mu Karere ka Musanze ibitego 2-1.
Aya makipe yombi yageze ku mukino wa nyuma, asezereye andi yagiye ahatana nayo kugeza ku mikino ya 1/2 cy'irangiza, aho PTS Gishari, ari nayo ifite igikombe giheruka, yatsinze Task Force Unit (TAFU), NPC isezerera Ishami rishinzwe gusuzuma ubuziranenge bw'ibinyabiziga (AI).
Umukino wahuje izi kipe wari ufunguye ku mpande zombi, ikipe ya PTS Gishari iza kubona igitego cya mbere ku munota wa 10 w'umukino, ari nako igice cya mbere cyarangiye.

Bavuye kuruhuka, mu minota 15 y'igice cya kabiri, ikipe ya NPC yahise yishyura biba bibaye 1-1 kugeza ku munota wa 82 w'umukino, ubwo ikipe ya PTS Gishari yatsindaga igitego cya 2 cyo guca impaka, cyayihesheje igikombe kuko umukino ari uko warangiye ari ibitego 2-1.
Umuyobozi Mukuru wa Polisi y'u Rwanda (IGP), CG Felix Namuhoranye wari witabiriye uyu mukino, yavuze ko mu byo irushanwa rigamije harimo no gutuma abapolisi basabana kandi bakaruhuka kugira ngo bibafashe gukora neza akazi.

Yagize ati: "Mu byo iri rushanwa rigamije harimo no gufasha abapolisi gusabana no kuruhuka kandi iyo umupolisi yaruhutse bimufasha gutanga serivisi nziza ku baturage.
IGP Namuhoranye yashimiye abakinnyi bose bitabiriye irushanwa mu rugendo bakoze rwo guhatanira intsinzi mu irushanwa, ashimira by'umwihariko abahize abandi bakabasha kugera ku mukino wa nyuma, yizeza n'abakunzi baryo ko rizakomeza kwagurwa ubutaha hakongerwamo n'indi mikino izabangikanywa n'iy'umupira w'amaguru.








Kinyarwanda
English











